Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Miliyoni $100 Zigiye Gushorwa Mu Gutwara Abantu Mu Buryo Bwa Rusange Buvuguruye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kigali: Miliyoni $100 Zigiye Gushorwa Mu Gutwara Abantu Mu Buryo Bwa Rusange Buvuguruye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2025 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
u Rwanda rurashaka kubaka uburyo bunonosoye bwo gutwara abantu n'ibintu.
SHARE

U Rwanda rwahawe Miliyoni $ 100  ni ukuvuga arenga Miliyari Frw  144 yo kunoza ubwikorezi  bw’abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali.

Inama y’ubutegetsi ya Banki y’isi niyo yaraye yemeje iby’ayo mafaranga azafasha mu gushyira mu bikorwa umushinga wiswe  ‘Rwanda Urban Mobility Improvement (RUMI)’, ugamije gutanga ibisubizo ku bwikorezi  bitangiza ibidukikije.

Ibyo ayo mafaranga azakora birimo kubaka ikigo gikomatanyije imirimo yo gutwara abantu, gushyiraho imihanda yihariye ya za bisi, kongera inzira z’abanyamaguru n’abanyamagare zihuza ahantu hatandukanye, no gutangira gukoresha bisi zikoresha amashanyarazi no kubaka sitasiyo zazo.

Uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Sahr Kpundeh, yavuze ko uwo mushinga uzafasha abaturage by’umwihariko abagore n’urubyiruko kubona imirimo.

Uyu muyobozi ati: “Bizafasha Umujyi wa Kigali kugera ku ntego yawo yo koroshya ubwikorezi bwa rusange, kuba umujyi ukeye kandi unabungabunga ibidukikije. Bizoroshya ingendo kandi abantu babeho batekanya”.

Banki y’Isi ivuga ko mu Mujyi wa Kigali byibura umuntu umwe muri batatu ari we ushobora kugera ku kazi mu gihe cy’isaha, yakoresheje uburyo butwara abantu mu buryo bwa rusange.

Ubuyobozi bwa Banki y’isi buvuga ko ariya mafaranga azifashishwa mu kubaka uduhuzanzira dufasha abantu kugera ku mirimo, ku ishuri n’ahandi mu buryo bworoshye no gutuma Gare ya Nyabugogo iba imwe muri gare  nziza zo mu Karere.

Biteganyijwe ko niyuzura izajya yakira abagenzi ibihumbi 180 bitarenze umwaka wa 2030.

TAGGED:BisifeaturedImihandaKigaliubwikorezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusura Umunara Wa Eiffel Byahagaritswe
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Minisitiri W’Intebe Wa Niger
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?