Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Imiryango 69,000 Ikeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Imiryango 69,000 Ikeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2021 12:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije Taarifa ko kugeza ubu bamaze kubarura imiryango 69,000 ikeneye guhabwa ibiribwa byo kubafasha kubaho muri iki gihe cya Guma Mu Rugo i Kigali.

Mayor Pudence Rubingisa avuga ko umubare w’iyi miryango ishobora kwiyongera kubera ko n’abari basanganywe ibiribwa bishobora kuzabashirana.

Yagize ati: “ Uyu mubare ushobora guhindagurika kuko nabizigamye bishobora kubashirana.”

Muri iki gihe mu Kigega gihunika imyaka hateganyijwe toni 1,700 z’ibiribwa na litiro  20,000 z’amata.

Mayor Rubingisa avuga ko ibiribwa bafite bizahabwa abaturage mu gihe cy’iminsi 14.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka aherutse kuvuga ko abaturage bakoraga nka nyakabyizi batazicwa n’inzara, yemeza ko Leta y’u Rwanda ibazirikana.

Yagize ati : “Abatuye Kigali baryaga ari uko bagiye gupagasa tuzabafasha nk’uko Leta yabigenje mu bihe byahise kandi bumve ko Leta yabo ibakunda itakwemera ko bicwa n’inzara. Tuzakorana n’inzego zose tubiteho.”

N’ubwo Minisitiri Shyaka avuga ko Leta yiteguye gufasha abatuye Kigali kugira ngo babone uko babaho muri iyi Guma mu Rugo, si ubwa mbere abatuye Kigali bagiye muri Guma mu Rugo ariko bamwe mubari bashinzwe gusaranganya ibiribwa mu batishoboye bagafungwa bazira kubyikubira.

Muri Mata, 2020 hari abantu b’i Ndera mu Karere ka Gasabo bafunzwe kubera ko bikubiye imyaka yari yagenewe abaturage, bakayigurisha n’abacuruzi cyangwa bakayihunika mu ngo zabo.

Ntawakwemeza niba uwo muco wo gushaka kwikubira ibigenewe abatishoboye waracitse mu bayobozi mu nzego z’ibanze ariko icy’ingenzi ni uko Leta yiyemeje gufasha abaturage bayo b’i Kigali.

Hari aho lisiti z’abakeneye ibiribwa zitaremezwa…

Amakuru twamenye ni uko hari aho abakuru b’imidugudu na ba mutwarasibo bataremenya ku bari ku lisiti bagomba guhabwa ibiribwa.

Lisiti ziri gukoreshwa zishingiye ku zari zarakozwe muri Guma mu Rugo ya mbere, ikibazo kikaba ko hari abaziriho ariko barimutse ariko abashinzwe gushyiraho abagenerwa biriya biribwa ntibashyireho abandi.

Hari ibiribwa biri gukusanywa ngo bihabwe abaturage
Nyarugenge batangiye gufata
U Rwanda rurashaka kugaburira abatuye Kigali batishoboye
TAGGED:featuredIbiribwaKigaliLetaRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukingo rwa COVID-19 Perezida Kagame Yijeje Abanyarwanda ‘Rwabonetse’
Next Article Rutsiro: Uvugwaho ‘Kugeragerezwaho’ Icyaha Cyo Gusambanywa Yari Mu Rugo Rw’Ugikekwaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?