Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanye-Congo 8000 Bahungiye Mu Rwanda Iruka Rya Nyiragongo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanye-Congo 8000 Bahungiye Mu Rwanda Iruka Rya Nyiragongo

Last updated: 23 May 2021 11:10 am
Share
SHARE

Abaturage bagera ku 8000 baturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bahungiye mu Rwanda kubera ubwoba bw’ingaruka z’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo. Kugeza ubu cyacogoye, barimo gusubira iwabo.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu nibwo abatuye Umujyi wa Goma wegereye Nyiragongo bahungiye mu Rwanda ku bwinshi, ubwo yari itangiye kuruka ahagana saa moya z’ijoro.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’ubutabazi mu Rwanda yatatangaje cyahagaritse kuruka, ndetse abaturage bari bahungiye mu Karere ka Rubavu barimo gusubira iwabo.

Yakomeje iti “U Rwanda rwakiriye abantu bagera ku 8000 mu ijoro ryakeye.”

This morning, after lava flows from #Nyiragongo volcano have stopped, most of Congolese evacuated to Rubavu are returning back home. #Rwanda received around 8000 people last night. pic.twitter.com/22QV5lCFrQ

— Ministry in charge of Emergency Management (@RwandaEmergency) May 23, 2021

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abaturage binjira mu Rwanda ari igihiriri, bafite utwangushye.

Icyemezo cyo kubafungurira imipaka cyafashwe mu buryo bwihuse, kuko imaze igihe ifunzwe kubera ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Ubwoba bwabo bwari bufite ishingiro kuko ubwo Nyiragongo yaherukaga kuruka mu 2002, yasutse ibikoma mu ntera igera kuri kilometero imwe uvuye ku mutwe wayo. Byageze mu mujyi wa Goma bihitana abantu barenga 100.

Byarihutaga cyane ku buryo byageze aho bimanuka umusozi ku muvuduko wa kilometero 60 ku isaha, icyo gihe inzu 12.500 zarasenyutse, abaturage 400.000 bava mu byabo. Hanabaye umutingito ukomeye.

Abahungiye mu Rwanda kuva kuri uyu wa Gatandatu, bacumbikiwe muri Stade Umuganda i Rubavu.

Byatumye umukino wa Primus National League wagombaga guhuza Marine FC na Rutsiro FC usubikwa “ku bw’impamvu zitunguranye zijyanye n’ikirunga cyo muri DRC cyarutse. Umunsi uyu mukino uzakinirwaho uzatangazwa mu gihe kitarambiranye.”

UPDATE: Umukino wa Primus National League wagombaga guhuza Marine FC na Rutsiro FC wasubitswe ku bw'impamvu zitunguranye zijyanye n'ikirunga cyo muri DRC cyarutse.

Umunsi uyu mukino uzakinirwaho uzatangazwa mu gihe kitarambiranye@PrimusLeague | @PrimusRwanda | @bralirwaplc pic.twitter.com/zZsApDYhu3

— Rwanda FA (@FERWAFA) May 23, 2021

Perezida wa RDC, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yahise ahagarika urugendo yari arimo kugirira mu Burayi, kugira ngo ajye gukurikirana neza ishyirwa mu bikorwa ry’ubutabazi ku bagizweho ingaruka n’iruka ry’iki  kirunga.

Ibiro bye byatangaje ko “yifatanyije n’abaturage, abasaba kwitwararika no gukomeza gufatanya muri iki kibazo.”

Iki kirunga cyarutse hatari amakuru ahagije yacyo nk’uko byagiye bimera ku nshuro zabanje.

Byatewe n’uko Ubushakashatsi bwagombaga kugaragaza ubukana bw’iruka ry’iki kirunga butakorwaga uko bikwiye, nyuma y’uko Banki y’Isi iheruka guhagarika inkunga yatangaga muri Goma Volcano Observatory, kubera ibirego bya ruswa no kunyereza umutungo byavugwamo.

Iruka rikomeye ry’iki kirunga ryabaye mu 1977, ubwo ryahitanaga abantu basaga 600.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi yatangaje ko u Rwanda rwakiriye abaturage barenga 3500
Abaturage barimo gusubira iwabo
Buri muntu yari yahunganye icyo ashoboye
TAGGED:COVID-19featuredIkirungaImipakaNyiragongoRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyakigali Bongeye Kwitabira Car Free Day (Amafoto)
Next Article EU Yashoye Miliyari €1 Mu Gukorera Inkingo Za COVID-19 Mu Bihugu Birimo U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?