Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Koffi Olomidé Yagizwe Umwere Ku Byaha Byo Gufata Ku Ngufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Koffi Olomidé Yagizwe Umwere Ku Byaha Byo Gufata Ku Ngufu

Last updated: 14 December 2021 7:51 am
Share
SHARE

Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Rumba, Koffi Olomidé, yagizwe umwere ku byaha byo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato bamwe mu bahoze ari ababyinnyi be ariko ahamwa n’icyaha cyo kubafungirana bitemewe n’amategeko, ahanishwa igifungo cy’amezi 18 gisubitse.

Olomidé yari yarezwe n’abagore bane hagati y’imyaka ya 2007 na 2013, bamushinja kuba yarabafungiranye mu nzu ye yo mu gace ka Asnières mu mujyi wa Paris ndetse akabakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato kandi mu buryo buhoraho.

Kumugira umwere ku byaha byo gufata ku ngufu ni icyemezo urukiko rwa Versailles rwatangaje kuri uyu wa Mbere mu rwego rw’ubujurire, rushingiye ku cyo rwise ivuguruzanya ry’ubuhamya bwatanzwe.

Urukiko ariko rwamuhamije icyaha cyo gufata bugwate ababyinnyi be mu myaka ya 2002 na 2006 mu nyubako ye yo mu mujyi wa Paris.

Rwahise rusimbuza igihano yahawe n’urukiko rwa Nanterre mu rwego rwa mbere mu 2019, rwamuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu umwe mu babyinnyi be b’imyaka 15. Yaje gukatirwa adahari, igifungo cy’imyaka ibiri isubitswe.

Mu bujurire, uretse igifungo gisubitse Olomidé yanategetswe kwishyura abari ababyinnyi be impozamarira y’amayero 10,000 – 32,000 kuri buri muntu.

Ubushinjacyaha bwo bwari bwamusabiye gufungwa imyaka umunani kubera ibyaha byose bwamuregaga.

Olomidé y’imyaka 65 ubundi witwa Antoine Agbepa Mumba, ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika.

Amaze igihe mu bibazo bijyanye n’amategeko, aho mu 2018 Zambia yasabye ko afatwa nyuma yo gukubita umufotozi, mu 2016 aza gufatwa ndetse yirukanwa ku butaka bwa Kenya azira gukubita umwe mu babyinnyi be.

Mu mwaka wa 2012 yaje guhamywa n‘urukiko rwo muri RDC icyaha cyo gukubita uwamutunganyirizaga indirimbo, akatirwa igifungo cy’amezi atatu asubitse.

Mbere y’uko asomerwa, uyu muhanzi yagombaga gukorera igitaramo mu Rwanda maze kiza guteza impaka abantu benshi basaba ko gihagarikwa, ariko birangira kibaye.

Kenya yo yanze ko ataramirayo, igitaramo yari yateguye kirasubikwa.

 

 

 

TAGGED:featuredKoffi OlomideRumbaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasabye Abanyarwanda Kutirara Mu Minsi Mikuru
Next Article Icyo RDB Ivuga Ku Rusobe Rw’Ibinyabuzima By’Isi Y’ejo Hazaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?