Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugira Ubwenegihugu Bubiri: Ikibazo Kuri ‘Ejo Hazaza Ha Congo-Kinshasa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kugira Ubwenegihugu Bubiri: Ikibazo Kuri ‘Ejo Hazaza Ha Congo-Kinshasa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2021 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu itegeko nshinga rya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo hari ingingo [ ni iya 10] ibuza abatuye kiriya gihugu kugira ubwenegihugu ‘bubiri.’

Kugira ubwenegihugu bubiri bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ni ingingo imaze imyaka irenga 10 igibwaho impaka.

Bamwe bavuga ko kubuza abaturage kugira ubwenegihugu bubiri ari ukubabuza kwaguka ngo bamenye n’ibibera ahandi, babe abenegihugu b’ahandi.

Ya ngingo y’Itegeko nshinga rya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo twavuze haruguru, igira iti: “Ubwenegihugu bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ni bumwe, rukumbi ( La Nationalité Congolaise est une et exclusive .)

Hari benshi bemeranya n’iyi nteruro ariko hari n’abandi bayinenga.

Abifuza ko byaba byiza abatuye kiriya gihugu babonye uburenganzira bwo kugira ubwenegihugu bubiri bavuga ko kubibabuza ari ukubapyinagaza no kubuza igihugu kugira abahanga bafite ubumenyi bakuye mu bindi bihugu byabahaye ubwenegihugu.

Imibare igenekerezwa muri iki gihe ivuga ko hari abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Kongo bari hagati ya miliyoni eshanu(5) na miliyoni zirindwi(7) baba mu mahanga.

Abenshi muri bo babonye ubwenegihugu bw’aho baba.

Abumva ko hakiri kare ko abaturage ba kiriya gihugu bahabwa ubwenegihugu bw’ikindi, bavuga ko DRC itaraba igihugu gishinze imizi muri politiki k’uburyo abayituye bahabwa uburenganzira bwo kugira ubwenegihugu bubiri.

Impungenge zabo bazishingira ku ngingo y’uko kwemerera abaturage kugira buriya bwenegihugu byatuma baba ‘ibirumirahabiri’, uyu munsi bakitwa Abakongomani, ejo bakitwa abo mu kindi gihugu.

Batanga urugero ku batuye kiriya gihugu, bavuga ko ari Abanyekongo mu gihe abandi baturanyi bo babita Abanyarwanda.

Muri aba ariko hari bamwe mu mateka ya DRC atari aya kera biyise Abanyarwanda kandi batuye ku butaka bwa DRC.

Impamvu ikibazo cy’ubwenegihugu bubiri gifite uburemere bukomeye mu rwego rwa Politiki ni uko hari n’Abanyarwanda bahahungiye, ubu hakaba hashize imyaka 27, bamwe bakaba barahabyariye abana bityo hakibazwa niba abo bana bazakura ari Abanyarwanda cyangwa ari Abanyekongo bafite inkomoko muzi mu Rwanda.

Ubwenegihugu bw’abasirikare bakuru ba DRC burakemangwa

N’ubwo Itegeko nshinga rya kiriya gihugu risobanura mu buryo bwumvikana ko nta bundi bwenegihugu abagituye bagomba kugira, hari bamwe mu basirikare bakuru bavugwaho ‘kuba abanyamahanga.’

Iki ni ikintu gikomeye ku mutekano w’igihugu.

Jeune Afrique ivuga ko ‘niba Leta ishaka ko ikibazo cy’ubwenegihugu gisobanuka kandi ntikigire uwo kirengagiza, igomba no kureba iby’uko hari abasirikare bakuru bafite ubwenegihugu burenze bumwe’.

Hifuzwa ko hashyirwaho Komite ishinzwe gusesengura intambwe ku yindi yaranze amateka y’abasirikare bakuru ba kiriya gihugu kugira ngo hamenyekane mu by’ukuri ubwenegihugu bwabo.

Ngo hagomba kumenyekana niba bafite inkomoko-muzi muri DRC cyangwa hari ahandi bakomoka, bakaba barabonye ubwenegihugu babusabye.

Indi ngingo ivugwa muri iyi dosiye ni ukumenya uko abo basirikare bageze mu ngabo, bakazamuka mu mapeti kugeza ubwo bamwe baba ba Général.

Mu mwaka wa 2007, hari Umudepite wigeze gusaba ko hashyirwaho Komisiyo y’Inteko ishinga amategeko ishinzwe kugenzura abantu bafite ubwenegihugu bubiri mu nzego za Leta.

Ikifuzo cye cyaheze mu kabati.

Ibi kandi birumvikana kuko abenshi mu Badepite ba DRC bafite passport y’ibindi bihugu.

Bisa nk’aho abatora amategeko ari bo birengagiza iyubahirizwa ryayo.

Kuba cyangwa kutaba Umubiligi…

Muri 2013 higeze kuba ibiganiro mu nzego za Leta na Sosiyete Sivili, umwe mu myanzuro yafashwe ukaba wari uko ‘ubwenegihugu-muzi ari ihame ridakuka, ritagombye gushidikanywaho.’

Mu Gifaransa babyita ‘Irrévocabilité de la Nationalité Congolaise’.

Kugira ngo ibi bishoboke ariko, byasabaga ko hari ingingo mu Itegeko nshinga rya kiriya gihugu zigomba guhindurwa.

Kubera ubukana bw’iki kibazo cy’ubwenegihugu bubiri ku muturage wa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Perezida Félix Tshisekedi akomeje kwirinda kugira icyo akivuga ho mu ruhame.

TAGGED:DRCfeaturedKongoRepubulikaRwandaTshisekediUbwenegihugu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayahudi Bapfiriye Mu Isinagogi Bongereye Agahinda Israel Ifite
Next Article Abanyarwanda Baba I Paris Biteguye Kwakira Perezida Kagame
4 Comments
  • ipiteexoyexiv says:
    17 May 2021 at 5:23 pm

    http://slkjfdf.net/ – Enuaviq Ucuyiha fuz.hkyh.kiny.taarifa.rw.ema.lx http://slkjfdf.net/

    Reply
  • aotolikaxi says:
    17 May 2021 at 5:42 pm

    http://slkjfdf.net/ – Ejagosa Enunonod rkn.gxmf.kiny.taarifa.rw.ozi.ec http://slkjfdf.net/

    Reply
  • isaqedaque says:
    17 May 2021 at 8:52 pm

    http://slkjfdf.net/ – Otawud Irrodonob axj.vvoh.kiny.taarifa.rw.wmy.bn http://slkjfdf.net/

    Reply
  • ugeqeyute says:
    17 May 2021 at 9:06 pm

    http://slkjfdf.net/ – Nikupe Exuarohq fdr.dbse.kiny.taarifa.rw.wft.ne http://slkjfdf.net/

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?