Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Kiyaga Cya Ruhondo Hagiye Kubakwa Umujyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ku Kiyaga Cya Ruhondo Hagiye Kubakwa Umujyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2024 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Harangije gukusanywa Miliyari Frw 400 zo kuzubaka umujyi ku nkengero z’ikiyaga cya Ruhondo aho gikora ku Karere ka Musanze. Ubuyobozi bw’aka Karere buvuga ko uwo mujyi uzubakwa mu rwego rwo kongera aho abantu bagasura baruhukira.

Iby’uyu Mujyi biherutse gutangarizwa mu Nama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere ka Musanze yateranye taliki 30, Kanama, 2024.

Claudien Nsengimana uyobora Akarere ka Musanze avuga ko ibiganiro n’umushoramari uzubaka uriya mujyi bigeze kure.

Ntiyatangarije bagenzi bacu ba Kigali Today aho ‘kure’ uko hangana!

Icyakora avuga ko uwo mushoramari yamaze gushyiramo miliyari Frw 5 mu kugurira abaturage ngo bimuke, azabone uko atangira gusiza.

Yagize ati: “Umushoramari ufite uwo mushinga  ubu amaze gushora Miliyari eshanu mu kugura n’abaturage ubutaka azawubakaho kandi ni igikorwa kizakomeza”.

Uretse inama zikunze kubera muri aka Karere bamwe bavuga ko gafite Umujyi wa Kabiri munini mu Rwanda nyuma ya Kigali, mu Kinigi ni hamwe mu hantu hakunze gusurwa na ba mukerarugendo baba bagiye gusura ingagi zo mu Birunga by’u Rwanda.

Ubuyobozi bwa Musanze buvuga ko ikiyaga cya Ruhondo nicyuzura bizatuma abasura aka Karere biyongera bityo barusheho kukinjiriza.

Ubuyobozi bwako buvuga ko kubaka umujyi iruhande rw’ikiyaga cya Ruhondo bizafasha abavuye gusura ingagi kubona aho baruhukira bitegereza amazi y’iki kiyaga.

Ubusanzwe ikiyaga cya Ruhongo gikora ku mirenge itatu y’Akarere ka Musanze ari yo Gacaca, Remera na Gashaki.

Abatuye iyo mirenge bashima uwo mushinga, bakemeza ko uzabakura mu bwigunge kandi kubaka uriya mujyi bikazaha benshi imirimo.

Mu kurushaho korohereza ishoramari ryo kubaka Umujyi ku nkengero z’Ikiyaga cya Ruhondo, Akarere ka Musanze kazatunganya umuhanda ureshya na Kirometero 35 uzaturuka ahitwa Konkaseri-Remera-Gashaki-Kivuruga kandi muri ako gace hakazagezwa amazi meza ndetse n’amashanyarazi.

Ntihatangajwe igihe nyacyo umushinga wo kubaka uwo Mujyi uzatangirira gushyirwa mu bikorwa.

TAGGED:featuredIkiyagaMeyaMusanzeRuhondoUbukerarugendoUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bukomeje Gushushubikanya Ukraine 
Next Article Undi Munyarwandakazi Yahawe Ipeti Rya Colonel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?