Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubohora U Rwanda Ni Ikintu Kimwe Kurwubaka Bikaba Ikindi- Gen Kabarebe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kubohora U Rwanda Ni Ikintu Kimwe Kurwubaka Bikaba Ikindi- Gen Kabarebe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe yabwiye abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’ikoranabuhanga,  ko kuba u Rwanda rwarabohowe ari ikintu cy’ingenzi kandi cyari icy’ibanze, ariko ko rugomba kwibutsa ko kurwubaka ari ikindi kintu abantu batagomba kuzatezukaho.

Hari mu kiganiro yahaye abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ikoranabuhanga bari baje kumva impanuro z’uyu musirikare mukuru kandi wagize uruhare rutaziguye mu ukubohora u Rwanda.

Baje kumutega amatwi bafite ishyushyu ryo kumva uko byagenze ngo u Rwanda rubohorwe, icyo byasabye n’uko umugambi wo kubikora watangiye.

General James Kabarebe yababwiye ko kubohora u Rwanda byasabaga imiyoborere iboneye kandi ireba kure.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko  Perezida Paul Kagame ari we wayitanze kandi igera ku ibohorwa ry’u Rwanda.

Gen Kabarebe yagize ati: “Hariho igitekerezo cyo kuvuga ngo Abanyarwanda ntibateze kuziyobora n’ubundi ibi bihugu duturanye bisanzwe bifite Abanyarwanda babituyemo bityo rero buri gihugu gifate agapande, ibyo bitekerezo byose byari bihari kandi byahise biba challenge za RPF kongera kugarura igihugu no kugicungira umutekano no kongera kucyubaka.”

Avuga ko FPR-Inkotanyi yafashe umwanzuro ko u Rwanda rugomba kubakwa rugahabwa imbaraga rukwiye kandi ngo byarakozwe.

Yabwiye abanyeshuri ko aho u Rwanda rwavuye hazwi, ariko aho rugana ari ho hagomba gushyirwamo imbaraga muri iki gihe no mu gihe kizaza.

Yabwiye abo banyeshuri by’umwihariko ndetse n’urubyiruko muri rusange ko ari bo bagomba kugeza u Rwanda heza bifuza .

- Advertisement -

Ati: “[…]cyane ko bishoboka urebye aho twavuye n’aho tugeze nta mpamvu n’imwe yatuma uvuga ko u Rwanda rutakwitwa igihugu giteye imbere muri aka karere kandi ntibishoboka ko dusubira inyuma kuko byose biri mu maboko yanyu.”

Ngo niyo nyiturano yo guha ababohoye u Rwanda.

Mu gihe Gen Kabarebe asobanurira urubyiruko uko ingabo za RPA zabohoye u Rwanda ndetse n’uruhare rugomba kugira mu kurwubaka, Mzee Tito Rutaremara nawe akomeje gusobanurira abantu uko ibitekerezo byo kubohora u Rwanda byaremwe ndetse n’uburyo FPR-Inkotanyi yakoraga haba mbere cyangwa nyuma yo kubohora u Rwanda.

Umuyobozi w’Akanama k’Inararibonye zigira inama Perezida wa Repubulika akaba n’umwe mu bashinze Umuryango FPR-Inkotanyi Hon Tito Rutaremara aherutse kuvuga  ko mu ntambara yo kubohora u Rwanda, abasirikare n’abasivili bari bafitanye imikoranire ihamye yatumye bagera ku ntego zose.

Tito Rutaremara

Avuga ko buri mwaka habaga Inama nkuru y’Umuryango(Congress) igashyiraho politike umuryango wagombaga kugenderaho.

Amategeko yashyirwagaho niyo yagengaga  Umuryango, ugatora n’ abayobozi bawo.

Abari bagize iyo nama bari abayobozi b’Umuryango n’abahagarariye abanyamuryango mu  nzego zose zawo.

Munsi yabo hariho abagize Biro politike y’Umuryango yabagamo abagize Komite ku rwego rw’igihugu, National Executive Committee, n’abakuriye izindi nzego (departments) z’umuryango, hakabamo n’abari mu buyobozi bukuru bw’ingabo zitwaga Rwanda Patriotic Army.

Iyo abagize iyo nama bateranaga( rimwe mu mwaka) bashoboraga gukora imirimo yose ya congress ariko ntibakore amatora.

Muri rusange, FPR-Inkotanyi wari[kandi uracyari] umuryango wubatse neza ukoranamu nzego zawo zose hagamijwe guha Abanyarwanda icyubahiro mu isi no kugira u Rwanda igihugu gifite ijambo kandi cyiyubashye mu ruhando mpuzamahanga.

Imikoranire Inkotanyi Z’Abasirikare N’iz’Abasivili Nk’Uko Rutaremara Abisobanura

TAGGED:featuredFPR-InkotanyiKabarebeRutaremaraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Dr Ngirente Yahwituye Abarimu Abibutsa Imyitwarire Iboneye
Next Article Kanye West ‘Aravugwaho’ Gushimagiza Hitler
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?