Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuki Indwara Y’Umutima Iri Kwibasira Abato?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Kuki Indwara Y’Umutima Iri Kwibasira Abato?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2025 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inzoga, itabi n'ibinure biri mu byangiza iyi nyama y'ingirakamaro( Ifoto: Justdial)
SHARE

Bisanzwe bizwi ko abantu bagejeje cyangwa barengeje imyaka 55 bagira ibyago byinshi byo kurwara indwara z’umuti n’imitsi, bigaterwa ahanini n’uko nyine baba bashake, izo ngingo zitagikora neza.

Muri iki gihe ariko, ibintu byarahindutse! Abahanga mu buzima bavuga ko iki kibazo cy’ubuzima kiri kugaragara mu bantu bafite no hagati y’imyaka 20 na 50.

Ibihamya bishingiye ku bushakashatsi byerekana ko indyo nkene no kudakora imyitozo ngororamubiri ari byo nyirabayazana w’ako kaga mu bakiri bato, basanzwe ari bo mizero y’ibihugu.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ingaruka za COVID-19.

Ikibazo cy’umutima mu bakiri bato giherutse kwandikwaho mu itangazamakuru ryo muri Amerika ubwo umugabo w’imyaka 38 y’amavuko yikubitaga hasi agapfa azize guhagarara k’umutima.

Mbere y’ibyo byago, nta kimenyetso cy’ubuzima bubi yagaragazaga ngo abantu babe bagiheraho bavuga ko yari afite ibyo byago.

Bimubaho hari mu mwaka wa 2024 ubwo yirukaga mu irushanwa rya New York City Triathlon.

Umwaka umwe mbere y’aho, mu mwaka wa 2023, Bronny James umwana wa LeBron James yikubise hasi kubera guhagarara k’umutima ubwo yari mu myitozo ya Baskteball kuri Kaminuza yitwa University of Southern California kandi yari afite imyaka 18 y’amavuko.

Bronny James, umuhungu wa LeBron James igihangange muri Basket ku isi.

Yajyanywe kwa muganga urabagwa, arakira ariko asigira benshi kwibaza icyateye umwana nkawe guhura n’ibibazo by’umutima bikomeye bene ako kageni!

Muganga w’indwara z’umutima n’imitsi mu bitaro bya Harvard muri Amerika witwa Ron Blankstein yavuze ko abantu bataramenya ko iby’uko umutima wibasira abakuze ‘gusa’ ari inkuru ishaje.

Avuga ko kubimenya ari kimwe, ariko ko icy’ingenzi ari ugufata ingamba zo kwirinda ikibitera.

Ni ryari bavuga ko umutima wahuye n’ibibazo?

Mu magambo avunaguye, bavuga ko umutima ugira ibibazo iyo amaraso atagera mu mutima neza, akaza ari make cyangwa se ntaze namba!

Ibimenyetso by’ibi bibazo ni ukubabara mu gituza, mu gikanu, mu ntugu, mu bitugu, guhumeka insigane, bikagendana no kugira intege nke cyangwa kugwa hasi bitewe n’isereri itunguranye.

Iki kibazo kiri kugaragara ahanini mu bihugu bikize nka Amerika, ariko no  bihugu bikennye bijya bihagaragara cyane mu mijyi.

Ikigo cya Amerika gishinzwe ibarurishamibare mu by’ubuzima, National Center for Health Statistics, kivuga ko mu mwaka wa 2019,  0.3%  by’abantu bakuru bo muri Amerika bafite imyaka iri hagati ya 18 na 44 bagize ikibazo cyo guhagarara k’umutima ugereranyije n’uko bari 0.5% mu mwaka wa 2023.

Ni umubare wiyongereyeho 66% mu gihe cy’imyaka ine.

Mu bitaro byo muri Amerika kandi hari urubyiruko 2,000 rwajyanywe mu bitaro hagati ya 2000 na 2016 kubera icyo kibazo, kandi umwe muri batanu yari afite imyaka 40 cyangwa munsi yayo.

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2019 butangazwa mu kinyamakuru American Journal of Medicine buvuga ko kurwara umutima ari ikibazo kigaragara kuri benshi ndetse kigendana no guturika k’udutsi two mu bwonko, indi mpamvu ihitana abakiri bato.

Hari indi mpamvu itera abakiri bato kubura ubuzima bitewe n’umutima udakora neza, iyo ikaba guhagarara k’umutima ‘by’ako kanya’.

Impamvu abahanga basanze zitera ibi bibazo zibanzirizwa mbere na mbere no kunywa inzoga.

Abafite ibyago byo guhura n’aka kaga ni abagabo kuko burya, muri rusange, ari bo ba ‘kanyota’ kurusha abagore.

Gusa imibare yerekana ko hari ahantu ku isi usanga umubare w’abagore banywa kurusha abagabo bityo n’ibyago byabo byo kurwara indwara z’umutima n’imitsi bikiyongera.

Abagore b’Abiraburakazi nibo bavugwaho kunywa cyane kurusha bagenzi babo b’Abazungukazi, ibi bikagaragara cyane muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Imibare yatanzwe n’ikigo McKinsey Health Institute and the American Heart Association yo mu mwaka wa 2024 ivuga ko abagore ari bo bahitanwa cyane n’indwara z’umutima kurusha abagabo.

Impamvu zindi zikomeye zitera imitima y’abantu guhagarara zirimo umubyibuho ukabije, kurwara diyabete no kugira umuvuduko w’amaraso.

Diyabete nayo ituma umutima ugira ibibazo.

Nubwo ibyo bibazo bishobora kugera ku muntu kuko abo akomokaho nabo babihoranye, akenshi biterwa n’imibereho ye ya mbere y’uko ibintu bigera kuri urwo rwego rw’uburwayi.

Indyo ikize ku mavuta, kunywa inzoga n’itabi( uko ringana kose), kudakora imyotozo ngororamubi biri mu mpamvu zikomeye zitera ibyo bibazo by’ubuzima.

Ikibabaje ni uko hari benshi mu bakiri bato batazi ko bugarijwe n’ubwo burwayi, ugasanga bakomeza kunywa yaba inzoga, itabi kandi ntibakore imyitozo ngororamubiri.

Imyitozo ngororamubiri ni ingenzi

Mu bihugu bikennye, benshi batekereza bibeshya ko kurya indyo ikungahaye ku ntungamubiri no ku mavuta kandi bakabikora buri munsi ari bwo busirimu.

Imyumvire nk’iyo igendana kandi no kudakora imyitozo ngororamubiri, abantu bakamara igihe kirekire bicaye mu ngo zabo, bakagenda mu modoka cyangwa ku mapikipiki, ari nako banywa inzoga n’ibindi binyamasukari byinshi kandi kenshi.

Inama abaganga batanga ni iyo kwirinda hakiri kare ibyatuma umutima ujya mu kaga.

Indyo ikize ku mboga n’imbuto iba ari ingenzi kuri buri wese ushaka kugira umutima utera neza.

Kuzibukira itabi n’inzoga nabyo ntibigira uko bisa kandi umuntu agakora imyitozo ngororamubiri.

Mu gihe runaka, ni ngombwa ko umuntu akoresha ibizamini akamenya niba umutima we ufite ejo hazaza heza.

TAGGED:AbanaAmerikafeaturedIndwaraUbushakashatsiUmutimaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Guverinoma Na M23 Hari Ibyo Bemeranyije…
Next Article U Rwanda Rurasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Y’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?