Ku Munsi Mpuzamahanga Wo Kubungabunga Amahoro, Polisi Y’u Rwanda Yatwaye Igikombe

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ikina Volleyball yaraye itwaye igikombe mu marushanwa y’uyu mukino yateguwe n’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwoherejwe kugarura amahoro muri Centrafrique.

Abakinnyi ba Polisi y’u Rwanda bagize ikipe yiswe  RWAFPU2 Volleyball   team  ikaba yatsinze andi makipe ya Polisi z’ibindi bihugu bikorera mu gace ka MONUSCA kari ahitwa Kaga-Bandoro .

Ku mukino wa nyuma abapolisi b’u Rwanda bakinnye n’abapolisi ba Nepal bayitsinda amaseti abiri kuri imwe.

Umuyobozi w’Abapolisi bose bakorera mu gace ka Kaga-Bandoro witwa Alassandre Trabattoni niwe wahaye abapolisi b’u Rwanda igikombe batsindiye kandi abasaba gukomeza gukora akazi kabo neza.

- Advertisement -

Mu mpera z’umwaka wa 2021, Intumwa yihariye muri Centrafrique y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye , Dr Mankeur Ndiaye yasuye abapolisi b’u Rwanda bakorera muri Repubulika ya Centrafrique  abasezeranya kuzabafasha gushakira ibisubizo ibibazo bahura nabyo.

Nyuma yo kwerekwa uko  babayeho n’uburyo bitwara, yabashimiye ko batishyira mu bibazo ibyo ari byo byose bishobora kubakururira akaga no kugaragaza nabi igihugu cyabatumye.

Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda baba muri  kiriya gihugu yitwa Chief Superintendent of Police (CSP)Claude Bizimana niwe wamwakiriye.

Mu ijambo rye, Dr Mankeur Ndiaye  yashimye ikinyabupfura n’ubunyamwuga biranga Polisi y’u Rwanda ikorera yo

Icyo gihe yagize ati: “Neretswe imiterere y’akazi kanyu umunsi ku wundi ndetse n’imbogamizi muhura nazo. Mu mezi umunani mumaze ino, imirimo yanyu ni nta makemwa kandi ndabasaba gukomereza aho. Neretswe imbogamizi muhura nazo mu kazi kanyu kandi mbasezeranyije ko ngiye kubikurikirana bigashakirwa ibisubizo.”

Dr Mankeur Ndiaye yabwiye abapolisi b’u Rwanda bari muri kiriya gihugu ko bitwara neza ku rwego rudapfa kugaragara mu bandi bakozi ba UN.

Kimwe mu bibazo bigaragara mu bakozi b’Umuryango w’Abibumbye ni ihohotera rishingiye ku gitsina.

Icyakora ku bapolisi b’u Rwanda ngo ntibishyira muri biriya bibazo.

Bafite ibendera ry’u Rwanda n’Igikombe
Bashimirwa uko bitwara
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version