Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Knowless Yataramiye Abanyamerika Baramwishimira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Knowless Yataramiye Abanyamerika Baramwishimira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2024 10:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi Butera Knowles aherutse gutaramira Abanyamerika mu gitaramo kiswe African Rhythms bishimira inganzo ye.

Igitaramo cye cyateguwe n’ikigo Global Livingstone Institute.

Butera yavuze ko yanyuzwe n’uko yakiriwe n’abo Banyamerika kuko ari nabo benshi bari bacyitabiriye ugereranyije n’Abanyarwanda.

Yabwiye itangazamakuru ko yashimishijwe no kubona ko abenshi mu bitabiriye kiriya gitaramo bari biganjemo abanyamahanga baje kumva uko aririmba.

Ati “Uretse Abanyarwanda bake bumvise ko mfite igitaramo bakitabira, biba bishimishije gutaramira abantu biganjemo abanyamahanga ukabona ko bashaka kumva ibyo uririmba, nubwo akenshi baba batumva ururimi ariko bakunda umuziki, byari ibintu bishimishije kandi ntekereza ko ari ibintu buri muhanzi yakwifuza”.

Uyu muhango yaririmbiye mu Mujyi wa Denver muri Leta ya Colorado.

Intego yacyo yari ugukusanya amafaranga yo gufasha urubyiruko rwo muri Afurika aho Ikigo Global Livingstone Institute gisanzwe gikorera.

Ikindi ni uko Umuryango ‘Global Livingston Institute’  ukorana bya hafi na KINA Music, ikigo cy’umugabo wa Butera Knowles witwa Ishimwe Clément ndetse imikoranire yabo yagaragaye cyane ubwo bakoranaga mu bitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’.

Uyu Muryango washingiwe mu Rwanda no muri Uganda mu 2009 nyuma y’imyaka ibiri Jamie Van Leeuwen wawushinze akoreye urugendo muri ibi bihugu.

Yahasanze ibibazo byiganjemo ibyugarije urubyiruko.

Umenyerewe kandi  mu gutegura ibitaramo mu rwego rwo gusangira imico yo mu bihugu binyuranye.

TAGGED:AmerikaButeraCameraIndirimboKnowlessRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yafunze Abarobyi Ba DRC
Next Article Hezbollah Yishe Abasirikare Bane Ba Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?