Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Habonetse Imirambo Itatu Muri Ruhurura Ya Rwampala
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Kigali: Habonetse Imirambo Itatu Muri Ruhurura Ya Rwampala

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2024 3:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri ruhurura ya Rwampala mu Karere ka Nyarugenge hamaze kuboneka imirambo itatu bikekwa ko ari iy’abantu batwawe n’amazi y’imvura yaguye kuri uyu wa Kane.

Polisi yabwiye Taarifa ko ari iya abantu batatu ariko Radio/TV 1 yo kuri X yatangaje ko ari abantu bane.

Imvura yaguye kuri uyu wa Kane niyo ivugwaho kuba intandaro y’amazi menshi yaba yatembanye abo bantu.

Yari nyinshi kandi yaguye igihe kirekire kuko yamaze hafi amasaha abiri igwa idakuraho.

Amafoto yafashwe na bagenzi bacu ba Radio/TV1 yerekana abantu biganjemo abamotori bahuruye ngo berebe iby’iyo mirambo.

Polisi na RIB nabo bari bahari kugira ngo hakorwe iperereza kuri izo mfu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali Superintendent of Police( SP) Sylvestre Twajamahoro avuga ko imirambo ya mbere yabonetse mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kane; iboneka mu mazi atemba hagati y’Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro aho kagabanira n’akarere ka Nyarugenge.

Avuga ko undi murambo wabonetse kuri uyu wa Gatanu mu gitondo, bawusanga hafi ya Cadillac.

Twajamahoro avuga ko abo bantu bahitanywe n’ayo mazi bafite imyaka y’amavuko ibarirwa muri 25.

Agira abantu inama yo kwirinda ibyatuma ubuzima bwabo bujya mu kaga muri iki gihe cy’imvura nyinshi, akibanda mu kubuza ababyeyi kohereza abana guhaha ahantu biri bubasabe ko bambuka ibiraro cyangwa imiferege kuko byabashyira mu kaga ko gutwarwa n’imivu.

Polisi na RIB baje kureba uko ibintu bimeze

Muri iki gihe cy’imvura nyinshi, hari abantu bamaze gupfa bamwe bazira imvura nyizirina abandi bazira ingaruza zayo nko gukubitwa n’inkuba no kugwirwa n’inkuta.

Mu Gatsata hari umwana w’umwaka n’igice wapfanye na Se bagwiriwe n’urukuta n’aho muri Gakenke hari abantu bane baraye bakubiswe n’inkuba barapfa.

Ushingiye kuri iyi mibare wavuga ko abantu icyenda bamaze gupfa mu masaha atageze kuri 48.

TAGGED:AbantufeaturedImvuraNyarugengePolisiRuhururaRwampala
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Alexei Navalny Utavugaga Rumwe Na Putin Yaguye Muri Gereza
Next Article Urubanza Rwa Dubai Rugiye Gusubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?