Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Urubyiruko Rwa Sudani Y’Epfo Ruravugwaho Ubusinzi N’Urugomo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Urubyiruko Rwa Sudani Y’Epfo Ruravugwaho Ubusinzi N’Urugomo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2023 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Harya no hino mu Mujyi wa Kigali hari abaturage bavuga ko urubyiruko rwo muri Sudani y’Epfo rumaze igihe rugaragaraho urugomo ruterwa ahanini no kunywa cyane rugasinda.

Umumotari witwa Ndagijimana avuga ko hari ubwo utwara umwe muri bariya basore akanga kukwishyura.

Ati: “ Hari uwo nigeze kujyana kuri Kigali Heights arangije aragenda nsanga ntakwirirwa njya guhangana n’umuntu utazi Ikinyarwanda, ndamwihorera aragenda.”

Kutishyura umumotari ni ikibazo ariko muri rusange igihangayikishije abaturage bo mu Mujyi wa Kigali aho ruriya rubyiruko rutuye cyangwa rukunze gufatira icupa ni urugomo rukurikira ubusinzi.

Uburyo ururimi rw’iwabo ruvugwa hari ubwo bamwe bumva ko bari gutongana.

Mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro ahitwa Nyakabanda hari ahavugwa abo basore bakunze gusakuza umuhanda wose iyo bamanuka bataha.

Televiziyo BTN iherutse gushyira video kuri X yerekana imirwano y’aba basore bari basohokeye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Muri iyo video hagaragara abasore bari guterana imigeri, umwe bamukurubana hafi.

Abaturage bavuga ko imirwano y’abo basore iba ikomeye k’uburyo bamena ibirahure, imidugararo ikamanuka igasanga abaturage muri karitsiye aho batuye.

Iyi video ni kimwe mu byo abaturage bavuga ko byerekana imyitwarire idahitse igaragara muri bamwe mu rubyiruko rw’abanya Sudani y’Epfo biga cyangwa baba mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

Polisi y’u Rwanda irababurira…

Taarifa yabajije icyo Polisi nk’Urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’umudendezo w’Abanyaranda ivuga kuri iyo ngingo, Umuvugizi wayo Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga adusubiza ko ibyo abo basore bakora bakwiye kubireka.

Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga

ACP Rutikanga yagize ati: “ Urugomo no guhungabanya ituze rya rubanda ntabwo byemewe kandi bihanwa na mategeko kuri buri wese yaba Umunyarwanda cyangwa Umunyamahanga.”

Ntiyeruye ngo avuge uko bizagenda mu gufata abo basore baje mu Rwanda kuhashakira ubumenyi n’ubuzima ariko muri rusange Polisi y’u Rwanda ivuga ko nta muntu ukwiye kubuza Abanyarwanda amahwemo, uwo yaba ari we wese.

Iyi niyo mpamvu hashyizweho n’amasaha utubari tugomba gufungira n’ayo ibirori bigomba kuba byahagaritswe.

TAGGED:KigaliPolisiRwandaUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article u Rwanda Rurashaka Guca Malaria Burundu
Next Article Abatuye Umujyi Wa Goma Bongeye Kumirikirwa N’Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?