Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Imiryango 69,000 Ikeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Imiryango 69,000 Ikeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2021 12:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije Taarifa ko kugeza ubu bamaze kubarura imiryango 69,000 ikeneye guhabwa ibiribwa byo kubafasha kubaho muri iki gihe cya Guma Mu Rugo i Kigali.

Mayor Pudence Rubingisa avuga ko umubare w’iyi miryango ishobora kwiyongera kubera ko n’abari basanganywe ibiribwa bishobora kuzabashirana.

Yagize ati: “ Uyu mubare ushobora guhindagurika kuko nabizigamye bishobora kubashirana.”

Muri iki gihe mu Kigega gihunika imyaka hateganyijwe toni 1,700 z’ibiribwa na litiro  20,000 z’amata.

Mayor Rubingisa avuga ko ibiribwa bafite bizahabwa abaturage mu gihe cy’iminsi 14.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka aherutse kuvuga ko abaturage bakoraga nka nyakabyizi batazicwa n’inzara, yemeza ko Leta y’u Rwanda ibazirikana.

Yagize ati : “Abatuye Kigali baryaga ari uko bagiye gupagasa tuzabafasha nk’uko Leta yabigenje mu bihe byahise kandi bumve ko Leta yabo ibakunda itakwemera ko bicwa n’inzara. Tuzakorana n’inzego zose tubiteho.”

N’ubwo Minisitiri Shyaka avuga ko Leta yiteguye gufasha abatuye Kigali kugira ngo babone uko babaho muri iyi Guma mu Rugo, si ubwa mbere abatuye Kigali bagiye muri Guma mu Rugo ariko bamwe mubari bashinzwe gusaranganya ibiribwa mu batishoboye bagafungwa bazira kubyikubira.

Muri Mata, 2020 hari abantu b’i Ndera mu Karere ka Gasabo bafunzwe kubera ko bikubiye imyaka yari yagenewe abaturage, bakayigurisha n’abacuruzi cyangwa bakayihunika mu ngo zabo.

Ntawakwemeza niba uwo muco wo gushaka kwikubira ibigenewe abatishoboye waracitse mu bayobozi mu nzego z’ibanze ariko icy’ingenzi ni uko Leta yiyemeje gufasha abaturage bayo b’i Kigali.

Hari aho lisiti z’abakeneye ibiribwa zitaremezwa…

Amakuru twamenye ni uko hari aho abakuru b’imidugudu na ba mutwarasibo bataremenya ku bari ku lisiti bagomba guhabwa ibiribwa.

Lisiti ziri gukoreshwa zishingiye ku zari zarakozwe muri Guma mu Rugo ya mbere, ikibazo kikaba ko hari abaziriho ariko barimutse ariko abashinzwe gushyiraho abagenerwa biriya biribwa ntibashyireho abandi.

Hari ibiribwa biri gukusanywa ngo bihabwe abaturage
Nyarugenge batangiye gufata
U Rwanda rurashaka kugaburira abatuye Kigali batishoboye
TAGGED:featuredIbiribwaKigaliLetaRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukingo rwa COVID-19 Perezida Kagame Yijeje Abanyarwanda ‘Rwabonetse’
Next Article Rutsiro: Uvugwaho ‘Kugeragerezwaho’ Icyaha Cyo Gusambanywa Yari Mu Rugo Rw’Ugikekwaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?