Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugerageza Kwivura COVID-19 Bishobora Gusiga Ubundi Burwayi Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Kugerageza Kwivura COVID-19 Bishobora Gusiga Ubundi Burwayi Mu Rwanda

admin
Last updated: 26 July 2021 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) Dr. Nsanzimana Sabin yavuze ko hari abantu barimo gukoresha uruvangitirane rw’ibyatsi bavuga ko barimo kwirinda cyangwa kwivura COVID-19, ibintu ngo bishobora gutera umubiri ibindi bibazo.

Bijyanye no kuba nta muti uzwi uvura COVID kuko hakoreshwa uburyo bwo kuvura ibimenyetso byayo, hari benshi bifashisha imiti y’ibyatsi izwiho kuvura inkorora n’ibicurane, bakayinywa ari myinshi.

Mu ngero zitangwa harimo nk’abanywa tangawizi n’indimu byinshi, umwenya, inturusu, umuravumba n’ibindi, bagakora uruvange bibwira ko bibongerera ubudahangarwa kandi bishobora nko kwangiza igifu.

Dr. Nsanzimana yavuze ko mu kongera ubudahangarwa bw’umubiri, umuntu akenera indyo iboneye kandi bikaba guhozaho, aho gushaka kubikorera mu minsi mike.

Ati “Imirire y’umuntu urwariye mu rugo ufite COVID, ntashake gukora ibintu byinshi cyane bidasanzwe atakoze mbere, bisa no kubyibushya ihene ku munsi w’isoko.” Yari mu kiganiro kuri TV 10.

Yavuze nk’abarwaye COVID bagomba kwirinda kurya ibintu bikomeye, bakarya imboga n’imbuto mu rugero.

Ibyo bikajyana no kunywa ibintu byinshi kuko iyo ufite umuriro unakorora buri kanya umubiri uba ukeneye amazi menshi, kandi na yo ukayanywa mu rugero, ugafata nka litiro enye ku munsi kandi mu bihe bitandukanye.

Ati “Hari ikibazo gikomeye cy’abantu bari kurya ibyatsi byinshi, bari kurya imbuto ku buryo bukabije cyane, bari kwiyuka bavanga icyo umubwiye cyose akakivanga nacyo, ahubwo noneho ibihaha akabibuza guhumeka.”

Yavuze ko kwiyuka abantu bagomba kubyitondera kuko biyuka babanje gucanira ibyatsi bikazaho umwotsi, cyangwa bagakoresha imbabura kandi itwika oxygene umubiri wabo ukeneye.

Ati “Hari bimwe rero bishobora gufasha igihe ubikoresheje neza nk’inturusu murabizi ko ishobora gufasha mu gufungura ibihaha ku gipimo gito, ikaba yanatuma wumva umerewe neza kubera ko uyihumetse gato.”

“Ariko gufata ikiringiti, mu byatsi bitanu, bitandatu wavangiye mu ibase, watwitse, ukwitwikira ukibuza guhumeka, n’imbabura akayitwikiriramo, noneho ubwo haba hajemo kwiyahura.”

Yavuze ko ikintu cyose umuntu yakumva akagikora gishobora gutuma abafite indwara nyinshi bahuhuka.

Yakomeje ati “Abantu bafite izindi ndwara bo twababwira by’umwihariko kwitonda cyane, mbere yo gufata ibyo byatsi bakabivanga, indimu zikabije, hari n’ibindi bavuga ntumenye n’ahantu babikura nk’ibibuto bya avoka, umubirizi, tangawizi…”

Ku muntu ukeneye kurya indimu ngo akwiye gukoresha nkeya kimwe na tangawizi niba ayinywa mu cyayi, aho gukoresha byinshi yibwira ko bimufasha kwirinda kandi bishobora kumwangiza.

Kugeza ubu mu Rwanda abantu bamaze kumenyekana ko banduye COVID-19 ni ibihumbi 65, barimo abasaga ibihumbi 18 bakirwaye.

TAGGED:COVID-19Dr Nsanzimana SabinfeaturedIndimuTangawizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo ‘Wari Uhitanye’ Perezida Wa Mali Yapfuye
Next Article Umuyobozi Wa Airtel Rwanda Yacyuye Igihe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?