Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Bamenye Uburyo Bwiza Bwo Guhinga Urutoki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kirehe: Bamenye Uburyo Bwiza Bwo Guhinga Urutoki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2023 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Close-up of banana tree or musa paradisiaca with a blurred background photographed in a greenhouse in the botanical garden.
SHARE

Mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe hari Koperative y’abahinzi bise“Mushikiri Farmers cooperative” ihinga urutoki bya kijyambere k’uburyo insina imwe yera igitoki kipima Ibilo 130.

Ni ibilo bingana hafi n’iby’imifuka itatu ya sima.

Koperative ya bariya bahinzi igizwe n’abantu 1,400, bakaba bahinga ku buso bwa Hegitari 1,248.

Iyo urutoki rweze, basarura neza k’uburyo hari ubwo basarura toni 20 ku munsi n’aho mu gihe kitari icy’umwero bagasarura hafi toni 10 ku munsi.

Muri aka Karere haherutse kubera imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’aka Karere gukora kuri Tanzania.

Muri ryo niho hamurikiwe biriya bitoki.

Mu byo habamuritse hari kimwe cyo mu bwoko bw’inyamunyo cyapimaga toni 132.

Umuyobozi w’iriya Koperative yabwiye itangazamakuru ko basanze guhinga insina zitwa ‘Injagi’ ari byo bitanga umusaruro kuko zikura vuba kandi zigakura neza.

Mushikiri iri mu mirenge yeza urutiki rwinshi mu Rwanda

Emmanuel Ndayambaje niwe uyobora iyo Koperative.

Yabwiye ikinyamakuru gikorera mu Burasirazuba bw’u Rwanda kitwa Muhaziyacu ati: “Ibanga ntarindi ni uguhinduka mu myumvire, tugakorana ubuhanga harimo gukoresha ikoranabuhanga, gufumbira, kwita ku rutoki kuva turuteye dushiyiraho ifumbire, tukanubahiriza inama tugirwa z’uburyo twakwita ku rutoki, ikindi tugahinga insina z’injagi kuko zitanga umusaruro cyane ugereranzije n’ubundi bwoko bwazo.”

Avuga ko buri munyamuryango afite umurima we ariko bakagira n’undi bahuriyemo nk’abasangiye Koperative.

Bituma babonera hamwe imbuto nziza z’insina n’ifumbire mvaruganda ikabageraho.Umukozi w’Akarere ka Kirehe ushinzwe iterambere ry’Amakoperative Musonera Anselme asaba  abandi bahinzi kujya muri koperative mu rwego rwo gukorera hamwe hagamijwe  kugera ku musaruro uhagije, no kubona byoroshye izindi serivisi Akarere gafashamo abishyize hamwe.

Akarere ka Kirehe kabarurwamo amakoperative ane ahinga urutoki.

Ikigereranyo cy’umusaruro uboneka kuri hegitari toni 15   mu gihe ubuso urutoki ruhingwaho mu Karere kose bungana na hegitari ibihumbi 21.

TAGGED:AkarereiInsinaKireheKoperativeUmurengeUrutoki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashinwa Barashaka Kwihaza Mu By’Ikoranabuhanga BYOSE
Next Article 95% By’Ingengabitekerezo Igaragara Mu Minsi 100 Yo Kwibuka-RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?