Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Koffi Olomidé Yagizwe Umwere Ku Byaha Byo Gufata Ku Ngufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Koffi Olomidé Yagizwe Umwere Ku Byaha Byo Gufata Ku Ngufu

Last updated: 14 December 2021 7:51 am
Share
SHARE

Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Rumba, Koffi Olomidé, yagizwe umwere ku byaha byo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato bamwe mu bahoze ari ababyinnyi be ariko ahamwa n’icyaha cyo kubafungirana bitemewe n’amategeko, ahanishwa igifungo cy’amezi 18 gisubitse.

Olomidé yari yarezwe n’abagore bane hagati y’imyaka ya 2007 na 2013, bamushinja kuba yarabafungiranye mu nzu ye yo mu gace ka Asnières mu mujyi wa Paris ndetse akabakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato kandi mu buryo buhoraho.

Kumugira umwere ku byaha byo gufata ku ngufu ni icyemezo urukiko rwa Versailles rwatangaje kuri uyu wa Mbere mu rwego rw’ubujurire, rushingiye ku cyo rwise ivuguruzanya ry’ubuhamya bwatanzwe.

Urukiko ariko rwamuhamije icyaha cyo gufata bugwate ababyinnyi be mu myaka ya 2002 na 2006 mu nyubako ye yo mu mujyi wa Paris.

Rwahise rusimbuza igihano yahawe n’urukiko rwa Nanterre mu rwego rwa mbere mu 2019, rwamuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu umwe mu babyinnyi be b’imyaka 15. Yaje gukatirwa adahari, igifungo cy’imyaka ibiri isubitswe.

Mu bujurire, uretse igifungo gisubitse Olomidé yanategetswe kwishyura abari ababyinnyi be impozamarira y’amayero 10,000 – 32,000 kuri buri muntu.

Ubushinjacyaha bwo bwari bwamusabiye gufungwa imyaka umunani kubera ibyaha byose bwamuregaga.

Olomidé y’imyaka 65 ubundi witwa Antoine Agbepa Mumba, ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika.

Amaze igihe mu bibazo bijyanye n’amategeko, aho mu 2018 Zambia yasabye ko afatwa nyuma yo gukubita umufotozi, mu 2016 aza gufatwa ndetse yirukanwa ku butaka bwa Kenya azira gukubita umwe mu babyinnyi be.

Mu mwaka wa 2012 yaje guhamywa n‘urukiko rwo muri RDC icyaha cyo gukubita uwamutunganyirizaga indirimbo, akatirwa igifungo cy’amezi atatu asubitse.

Mbere y’uko asomerwa, uyu muhanzi yagombaga gukorera igitaramo mu Rwanda maze kiza guteza impaka abantu benshi basaba ko gihagarikwa, ariko birangira kibaye.

Kenya yo yanze ko ataramirayo, igitaramo yari yateguye kirasubikwa.

 

 

 

TAGGED:featuredKoffi OlomideRumbaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasabye Abanyarwanda Kutirara Mu Minsi Mikuru
Next Article Icyo RDB Ivuga Ku Rusobe Rw’Ibinyabuzima By’Isi Y’ejo Hazaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?