Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuba Umuntu Akennye Ntabwo Bimwambura Agaciro – Kagame Avuga Kuri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kuba Umuntu Akennye Ntabwo Bimwambura Agaciro – Kagame Avuga Kuri Afurika

Last updated: 26 May 2021 5:36 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko abanyafurika bakwiye gutekereza uburyo bakumira ibibazo biba kuri uyu mugabane, ashimangira ko udakwiye gusuzugurwa, uko waba umeze kose.

Kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro cyagarukaga mu munsi wahariwe Afurika, cyayobowe n’umushoramari Tony Elumelu.

Yavuze ko abantu badakwiye gufata umwanya ngo bibaze ibyo abayobozi ba Afurika barimo gukora ngo bakemure ibibazo ihorana, ko ahubwo bo ubwabo bakwiye kwibaza icyo barimo gukora ngo bakumire ko byabaho.

Yavuze ko ariko byashoboka ari uko ibihugu bishyizeho politiki nziza, kubera ko udashobora guhagarika ibibazo, igihe cyose impamvu zituma bibaho zigihari.

Perezida Kagame yavuze ko uyu mugabane ufite amahirwe y’iterambere bigizwemo uruhare n’urubyiruko, bityo bikwiye kubaka inzego n’imikorere ituma bishoboka. Yashimangiye ko bidakwiye kwita ku bintu bitanga inyungu nto gusa, ngo hirengagizwe inyugu z’umugabane muri rusange.

Yakomeje ati “Kubera iki Afurika cyangwa Abanyafurika cyangwa uru rubyiruko batagomba kubahwa nk’abandi? Ntekereza ko kubahana ari bwo buryo bukwiriye bw’imibanire. Kuba umuntu ari umukene ntabwo bimwambura icyubahiro, agaciro abantu bashaka.”

“Ndabizi ko rimwe na rimwe badashaka kubyumva. Hari bamwe bagize akamenyero gusuzugura abandi, by’umwihariko gusuzugura umugabane wacu. Ariko ibintu biba bibi kurushaho iyo natwe ku mugabane tudashobora kubahana uko bikwiye.”

Mu bitabiriye ibiganiro bijyana n’uriya munsi kandi harimo Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, Dr Tedros Ghebreyesus; Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi, Ngozi Okonjo-Iweala n’Umuyobozi w’Ikigega cya Banki y’Isi cy’Ishoramari (IFC), Makhtar Diop.

Umushoramari Elweru
Dr Ngozi uyobora World Trade Organization
Dr Tedros
TAGGED:AfurikafeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiporo Nyarwanda Zagombaga Guta Agaciro Zongerewe Igihe
Next Article Urabeho Kanye! Kim Kardashian Yishumbushije Undi Mugabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?