Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Komisiyo Y’Afurika Yunze Ubumwe Yishimiye Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Komisiyo Y’Afurika Yunze Ubumwe Yishimiye Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2025 7:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Mahamoud Ali Youssouf yavuze ko guhura kwa Kagame na Tshisekedi bahuriye i Doha muri Qatar ari ibyo kwishimira.

Abakuru b’ibihugu byombi baraye bahuriye i Doha muri Qatar ku buhuza bw’umuyobozi w’ikirenga w’iki gihugu Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani.

Youssouf yavuze ko guhura kwa Kagame na Tshisekedi ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda na DRC ari ibihugu bishaka gusubiza ibintu mu buryo.

Avuga ko bigaragaza ko amahoro n’umutekano birambye ari intego Kigali ‘ihuje’ na Kinshasa.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe avuga ko kuba Abakuru b’ibihugu byombi bagaragaje ko bashaka ko intambara hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa Kinshasa ihagarara ari ibyo kwishimira.

Ibi ngo bigaragarira no mu nama zahuje EAC na SADC harimo n’iyabereye i Dar es Salaam Tariki 08, Gashyantare, 2025.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko uzashyigikira ingamba z’iriya miryango mu guhuza impande zombi, ukemeza ko ibisubizo bitanzwe b’Abanyafurika ku bibazo byabo biba ari ibyo gushyigikirwa.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Mahamoud Ali Youssouf yashimiye Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani kubera uruhare rwe mu kongera kubaka umubano hagati ya Kigali na Kinshasa.

Icyakora Afurika Yunze Ubumwe isaba izindi nzego zisanzwe ziri muri iki kibazo gukomeza gusigasira umuhati wo kugarura no kubungabunga amahoro mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba aho u Rwanda na DRC biherereye.

TAGGED:AfurikafeaturedKagameKomisiyo UbumweTshisekediUmuryangoYoussouf
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Equity Bank Plc Igiye Gufasha Abantu Gusobanukirwa Iby’Imari
Next Article Ibifaro Bya Israel Byasubiye Muri Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?