Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Hadutse Minibisi Z’Amashanyarazi Zitwara Abagenzi Kuri Frw 500
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kigali: Hadutse Minibisi Z’Amashanyarazi Zitwara Abagenzi Kuri Frw 500

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2023 2:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda iri gukora uko ishoboye ngo ice ikibazo cy’ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi cyane cyane mu Mujyi wa Kigali. Iyi niyo mpamvu mu gihe gito kiri imbere abawugendamo bazajya bagendera muri minibisi zikoresha amashanyarazi kandi aho waba ujya hose ukishyura Frw 500.

Ikigo Go Green Transport nicyo cyazanye izi modoka.

Ku ikubitiro abantu bava muri Gare ya Nyanza( muri Kicukiro) bajya muyo mu Mujyi( Downtowan), abakoresha umuhanda Remera-mu Mujyi, mu Mujyi-Kagaugu no mu Mujyi- Nyabugongo niba bahereweho mu kuzikoresha ariko ngo n’abandi bashonje bahishiwe.

Umukozi wacyo witwa Gaga avuga ko igiciro cy’urugendo ari kimwe hose kandi ifite uburyo bwo gukonjesha cyangwa gushyushya imbere mu modoka.

Nta mubyigano kuko buri wese azajya agenda yicaye neza.

Izi minibisi ni nini ugereranyije n’izisanzwe kuko zifite imyanya 22 n’undi mwanya wa shoferi.

Ni imodoka nto kuri Coaster ariko zikaba nini kurusha ’minibus’ zo mu bwoko bwa ’Hiace’, kuko zo zifite imyanya 22 y’abagenzi hakiyongeraho uwa 23 wa shoferi.

Uwo mu buyobozi bw’ikigo Go Green Transport witwa Tsega Salomon avuga ko buri modoka muzo bazanye igera mu Rwanda ifite agaciro ka Miliyoni Frw 93.

Hamaze kuzanwa imodoka 10 zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ariko hari n’izindi enye zo za pick up zitwara abagenzi kandi zose uko zakabaye zikoresha amashanyarazi ku rwego rwa 100%.

Ikindi ni uko izi modoka zifite bateri ifite imbaraga zo gutuma imodoka igenda ibilometero 320 iyo bayihaye umuriro ikuzura neza.

Icyakora kugira ngo izuzure nayo biyifata amasaha arindwi icagingwa, bivuze ko igomba gucagingwa ijoro ryose kugira ngo izakore ku manywa.

Ku rundi ruhande, abazanye iri shoramari bavuga ko bakirimo kwiga isoko ry’u Rwanda kugira ngo bazazane imodoka nyinshi nk’izi mu gihe kiri imbere.

Tsega yagize ati: “Tuzongera mu gihe twaba tubonye zikenewe cyane(high demand)…”

Izi modoka zifite ahantu habiri mu Rwanda bazongereramo amashanyarazi aho ni  kuri sitasiyo za Kimironko na Kicukiro(Niboye), ariko mu byo ikigo kizicuruza kivuga ko byihutirwa harimo no kubaka ahantu nk’aho henshi hirya no hino mu Rwanda.

Iyi gahunda yo gukoresha imodoka zitwarwa n’amashanyarazi, izagabanya ikiguzi Leta itanga mu kugura ibikomoka kuri peteroli, ndetse no kwirinda imyuka ihumanya ikirere.

Ifoto@KigaliToday

TAGGED:AbagenziAmashanyarazifeaturedIkirereimodokaKigaliMinibisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWACY Ifite Ubuyobozi Bushya
Next Article Prof Pierre Rwanyindo Ruzirabwoba Yatabarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?