Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Nyunganizi Ya Leta Y’u Rwanda Kuri Minerivali, Umubyeyi Ati: ‘Kanga Mu Jisho!’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ku Nyunganizi Ya Leta Y’u Rwanda Kuri Minerivali, Umubyeyi Ati: ‘Kanga Mu Jisho!’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2022 3:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umubyeyi witwa Munyazesa avuga ko kuba Minisiteri y’uburezi yatangaje ko uruhare rw’umubyeyi  [rw’amafaranga] mu myigire y’umwana we ari ibyo kwishimira n’ubwo hari abazakomeza kugorwa no kubona ayo mafaranga. Ashima ko ubu abayobozi b’ibigo by’amashuri bugiye kugabanya ibyo yise ‘kubibira mu mibare.’

Mu gitondo cyo Kuwa 14 Nzeri 2022 nibwo Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’uburezi yatangaje  amabwiriza agena uruhare rw’ababyeyi mu myigire y’abana babo haba mu mashuri y’incuke, amashuri abanza, amashuri yisumbuye ya Leta cyangwa akorana na Leta ku bw’amasezerano bafitanye.

Minisiteri y’uburezi ivuga ko ayo mabwiriza agamije korohereza ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri babo biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana nayo.

Azatangira gukurikizwa mu gihembwe cya 1 cy’umwaka w’amashuri 2022/2023 kizatangira kuwa 26, Nzeri 2022.

Minisitiri w’uburezi Dr. Valentine Uwamariya mu kiganiro n’abanyamakuru

Agaragaza ko umusanzu w’umubyeyi ufite umwana wiga mu mashuri y’incuke ari Frw 975 ku gihembwe.

Ni  amafaranga ashobora kunganira umwana mu ifunguro rya saa sita.

Ibindi umubyeyi asabwa harimo kugenera umwana umwambaro w’ishuri n’ibindi bikoresho by’ishuri.

Mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye k’umunyeshuri wiga ataha, uruhare rw’umubyeyi ni Frw 19.500 ku gihembwe n’aho kuwiga acumbikiwe umusanzu ntarengwa ni Frw  85,000.

Kuri yo hazajya hiyongeraho umwambaro w’ishuri, ibikoresho byo ku meza, ibikoresho by’isuku, ibiryamirwa, inzitiramubu, amakarita y’ishuri n’ubwishingizi,

Amabwiriza ya MINEDUC avuga ko igihe ‘bibaye ngombwa’ inama y’Inteko rusange y’ababyeyi ikemeza ko hari ibikenewe kongerwa , ibyo byongerewe ntibigomba kurenza Frw 7,000.

Iby'ingenzi wamenya ku mabwiriza yasohowe na @Rwanda_Edu ku ruhare rw'ababyeyi mu myigire y'abana biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta ndetse n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano. pic.twitter.com/V5T5pMh9DR

— Ministry of Education | Rwanda (@Rwanda_Edu) September 14, 2022

Umubyeyi witwa Munyazesa yatubwiye ko uko bigaragara Leta yagize neza kuko byibura hari amafaranga bagabanyirijwe, ariko nanone akemeza ko abasanzwe bafite amikoro macye, batazabura gukomeza guhura n’ikibazo cy’ubushobozi.

Ati: “ Uwo musanzu twasabwe gutanga watugabanyirije umutwaro ariko si kuri bose kuko hari abazagorwa nawo kuko n’ubundi basanzwe babaye ho. Ikindi ariko ni ukuzareba niba abayobozi b’ibigo bazashyira mu bikorwa iby’aya mabwiriza uko yakabaye.”

Munyazesa avuga ko ubwo Leta ibatekereje ho kandi ikaba yari iherutse no kuzamura umushahara wa mwarimu, bizarushaho guha abanyeshuri amahirwe yo kwigisha neza.

Avuga ko amafaranga umubyeyi azajya asagura kuyo yishyuraga umwana, azajya amufasha mu kwikenura ku bintu runaka no guha umwana ibindi akeneye kugira ngo ajye kwiga amerewe neza.

Amabwiriza yatangajwe na Minisiteri y’uburezi ku nyunganizi y’ababyeyi kuri minerivali
TAGGED:featuredLetaMinisiteriMwarimuUbureziUmushaharaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IBUKA Iramagana Ifungurwa Rya Laurent Bucyibaruta
Next Article ‘Tweet’ Perezida Ruto Yasibye Yateje Urujijo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?