Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Urusaku Rwo Muri EXPO 2024 Rubangamiye Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kigali: Urusaku Rwo Muri EXPO 2024 Rubangamiye Benshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2024 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Gikondo mu Karere ka Kicukiro ahasanzwe habera imurikagurisha hari byinshi byiza biri kuhamurikirwa kandi birimo n’udushya. Birimo amasafuriya ashobora guhisha amafunguro vuba, serivisi zigenewe abana, abakuru n’abandi. Icyakora kimwe mubyo abantu bavuga kibangamye ni urusaku.

Bamwe mu bahamurikira ibyo bakora babiherekeresha imiziki iremereye ku buryo hari abavuga ko ibangamye.

Ibigo bitandukanye bihamurikira ibyo bikora bibikora ari nako bitambutsa ubutumwa mu mizindaro iremereye igamije guhamagarira abantu kuza kugura, cyangwa se byibura no kwihera ijisho.

Si umuziki wamamaza ibyo bakora gusa ahubwo haba hari n’undi muziki usanzwe uri mu ndirimbo zigezweho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Bamwe mu bitabiriye iri murika( Ifoto: Kigali Today)

Abahanga bazi ko umuziki mwinshi wangiza ingoma y’ugutwi, ukabangamira imitekerereze inoze ya muntu kandi ukaba intambamyi mu biganiro inshuti zigirana.

Kubera izo mpamvu n’izindi tutavuze, mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, Minisiteri y’ibidukikije yasohoye amabwiriza ya Minisitiri w’ibidukikije ku rusaku rurengeje ibipimo.

Ni amabwiriza yiswe AMABWIRIZA YA MINISITIRI WIBIDUKIKIJE N° 1004. YO KU WA 01/03/2024 RUSAKU RURENGEJE IBIPIMO, ashingiye ku Itegeko Nº 48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ibidukikije, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 43 n’iya 53:

Muri ayo mabwiriza handitse ko Minisitiri w’ibidukikije ashingiye ku Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 267;

Ashingiye kandi ku Itegeko Nº 12ter/2014 ryo ku wa 19/05/2014 rigena imitunganyirize y’ubukerarugendo mu Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 12, iya 20, iya 25, iya 27, n’iya 48;

- Advertisement -

Agashingira no ku byemezo by’lnama y’Abaminisitiri yo ku wa 1 Kanama 2023,  yemeje amabwiriza agenga imyidagaduro iba mu ijoro n’urusaku rurengeje ibipimo;

Minisitiri w’Ibidukikije yashyizeho amabwiriza akurikira mu rwego rwo gukumira urusaku rurengeje ibipimo.

Ayo mabwiriza avuga ko ibipimo by’urusaku bipimwa muri desibeli (dBA) hifashishijwe igikoresho cyabugenewe gipima urusaku cyakorewe igerageza n’igereranyabipimo n’lkigo cy’lgihugu gitsura Ubuziranenge.

Ku bijyanye n’aya mabwiriza, ibipimo ni impuzandengo y’igipimo cy’urusaku rupimwe mu gihe cy’iminota 10 ikurikirana.

Imbere mu nyubako, aho urusaku rupimirwa ni kuri metero 1,5 uhereye aho urusaku ruturuka (urugero: indangururamajwi)

Urusaku rupimirwa ahantu hose hegereye izo nyubaku kurusha ahandi

ΙΒΙΡΙΜΟ BYO HEJURU BY’URUSAKU BISHOBORA KWIHANGANIRWA

Amabwiriza ya Minisiteri y’ibidukikije avuga ko ku hantu urusaku rudashobora gusohoka ngo rugere hanze y’icyumba: dBA 95 ziba ziri hejuru y’iki gipimo, urusaku ruba rushobora kwangiza amatwi.

Ku hantu urusaku rushobora kurenga ahabera igikorwa, mbere ya saa yine z’ijoro (urugero: mu ihema, mu busitani, ku rubaraza, mu nzu/inyubako zisohora amawi arimo imbere,  dBA 85( Desibeli) ziba zishobora kwangiza amatwi y’abantu cyane cyane abana.

Bivuze ko urusaku ruri munsi y’urwo ruba rwakwihanganirwa.

Aya mabwiriza avuga ko Polisi y’u Rwanda ari yo ifite inshingano zo kugenzura iyubahirizwa ry’aya mabwiriza, ikabikorana n’izindi nzego.

Mu bihe bitandukanye Polisi y’u Rwanda yafashe abantu bavugwagaho guhungabanya umudendezo rusange wa rubanda bakoresheje urusaku.

Mu mwaka  wa 2014 nabwo ikibazo cy’urusaku cyabaye kinini, Polisi isohorera itangazo kuri paji yayo ya Facebook ryihaniza ababangamira abandi binyuze muri ubwo buryo.

Polisi yavugaga ko urusaku ari rwinshi rutemewe kuko rubangamira umutuzo rusange wa rubanda ndetse hari n’insengero icyo gihe zafunzwe harimo n’urw’uwitwa Rwandamura ruri mu Karere ka Kicukiro ahitwa Sahara.

Mu mwaka wa 2014 Polisi yihanije abantu nk’abo.

Mu mwaka wa 2022 nabwo Polisi yacishije itangazo kuri X( icyo gihe yari Twitter) ivuga ko abantu bakwiye kwirinda urwo rusaku kuko rubangamira benshi.

Muri ubwo butumwa yasabye abantu kujya bayirangira aho bumvise urusaku nk’urwo kugira ngo ishobore kurukumira no kubagira inama ngo babireke, abatabikoze bakurikiranwe.

Imurikagurisha riri kubera mu Rwanda kuri iyi nshuro riri muri make ahabereye nyuma ya Guma mu rugo yatewe no kwirinda ko abantu banduzanya COVID-19.

Umuyobozi w’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera (PSF), Jeanne-Françoise Mubiligi yaraye abwiye itangazamakuru  ko imurikagurisha rigamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, ariko rikaba n’amahirwe ku bamurika ngo berekane udushya mu byo bakora.

Umuyobozi w’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera (PSF), Jeanne-Françoise Mubiligi

Ryitabiriwe n’abamurika 448, barimo 329 bo mu Rwanda n’abandi  119 baturutse mu mahanga.

Ku munsi ryitabirwa n’abantu bagera ku 5,000.

TAGGED:AbikorerafeaturedGikondoImurikagurishaMubiligiPolisiUrusaku
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mukuru Wa Hamas Yishwe Yagiye Mu Irahira Rya Perezida Wa Iran
Next Article Abanyarwanda Borora Ingurube Bagiye Kwigira Ku Banyaburayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?