Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2026 5:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari impamvu nyinshi zituma abantu bajya mu ntambara. Hari abajya mu ntambara kugira ngo bakureho ubutegetsi buriho, bagire ibyo bahindura mu birebana n’ubukungu cyangwa imibereho y’abaturage ibe myiza.

Hari abandi barwana bashaka kwigarurira igihugu cyangwa imitungo kamere yacyo. Hari intambara nyinshi ziterwa n’ivangura rishingiye ku moko cyangwa amadini.

None se, ni iki abantu bakora kugira ngo bahagarike intambara, maze habeho amahoro?

Ubusanzwe, ubuyobozi buba bushaka ko abantu bamererwa neza. Ibyo bishobora kugabanya ubusumbane cyangwa bukavaho, kuko iyo ari imwe mu mpamvu z’ingenzi zituma habaho intambara.

Ariko umuhati wabo ukunze gukomwa mu nkokora.

Kuki se amahoro atagerwaho?

Ni uko bisaba ko abategetsi bahindura ibyo batangaho amafaranga.

Mu mwaka wa 2022, ugereranyije Miliyari$ 34,1 zakoreshejwe mu bikorwa bitandukanye byo guharanira amahoro no kuyabungabunga ku isi hose.

Ariko kandi, ayo mafaranga (angana na 0,4%), ni make cyane ugereranyije n’ayakoreshejwe mu bikorwa bya gisirikare.

Nk’uko António Guterres usanzwe ari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yigeze kubivuga, abantu batanga amafaranga menshi bafasha abahuye n’intambara kuruta ayo batanga bazikumira.

Byifashe bite ku masezerano y’amahoro?

Hari ikinyamakuru kitwa Nimukanguke ! cyigeze kwandika ko burya abayobozi baba bagamije gukemura ibibazo no guhuza impande zihanganye binyuze mu biganiro.

Gusa uwo mugambi nawo wagaragaye ko udakunze kugera ku ntego.

Kuki bitagerwaho? Hari igihe abari mu mishyikirano baba badashaka kuganira, badashaka kugira ibyo bemeranyaho cyangwa ngo bemere imyanzuro yafashwe.

Iyo bimeze bityo, amasezerano y’amahoro ntiyubahirizwa.

Umudipolomate wo muri Amerika witwa Raymond F. Smith yarabibonye bituma agira ati: “Amasezerano ibihugu bigirana, si ko buri gihe agira icyo ageraho. Imishyikirano yo guhagarika intambara ishobora kuba, ariko na yo hari igihe iteza izindi ntambara.”

Abantu bagombye ‘gushaka amahoro’ gusa ikibabaje ni uko abenshi mu bantu bo muri iki gihe ari ‘abahemu, batumvikana, abandi bakaba abagambanyi’.

Iyo myitwarire ituma n’abanyapolitike bafite umutima mwiza, bananirwa gukemura ibibazo.

Ikindi ni uko niyo abantu biyemeje kugabanya intwaro mu gihugu nabyo hari ubwo byanga cyane cyane iza kirimbuzi nk’uko abantu babizi ku byerekeranye nizo muri Iran muri iki gihe.

Akenshi ibihugu ntibiba bishaka kugabanya intwaro, bitewe no gutinya ko ububasha bwabyo bwagabanuka cyangwa gutinya ko bishobora guterwa bikabura uko byitabara.

Mu gitabo ‘Securing Our Common Future: An Agenda for Disarmament’ handitsemo ko amasezerano ibihugu byagiranye yo kwikuraho intwaro, igihe intambara y’ubutita yarangiraga atigeze agerwaho.

Ayo masezerano yari agamije kugabanya ibintu byateza akaga, gukumira ubushyamirane hagati y’ibihugu, maze abantu bakagira amahoro n’umutekano.

Indi turufu ikoreshwa mu gukumira intambara ariko nayo ntirye ni iyo kwishyira hamwe kw’ibihugu.

Ibihugu byishyira hamwe kugira ngo bizatabarane mu gihe byatewe. Iyo byishyize hamwe biba bitekereza ko nta watinyuka kubitera, kuko biba bishobora gutabarana.

Gusa kuba nta wushobora gutera ibihugu byishyize hamwe, si byo bigaragaza byanze bikunze ko amahoro azagerwaho.

Akenshi ibihugu ntibyubahiriza amasezerano byagiranye cyangwa ngo byemeranye uko bizatabarana n’igihe bizabikorera.

Urugero, muri iki gihe hari impungenge ko n’ibihugu bigize OTAN nabyo byazarwanira muri Greenland aho Amerika ishobora kuzagaba igitero ikigarurira iki kirwa gisanzwe ari icya Denmark.

Mu gitabo Encyclopedia Britannica gitanga ibisobanuro ku ngingo zinyuranye hari ahanditse hati: “Nubwo Umuryango w’Ubumwe bw’Amahanga n’Umuryango w’Abibumbye yakoze ibishoboka byose ngo ifashe za Leta kwishyira hamwe, ibyo ntibyatumye intambara zidakomeza kubaho.”

Hari abantu bavuga ko muri iki gihe isi ari bwo ifite amahoro, kurusha uko byari bimeze mbere.

Ibyo babivuga batekereza ko intambara zo muri iki gihe zimara igihe gito, kandi zigahitana abantu bake, ugereranyije n’umubare w’abahitanywe n’intambara zabaye mu binyejana byashize.

Icyakora hari abandi batemera iryo gereranya, bakavuga ko hari ibindi umuntu yagombye gusuzuma aho kurebera gusa ku mubare w’abantu bagwa mu ntambara.

Uretse n’ibyo abantu bavuga, nta wahakana ko muri iki gihe intambara n’urugomo bitugiraho ingaruka twese niyo twaba dutuye kure cyane y’aho intambara ibera.

Ibuka ingaruka intambara y’Uburusiya na Ukraine yatangiye muri Gashyantare, 2022 yagize ku bukungu bw’u Rwanda!

Igiciro cy’ifarini n’ibindi binyampeke cyarazamutse kandi ibi byazahaje benshi.

Kubera ko muri kamere ya muntu habamo intambara, kuzazihagarika bizakomeza kuba ingorabahizi.

TAGGED:AmahangafeaturedGuterresPolitikiUbubanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 
Next Article U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?