Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Mubumbe Wa Mars Hari Ibiyaga Birenga 10
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Ku Mubumbe Wa Mars Hari Ibiyaga Birenga 10

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2021 9:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize imyaka itatu abahanga bemeje ko nta kabuza ku mubumbe wa Mars hari  amazi atemba. Si ibyo gusa bemeje ahubwo bemeje ko hari ibindi biyaga birenga 10 biri hirya no hino kuri ‘uriya mubumbe bita ko utukura.’

Abashakashatsi ba NASA baherutse kubona amakuru( data) yerekana ko hari ibindi biyaga muri mu Majyepfo ya Mars bisa neza neza n’ibyo bavumbuye mu mwaka wa 2018.

Agace biherereyemo  kiswe South Polar Layered Deposits, gafite ahantu hari amazi yafatanye( bita barafu) n’ikindi gice kigizwe n’ibirundo by’umukungugu.

Bivugwa ko hariya hantu hamaze imyaka ibarirwa muri za miliyoni.

Ikindi kintu gitangaza abakora ubushakashatsi ni uko muri kariya gace hari ahantu basanze ‘ubutaka burimo umunyu.’

Ubushakashatsi abahanga bo muri NASA bamazemo imyaka 15 nibwo bwabagejeje ku mwanzuro w’uko kuri Mars hari ibiyaga bifite amazi atemba n’ubwo bitaba ku muvuduko w’amazi atembera ku isi.

Ikindi abahanga babonye ni uko mu gice  cyo munsi y’ubutaka bwa Mars ‘hagomba kuba hariyo’ amazi angana na 33% by’amazi yose agomba kuba ari kuri uriya mubumbe.

Igice cy’ubutaka cyo hejuru cya Mars kibundikiye amazi menshi, ibi bikaba byarashobotse kubera ko kifitemo uburyo bwo kubika amazi ntagerweho n’imyuka iri hejuru yayo( atmosphere), iyi myuka ikaba ifite ubushobozi bwo kuyakamya.

Ku butaka bwa Mars hari ubukonje bungana na -Degree Celsius 63( munsi ya zero) ubu bukonje bukaba ari bwinshi k’uburyo bwatuma amazi afatana igihe cyose yaba ari hejuru y’ubutaka.

Mars nayo ngo ifite ibiyaga

Igice cy’ubutaka bwa Mars gitwikiriye ariya mazi gifite uburebure bwa kilometero ziri hagati y’esheshatu na kilometero 12 z’ubujyakuzimu.

Ni ibyemezwa na Aditya Khuller uri gukorera impamyabumenyi y’ikirenga muri Kaminuza ya Leta ya Arizona.

Khuller avuga ko kugira  ngo ariya mazi ajye muri kiriya gice byatewe n’iruka ry’ibirunga, ariko akemeza ko hagicyenewe ubushakashatsi bwimbitse kuri iyi ngingo.

Barasuzumye basanga iruka rya biriya birunga ryarabaye mu myaka 50 000 ishize.

Ubushakashatsi bw’aba bahanga babutangaje mu kinyamakuru kitwa  Geophysical Research Letters.

TAGGED:AbahangafeaturedIkirereMarsUmubumbe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gucukura Ibuye Rya Cobalt Nirwo Rupfu Rw’Abana Bakora Mu Birombe
Next Article Impapuro Z’Ibanga Za Minisiteri Y’ingabo Zatoraguwe Aho Bategera Bisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?