Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ko Israel Yivuganye Umuyobozi Wa Hezbollah Biraza Gucura Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ko Israel Yivuganye Umuyobozi Wa Hezbollah Biraza Gucura Iki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 6:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuntu wese ushyira mu gaciro ntiyabura kwemeza ko kuba Israel yarishe umuyobozi wa Hezbollah byashegeshe uyu mutwe.

Hassan Nasrallah yari amaze imyaka irenga ayobora uyu mutwe washinzwe na Iran ngo uhangane na Israel.

Kumwica byatumye intambara isanzwe hagati ya Israel na Hezbollah ijya ku rundi rwego.

Ni urwego rukomeye kuko uretse na Hezbollah , n’indi mitwe ifashwa na Iran ishobora kuza muri iyo ntambara.

Iran yatumye Hezbollah iba umutwe wa gisirikare ukomeye ku buryo kuvuga ko Israel yapfa kuwuhangamura uko yiboneye byaba ari ukudashyira mu gaciro.

Uko bihagaze ubu, biragaragara ko Uburasirazuba bwo Hagati bwose bushobora kujya mu ntambara yeruye niba ibintu bikomeje gukomera.

Kugira ngo ibintu bigere aho ariko hari ibindi bikomeye bigomba kubibanziriza.

Birimo uko Hezbollah izitwara nyuma y’urupfu rw’umuyobozi wayo, uko Iran izitwara nyuma y’urupfu rwa Nasrallah ndetse n’ibyo Israel iteganya gukora.

Ku byerekeye Hezbollah, ni ngombwa kwibuka ko kuba umuyobozi wayo mukuru yarishwe kandi bikaba nyuma y’urupfu rw’abandi bakomeye muri uyu mutwe, byayishegeshe.

Hari abemeza ko kwegura umutwe bizayigora cyane.

Abayobozi bayo barenga 20 bishwe mu bitero by’indege za Israel.

Abasigaye nabo bafite icyuho ndetse banatewe n’uko n’itumanaho bahoranye ryangijwe mu byumweru bicye bishize.

Ku rundi ruhande, uyu mutwe wiyemeje kurwanya Israel kugeza ku wa nyuma mu bawurimo.

Ubitse missiles nyinshi kandi muri iki gihe ufite abarwanyi benshi bamaze imyaka barwana muri Syria bashaka kwihorera kuri Israel.

Missiles za Hezbollah zifite ubushobozi bwo kurasa i Tel Aviv no mu yindi mijyi ya Israel.

Izo missiles rero irashaka kuzikiresha mbere y’uko Israel izisenya nk’uko hari n’izindi yasenye mu bitero byatambutse.

Ibyo biramutse bibaye kandi byaba ishyano kuko kwihorera kwa Israel kwaba ari kunini cyane.

Ikindi muri iki gihe kiri kwibazwa ni icyo(ibyo) Iran igiye kuzakora.

Urupfu rwa Nasrallah rwababaje Iran ku buryo yashyizeho icyunamo cy’iminsi itanu.

Apfuye nanone mu gihe Iran itaribagirwa urupfu rwa Ismael Haniyeh wayoboraga Hamas wiciwe muri Iran yaje mu muhango wo kurahiza Perezida wayo nawe wasimbuye mugenzi we wazize impanuka y’indege.

Urupfu rwa Nasrallah rwatumye abo muri Iran bashaka uko barindira umutekano Umuyobozi w’ikiremga Ayatollah Ali Khamanei ngo nawe atazahagwa.

Bisa n’aho Israel yabakuye umutima!

Rwaba urupfu rwa Hanniyeh, rwaba urwa Nasrallah nta na hamwe Iran irihorera.

Bitinde bitebuke ariko nibona uburyo izabikora.

Iran ishobora kuzabikora ibicishije mu mitwe y’abarwanyi ifasha ikorera hirya no hino mu Burasirazuba bwo Hagati igize icyo bise “Axis of Resistance”.

Abo barimo n’aba Houthis bo muri Yemen n’indi mitwe ikorera muri Syria na Iraq.

Bashobora kuzihimura kuri Israel cyangwa ku nshuti yayo Amerika.

BBC yanditse ko icyo Iran izakora cyose igomba kubanza kubibara neza kuko bishobora kuzateza intambara ishobora kutazatsinda.

Israel nayo hari ibyo yatangiye gukora kandi ititeguye guhita ihagarika.

Hari ibihugu 12 baherutse kuyisaba gushyiraho agahenge k’iminsi 21 ariko yabateye utwatsi.

Ndetse uko bigaragara ifite gahunda yo gusenya ahantu hose hari missiles za Hezbollah mbere y’uko itangiza ibitero byo ku butaka.

Biherutse no gucibwamo amarenga ubwo ingabo z’iki gihugu zakoreraga imyitozo hafi y’umupaka na Lebanon.

Kwinjra muri Lebanon byo izabikora kandi mu buryo bworoshye gusa kuzavayo byo bishobora kuzasaba imyaka myinshi y’intambara ikomeye.

TAGGED:featuredIngaboIntambaraIranIsraelNasrallah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisante Irasaba Abanyarwanda Kudakurwa Umutima N’Icyorezo Marburg
Next Article Intego Ya Leta N’Amadini Ni Ukurinda Ubuzima Bw’Abanyarwanda- PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?