Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Polisi yafashe batatu ikurikiranyeho guhimba inyandiko na kashi z’ibigo 47
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yafashe batatu ikurikiranyeho guhimba inyandiko na kashi z’ibigo 47

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2020 4:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri taliki 01, Ukuboza, 2020 Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu batatu barimo uwitwa Rwabukwisi, bose ikaba ibakurikiranyeho guhimba inyandiko na kashi(stamps)47 z’ibigo bya Leta, Banki n’Ibigo by’Ubwiteganyirize bitandukanye.

Polisi yabasanganye izindi nyandiko mpimbano zirimo izifashishwa mu kwishyura cyangwa kubikuza amafaranga ya banki bita chèques zirimo iza Access Bank, Bank of Africa, BPR, Bank of Kigali na Cogebanque.

Abafashwe kandi basanganywe izindi nyandiko mpimbano z’ibigo nka Rwanda Revenue Authority, Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali,  Cimerwa  n’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare.

Ibindi Polisi yavuze ko yabafatanye harimo inyandiko zo muri Ambasade y’u Rwanda mu Budage, izo mu biro by’igihugu bishinzwe ubutaka, izo mu Karere ka Kicukiro, no mu Karere ka Nyarugenge.

Rwabukwisi yafatanywe kandi n’abandi bantu babiri barimo Kazimbaya na Kalisa.

Abashinzwe umutekano bavuga ko basanganye bariya bantu mudasobwa eshatu, utwuma babikamo ibintu by’ikoranabuhanga bita ‘hard disks’ n’ibindi.

Polisi ivuga ko bariya bantu bari baracuriye uriya mugambi hamwe.

Umuvugizi wa Polisi Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko kugira ngo amakuru y’uko bariya bantu bakora biriya byatewe n’uko hari umuntu bafatanye uruhushya rwo gutwara imodoka rw’urukorano.

Uru ruhushya rwari rwoherejwe binyuze mu buryo bwa EMS-Rwanda Express rwohererejwe uwitwa Sharifa Uwase Kazimbaya ubu uba muri Canada.

Polisi ivuga ko Sharifa Ndagano afitanye isano n’undi bafashe nawe witwa Ndagano.

Uko ari babiri Polisi ivuga ko bakoranye n’uwitwa Kalisa kugira ngo  bagere ku mugambi twavuze haruguru wo gucura ziriya nyandiko.

Rwabukwisi avuga ko hari undi muntu bakoranaga witwa Claude bari bishyuye Frw 100 000 kugira ngo ibintu bigende neza.

Commissioner of Police Kabera John Bosco yavuze ko abagize uruhare muri biriya bikorwa bazafatwa nta kabuza.

Ati: “ Iki ni igikorwa cyo kwiha ububasha busanganywe inzego 47 za Leta binyuze mu gukora impapuro na kashi zazo. Ababikoze bazahanwa nta kabuza.”

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredKaberaKashiNdaganoPolisiRwabukwisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article HRW ivuga ko impunzi 18 z’Abarundi zaburiwe irengero muri Tanzania
Next Article Mu bihe bya COVID-19, tuzakomeze gushaka amikoro yo guteza imbere Afurika: Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?