Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali Craft Café Yagizweho Ingaruka Na COVID-19, Iri Kuzanzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Kigali Craft Café Yagizweho Ingaruka Na COVID-19, Iri Kuzanzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2021 9:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iri duka ricuruza ikawa n’ibindi binyobwa  riherereye hafi y’Ikicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo.

Ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 zarigizeho ingaruka zikomeye kuko ryatakaje 80% by’inyungu ryabonaga.

Icyarihombeje kurusha ibindi ni za Guma mu Rugo ebyiri Leta yashyizeho kugira ngo ibuze ko Abanyarwanda banduye COVID-19 kwanduza bagenzi babo.

Yves Niyongabo uyobora Kigali Craft Café (KGC) avuga ko kuba ubushabitsi bwe( business) bugikora ari ibintu bitangaje iyo arebye uko inyungu yabonaga mbere zagabanutse.

Yabwiye Taarifa ati: “ Yewe mu by’ukuri mbona ari amahirwe y’Imana nagize! Ndacyagerageza kwiyubaka ariko ntibibuza ko mfite impungenge za business yanjye.  Mbabwije ukuri ejo hazaza hateye ubwoba abantu nkatwe dukora ubushabitsi.”

Niyongabo asanzwe ari umwe mu bakora akazi ko gutunganya no guha abantu ikawa, ibiribwa n’ibinyobwa n’izindi serivisi zijyanye nabyo mu buryo bwa kinyamwuga kurusha abandi.

Avuga ko mbere y’uko COVID-19 yaduka mu Rwanda(hari tariki 14, Werurwe 2020), ibintu byagendaga neza.

Abagana Craft Cafe bazi ko itanga serivisi nzima

Icyo gihe yari afite umugambi wo kwagura ubucuruzi bwe, agashinga uruganda rukora rukanagurisha imigati(bakery) ariko aho kiriya cyorezo cyadukiye cyahise kimukoma mu nkokora.

Ayo mafaranga yinjije mbere y’uko Guma mu Rugo ya mbere itangira niyo yatumye ikomeza kubaho nyuma y’uko irangiye.

Byarushijeho gukomera ku bakoresha kuko COVID-19 yakomeje kugeza mu mpera za 2020 ndetse ikomeza kwica Abanyarwanda benshi kugeza ubwo Leta ifashe icyemezo cyo gusubiza Abanyarwanda muri Guma mu Rugo ya Kabiri.

Guma mu Rugo ya Kabiri yaje  isubiza ibintu irudubi…

Yves Niyongabo avuga ko Guma mu Rugo ya Kabiri yaje ihuhura za business kuko zari zaragizwe ingaruka n’iya mbere.

Avuga ko ubwo hatangazwaga Guma mu Rugo ya Kabiri, yumvise acitse ururondogoro, yumva ko business ye irangiye kandi ariyo yari imutunze, igatunga abakozi be, agasorera Leta n’ibindi.

Yagize ati: “ Narababaye ndetse nsaba umugore gusenga cyane ngo Imana idutabare.”

Niyongabo ariko yanze gucika intege ngo yumve ko ijuru rimugwiriye ahubwo ahitamo gukoresha neza amafaranga yari yarizigamiye kugira ngo ubucuruzi bwe budafunga imiryango.

Yves Niyongabo avuga yasabye abakozi be kwemera bagakenyera gitwari, bagakora uko bashoboye kugira ngo badafunga imiryango.

Yabwiye Taarifa ko mu rwego rwo gukomeza kureshya abakiliya bagabanyije[mu gihe cya Guma mu Rugo] ibiciro ku biribwa n’ibinyobwa kugira ngo bifashe abamugana biganjemo abashinzwe umutekano babone icyo bashyira mu nda akazi gakomeze.

Kubera ko Guma mu Rugo yarangiye, Yves Niyongabo avuga ko we n’abakozi be bagikomeje akazi kandi biteguye guha serivisi nziza abazabagana bose.

Icyo ushaka nicyo uhabwa

Avuga ko afite icyizere ko business ye igiye kongera kuzanzamuka kuko we n’abakozi be basanzwe bakira neza ababagana kandi hari icyizere ko mu mezi ari imbere ubuzima buzasubira ku murongo cyane cyane ko Abanyarwanda batangiye gukingirwa COVID-19.

Na Mucoma aba ahari
Bari kwiyubaka gahoro gahoro
Mu gikoni kwa Chef
TAGGED:CafeCOVID-19IdukaKigaliPolisiUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abo Kwa Museveni Bakingiwe COVID-19
Next Article Tshisekedi Yategetse Ko Nta Ambasaderi Uzarenga Kinshasa Nta Burenganzira
1 Comment
  • Luke Kayiranga Vedaste says:
    24 February 2021 at 10:49 am

    Thank yuh so much dear Writer I like your stories you give a great motivation to Rwandan society I really appreciate your talent and analysis in your job Taarifa Keep it up

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?