Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abanyarwanda Bo Mu Rwanda Bazahurira N’Ababa Mu Mahanga Mu Gitaramo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kigali: Abanyarwanda Bo Mu Rwanda Bazahurira N’Ababa Mu Mahanga Mu Gitaramo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2022 12:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 30, Ukuboza, 2022 , mu Rwanda ku nshuro ya mbere hazabera igitaramo cya mbere kizahuriza hamwe Abanyarwanda( cyane cyane ab’i Kigali) ndetse na bagenzi babo baba hanze. Ni igitaramo kizaba ngarukamwaka nk’uko Alex Muyoboke wagiteguye yabibwiye Taarifa.

Iki gitaramo bakise Kigali Night .

Muyoboke avuga ko kiriya gitaramo cyari gisanzwe kitabirwa n’Abanyarwanda baba mu Bwongereza kikabera yo.

Nyuma y’igihe kinini, bamwe mu bagiteguraga baje kuganira na bagenzi babo bo mu Rwanda basanga baramutse bagikoreye i Kigali byarushaho guhuza abantu, bakishimana cyane cyane ko kuva COVID-19 yaduka ku isi ari bwo bwa mbere baba bahuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Alex Muyoboke ati: “ Ni igikorwa cyari gisanzwe gihuza Abanyarwanda  basanzwe batuye mu Bwongereza ariko haje kuza igitekerezo cyo kureba niba mu Rwanda hatazajya haba igitaramo gihuza Abanyarwanda na bagenzi babo baba mu mahanga, bagahura bakaramukanya bakabyina.”

Avuga ko basanze muri icyo gitaramo byaba byiza batumiye abasanzwe baririmba indirimbo gakondo nyarwanda.

Basanze Masamba Intore na Ruti Joël ari abahanzi beza bazagera ku mutima abazitabira kiriya gitaramo.

Hari n’abandi  bazabyitabira.

Muyoboke ati: “ Twasanze kiriya gitaramo cyazatubera uburyo bwiza bwo kongera guhura na benewacu baba mu mahanga nyuma y’igihe kirekire tudahura kubera COVID-19.”

- Advertisement -
Alex Muyoboke

Muyoboke avuga ko kiriya gitaramo kizabera muri imwe muri Hoteli ziri mu Mujyi wa Kigali.

Igiciro cyo kwinjira ni Frw 10, 000 ku muntu mwe n’aho itsinda ry’abantu batanu bakazishyura Frw 150,000.

Ni igitaramo ngarukamwaka ariko umunsi kizaberaho uzajya uhinduka bitewe n’umunsi uwo ari we.

Igitekerezo cyo guhuriza hamwe Abanyarwanda baba mu Rwanda n’ababa hanze yarwo bakabyina ni ingenzi kubera ko mu minsi yashize higeze no kuvugwa umwuka mubi aho bamwe bashinjaga ubuyobozi bwabo gukoresha nabi umutungo wari ugenewe kubaka umudugudu wari bujye ucumbikira abaje mu Rwanda.

Soma uko iki kibazo cyari giteye:

AMAHANO! Umuyobozi Wa Diaspora Nyarwanda ‘Aravugwaho Ubutekamutwe’

TAGGED:AbanyarwandaIgitaramoMuyoboke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kurwanya Imirire Mibi Mu Karere Ka Gicumbi Birakataje
Next Article Ibice Byafashwe Na M23 Bikomeje Guhabwa Abayobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyishimo Bitandukaniye He N’Umunezero?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abanyarwanda 800,000 Barwaye Malaria Mu Mwaka 2024-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?