Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ko Israel Yivuganye Umuyobozi Wa Hezbollah Biraza Gucura Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ko Israel Yivuganye Umuyobozi Wa Hezbollah Biraza Gucura Iki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 6:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuntu wese ushyira mu gaciro ntiyabura kwemeza ko kuba Israel yarishe umuyobozi wa Hezbollah byashegeshe uyu mutwe.

Hassan Nasrallah yari amaze imyaka irenga ayobora uyu mutwe washinzwe na Iran ngo uhangane na Israel.

Kumwica byatumye intambara isanzwe hagati ya Israel na Hezbollah ijya ku rundi rwego.

Ni urwego rukomeye kuko uretse na Hezbollah , n’indi mitwe ifashwa na Iran ishobora kuza muri iyo ntambara.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iran yatumye Hezbollah iba umutwe wa gisirikare ukomeye ku buryo kuvuga ko Israel yapfa kuwuhangamura uko yiboneye byaba ari ukudashyira mu gaciro.

Uko bihagaze ubu, biragaragara ko Uburasirazuba bwo Hagati bwose bushobora kujya mu ntambara yeruye niba ibintu bikomeje gukomera.

Kugira ngo ibintu bigere aho ariko hari ibindi bikomeye bigomba kubibanziriza.

Birimo uko Hezbollah izitwara nyuma y’urupfu rw’umuyobozi wayo, uko Iran izitwara nyuma y’urupfu rwa Nasrallah ndetse n’ibyo Israel iteganya gukora.

Ku byerekeye Hezbollah, ni ngombwa kwibuka ko kuba umuyobozi wayo mukuru yarishwe kandi bikaba nyuma y’urupfu rw’abandi bakomeye muri uyu mutwe, byayishegeshe.

- Advertisement -

Hari abemeza ko kwegura umutwe bizayigora cyane.

Abayobozi bayo barenga 20 bishwe mu bitero by’indege za Israel.

Abasigaye nabo bafite icyuho ndetse banatewe n’uko n’itumanaho bahoranye ryangijwe mu byumweru bicye bishize.

Ku rundi ruhande, uyu mutwe wiyemeje kurwanya Israel kugeza ku wa nyuma mu bawurimo.

Ubitse missiles nyinshi kandi muri iki gihe ufite abarwanyi benshi bamaze imyaka barwana muri Syria bashaka kwihorera kuri Israel.

Missiles za Hezbollah zifite ubushobozi bwo kurasa i Tel Aviv no mu yindi mijyi ya Israel.

Izo missiles rero irashaka kuzikiresha mbere y’uko Israel izisenya nk’uko hari n’izindi yasenye mu bitero byatambutse.

Ibyo biramutse bibaye kandi byaba ishyano kuko kwihorera kwa Israel kwaba ari kunini cyane.

Ikindi muri iki gihe kiri kwibazwa ni icyo(ibyo) Iran igiye kuzakora.

Urupfu rwa Nasrallah rwababaje Iran ku buryo yashyizeho icyunamo cy’iminsi itanu.

Apfuye nanone mu gihe Iran itaribagirwa urupfu rwa Ismael Haniyeh wayoboraga Hamas wiciwe muri Iran yaje mu muhango wo kurahiza Perezida wayo nawe wasimbuye mugenzi we wazize impanuka y’indege.

Urupfu rwa Nasrallah rwatumye abo muri Iran bashaka uko barindira umutekano Umuyobozi w’ikiremga Ayatollah Ali Khamanei ngo nawe atazahagwa.

Bisa n’aho Israel yabakuye umutima!

Rwaba urupfu rwa Hanniyeh, rwaba urwa Nasrallah nta na hamwe Iran irihorera.

Bitinde bitebuke ariko nibona uburyo izabikora.

Iran ishobora kuzabikora ibicishije mu mitwe y’abarwanyi ifasha ikorera hirya no hino mu Burasirazuba bwo Hagati igize icyo bise “Axis of Resistance”.

Abo barimo n’aba Houthis bo muri Yemen n’indi mitwe ikorera muri Syria na Iraq.

Bashobora kuzihimura kuri Israel cyangwa ku nshuti yayo Amerika.

BBC yanditse ko icyo Iran izakora cyose igomba kubanza kubibara neza kuko bishobora kuzateza intambara ishobora kutazatsinda.

Israel nayo hari ibyo yatangiye gukora kandi ititeguye guhita ihagarika.

Hari ibihugu 12 baherutse kuyisaba gushyiraho agahenge k’iminsi 21 ariko yabateye utwatsi.

Ndetse uko bigaragara ifite gahunda yo gusenya ahantu hose hari missiles za Hezbollah mbere y’uko itangiza ibitero byo ku butaka.

Biherutse no gucibwamo amarenga ubwo ingabo z’iki gihugu zakoreraga imyitozo hafi y’umupaka na Lebanon.

Kwinjra muri Lebanon byo izabikora kandi mu buryo bworoshye gusa kuzavayo byo bishobora kuzasaba imyaka myinshi y’intambara ikomeye.

TAGGED:featuredIngaboIntambaraIranIsraelNasrallah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisante Irasaba Abanyarwanda Kudakurwa Umutima N’Icyorezo Marburg
Next Article Intego Ya Leta N’Amadini Ni Ukurinda Ubuzima Bw’Abanyarwanda- PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?