Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali-Gisagara: Umuhanda Mushya Wongewe Muri Tour Du Rwanda 2023
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kigali-Gisagara: Umuhanda Mushya Wongewe Muri Tour Du Rwanda 2023

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2022 4:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urutonde rw’imihanda izakoreshwa muri Tour du Rwanda ya 2023 rugaragaraho undi muhanda mushya abazakina iri rushanwa bazakoresha. Uwo ni umuhanda wa Kigali Gisagara.

Perezida wa FERWACY Bwana Abdallah Murenzi yabwiye Taarifa ko bashyizeho uriya muhanda mu rwego rwo kwegereza bariya baturage Tour du Rwanda kuko mbere nta kaburimbo bagiraga.

Ati: “Kuri iyi nshuro, Tour du Rwanda izahaca kuko ubu bafite kaburimbo. Nibwo bwa mbere abaturage ba Gisagara bazaba babonye Tour du Rwanda kuko mbere nta muhanda wa kaburimbo bari bafite.”

Perezida Abdallah Murenzi

Undi mwihariko nk’uko duherutse kubitangaza ni uko abakinnyi n’abandi bazaryitabira bazajya barara mu Ntara.

Murenzi avuga ko iki ari kimwe mu  byemejwe ariko ku byerekeye umubare w’amakipe azitabira iri rushanwa, ngo aracyaganirwaho na za Federasiyo zayo.

Mbere y’uko COVID-19 igera mu Rwanda mu mwaka wa 2020, abakinnyi n’abateguye Tour du Rwanda barararaga mu Ntara ariko aho igereye mu Rwanda batangira kujya barara muri Kigali.

Kubera ko isa n’iyacishije macye cyane, kurara mu Ntara ngo bigiye kongera kugarurwa.

Ku rundi ruhande ariko, ni ngombwa gutegereza uko ibintu bizaba bimeze muri kiriya gihe kubera ko muri iki gihe mu Karere u Rwanda rurimo havugwa indi ndwara yandura cyane kandi yica yitwa Ebola.

FERWACY yatangaje ko Tour du Rwanda 2023 izakinwa guhera tariki 19 kugeza 26 Gashyantare, 2023.

TAGGED:AmagarefeaturedFERWACYGisagaraKigaliMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri Ba ULK Bari Guhugurwa Uko Bahanga Imirimo
Next Article Perezida Kagame Ari Muri Niger
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?