Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kudakinisha abanyamahanga, kwirara…bimwe mu bituma APR FC itsindirwa i mahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kudakinisha abanyamahanga, kwirara…bimwe mu bituma APR FC itsindirwa i mahanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2020 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko APR FC itsinzwe na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 3-1 mu buryo butunguranye kandi bwababaje Abanyarwanda benshi, hakomeje kwibazwa impamvu APR FC isanzwe ari inyabigwi mu Rwanda iyo igeze mu mahanga itarenga umutaru.

Taarifa isanga hari impamvu ebyiri z’ingenzi zihurirana zigatuma iriya kipe iri muri eshatu za mbere mu Rwanda, iyo igeze mu mahanga itabyitwaramo neza ngo iheshe u Rwanda ishema.

Kudakinisha abanyamahanga:

Hari abashima iyi politiki kuko ituma abana b’Abanyarwanda bakuza impano zabo mu gukina umupira w’amaguru kandi bakabihemberwa.

Kuri ibi hiyongeraho ko APR FC ari yo kipe ihemba abakinnyi bayo amafaranga menshi bityo rero kuyaha abanyamahanga bikaba bifatwa nko guha abanyamahanga amafaranga yatanzwe n’Abanyarwanda avuye mu misoro yabo.

Ku rundi ruhande hari abavuga ko kuba APR FC ikinisha Abanyarwanda bituma itsindwa cyane cyane mu marushanwa mpuzamahanga.

Bavuga ko biterwa n’uko Abanyarwanda bakinira APR FC baba bazi kandi bemera ko ari bo bahanga kurusha abandi mu Rwanda bityo kudakinana n’abanyamahanga bigatuma batabona abo bigiraho ubundi buhanga bakuye hanze.

Kwirara:

Ikindi ubusesenguzi bwa Taarifa busanga cyaba cyarabaye intandaro yo gutsindwa cya APR FC igakurwamo na Gor Mahia ni ukwirara.

Nyuma yo kwitwara neza mu mwaka w’imikino wa 2019-2020, APR FC yakomeje kumva[kandi ni ko bimeze] ko ari ikipe ikomeye.

Iyi myumvire ishobora kuba ari yo yatumye idaha agaciro imbaraga za Gor Mahia kuko hari n’amakuru yavugwaga ko Gor Mahia ifite ibibazo by’urusobe birimo n’iby’ubukungu.

Ubukungu bujegajega bwa Gor Mahia buri mu byatumye yishyurirwa amafaranga y’urugendo rw’indege rwayigejeje i Kigali, ubwishyu bukaba bwaratanzwe na Minisiteri ya Siporo muri Kenya.

Umukino wahuje APR FC na Gor Mahia kuri uyu wa Gatandatu warangjye APR FC itunguwe mu minota ya nyuma itsindwa ibitego bitatu kuri kimwe.

Abanyarwanda bategereje kureba uko umukino ya AS Kigali na Orapa FC uri bubere mu Rwanda kuri iki Cyumweru uri burangire.

Umukino ubanza wabereye Gaborone muri Botswana warangiye Orapa FC itsinze AS Kigali 2-1.

 

TAGGED:AbanyamahangaAbanyarwandaAPRfeaturedGorKwiraraMahia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwandakazi Butera Hope yagiye mu kiciro cya mbere cya Basket muri USA
Next Article Cardinal Kambanda arasomerwa Misa yo kumwakira nka Cardinal wa mbere w’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?