Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abazunguzayi Bagiye Kunganirwa Ngo Bacike Mu Muhanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Kigali: Abazunguzayi Bagiye Kunganirwa Ngo Bacike Mu Muhanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

K’ubufatanye na LODA, ubuyobozi bw’Umujyi bwateguye kandi butoza itsinda ry’abahanga bazaha abahoze ari abazunguzayi inguzanyo izishyura kuri 2% kugira ngo bakomeze gucururiza ku maseta yabo aho kugira ngo bagaruke mu muhanda kuhazunguriza.

Abantu 4,158 nibo batoranyijwe bavanywe ku maseta ari mu dusoko 30 hirya no hino mu Mujyi wa Kigali ngo bahabwe iriya nguzanyo izishyurwa kuri make.

Aba bacuruzi  bazahabwa ku buntu ahantu ho gukorera kandi ntibazishyuzwa amafaranga y’isuku cyangwa ipatanti mu gihe cy’umwaka.

Inguzanyo bazahabwa izatangwa mu rwego rwa VUP( Vision Umurenge Programme), ikaba muri gahunda yo gufasha abaturage kwivana mu bukene bityo bikazamura n’abatuye icyaro.

Muri VUP harimo gahunda nto yo guha abantu inguzanyo nto bazishyura ku nyungu nto kugira ngo bo ubwabo cyangwa amatsinda barimo bazashobore kuzamura imibereho yabo.

Kuva VUP yatangira mu mwaka wa 2008 imaze gufasha benshi kuzamura urwego rwabo rw’imibereho hirya no hino mu Rwanda.

Mu rwego rwo kwirinda ko hari abashobora kuzungukira muri kiriya gikorwa cyo guha abantu inguzanyo bazishyura ku nyungu nke, ubuyobozi bwa LODA bufatanyije n’ubw’Umujyi wa Kigali, buri gusuzumana ubwitonzi ‘ababikwiye koko’.

Ibi byemezwa n’Umuyobozi mukuru wa LODA Claudine Nyinawagaga.

Yabwiye The New Times ati: “ Turi kongera umubare w’aho abahoze bacururiza mu mihanda bazimukira bakahakorera, ariko turabikora twitonze kugira ngo hatazagira ababyiyitirira bakabona ayo mahirwe kandi batayakwiye.”

Umuyobozi mukuru wa LODA Claudine Nyinawagaga.

Nyinawagaga avuga ko mu rwego rwo kwirinda abatekamutwe, abahoze ari abazunguzayi bazakorana n’inzego z’ibanze mu kumenya bagenzi babo ba nyabo n’ababyiyitirira bityo aba bavuzwe nyuma baburizwemo.

Umuyobozi wa LODA ashimangira ko umuntu uzatoranywa, azajya ahabwa guhera ku Frw 100,000 kuzamura yiyongereyeho n’aho gucururiza ndetse no gusonerwa wa musoro twavuze haruguru mu gihe cy’umwaka.

Ni amafaranga azafasha umuntu kubera ko nk’uwaranguzaga Frw 10,000 azaba abonye ayisumbuyeho yamufasha kuzamura igishoro.

Ikindi ni uko hari n’abazahabwa Frw 150,000 kugeza ku Frw 200,000, ariko bikazaterwa n’uburyo aya mbere( Frw 100,00) bayabyaje umusaruro yishyurwa neza kuri ya 2% bagomba ababagurije.

Martine Urujeni uyu akaba ari Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe iterambere n’imibereho myiza avuga ko bidatinze bazazenguruka amasoko y’Umujyi wa Kigali bakareba niba abahoze ari Abazunguzayi bayashyizwemo bakiyarimo cyangwa barayataye bagasubira ku muhanda.

Martine Urujeni, Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe iterambere n’imibereho myiza

Birashoboka cyane ko hari abayataye kubera ko, mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye, hari ababwiye itangazamakuru ko aho bashyiriwe iseta yo gucururizeho nta mukiliya uhagera.

Ku rundi ruhande, Urujeni anenga abahawe ariya mafaranga bakayakoresha nabi, akabapfira ubusa kandi hari abandi bari buyabyaze umusaruro.

Mu buryo budaciye ku ruhande, yabwiye itangazamakuru ko abayakoresheje mu buryo buhabanye n’ibyemeranyijwe bagomba kuyagarura.

Avuga kandi ko abataye amaseta bahawe mbere nta yandi bazahabwa ahubwo bagomba gusimbuzwa abandi bayakeneye bazi no kuyakoresha neza.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwongeye kwihanangiriza abazunguzayi ndetse n’ababagurira ko uzafatwa azacibwa amande ya Frw 10,000.

TAGGED:AbazunguzayiAmafarangaAmasokofeaturedKigaliUrujeni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyo Polisi Ivuga Ku Buzukuru Ba Shitani B’i Rubavu
Next Article Abakinnyi Baherutse Gukubitwa N’Inkuba Basezerewe Mu Bitaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?