Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Polisi yafashe batatu ikurikiranyeho guhimba inyandiko na kashi z’ibigo 47
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yafashe batatu ikurikiranyeho guhimba inyandiko na kashi z’ibigo 47

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2020 4:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri taliki 01, Ukuboza, 2020 Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu batatu barimo uwitwa Rwabukwisi, bose ikaba ibakurikiranyeho guhimba inyandiko na kashi(stamps)47 z’ibigo bya Leta, Banki n’Ibigo by’Ubwiteganyirize bitandukanye.

Polisi yabasanganye izindi nyandiko mpimbano zirimo izifashishwa mu kwishyura cyangwa kubikuza amafaranga ya banki bita chèques zirimo iza Access Bank, Bank of Africa, BPR, Bank of Kigali na Cogebanque.

Abafashwe kandi basanganywe izindi nyandiko mpimbano z’ibigo nka Rwanda Revenue Authority, Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali,  Cimerwa  n’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare.

Ibindi Polisi yavuze ko yabafatanye harimo inyandiko zo muri Ambasade y’u Rwanda mu Budage, izo mu biro by’igihugu bishinzwe ubutaka, izo mu Karere ka Kicukiro, no mu Karere ka Nyarugenge.

Rwabukwisi yafatanywe kandi n’abandi bantu babiri barimo Kazimbaya na Kalisa.

Abashinzwe umutekano bavuga ko basanganye bariya bantu mudasobwa eshatu, utwuma babikamo ibintu by’ikoranabuhanga bita ‘hard disks’ n’ibindi.

Polisi ivuga ko bariya bantu bari baracuriye uriya mugambi hamwe.

Umuvugizi wa Polisi Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko kugira ngo amakuru y’uko bariya bantu bakora biriya byatewe n’uko hari umuntu bafatanye uruhushya rwo gutwara imodoka rw’urukorano.

Uru ruhushya rwari rwoherejwe binyuze mu buryo bwa EMS-Rwanda Express rwohererejwe uwitwa Sharifa Uwase Kazimbaya ubu uba muri Canada.

Polisi ivuga ko Sharifa Ndagano afitanye isano n’undi bafashe nawe witwa Ndagano.

Uko ari babiri Polisi ivuga ko bakoranye n’uwitwa Kalisa kugira ngo  bagere ku mugambi twavuze haruguru wo gucura ziriya nyandiko.

Rwabukwisi avuga ko hari undi muntu bakoranaga witwa Claude bari bishyuye Frw 100 000 kugira ngo ibintu bigende neza.

Commissioner of Police Kabera John Bosco yavuze ko abagize uruhare muri biriya bikorwa bazafatwa nta kabuza.

Ati: “ Iki ni igikorwa cyo kwiha ububasha busanganywe inzego 47 za Leta binyuze mu gukora impapuro na kashi zazo. Ababikoze bazahanwa nta kabuza.”

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredKaberaKashiNdaganoPolisiRwabukwisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article HRW ivuga ko impunzi 18 z’Abarundi zaburiwe irengero muri Tanzania
Next Article Mu bihe bya COVID-19, tuzakomeze gushaka amikoro yo guteza imbere Afurika: Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?