Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurandura Ihohotera Bisaba Kubanza Kumva Neza Icyo Ari Cyo- DIGP Ujeneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kurandura Ihohotera Bisaba Kubanza Kumva Neza Icyo Ari Cyo- DIGP Ujeneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza
SHARE

Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda DIGP Jeanne Chantal Ujeneza yabwiye abapolisi 100 bahagarariye abandi mu nama yiga uko ihohoterwa ryacika, ko kugira ngo ricike koko bisaba ko abantu bamenya iryo ari ryo kandi bikaba mu buryo bwuzuye.

Abo bapolisi bahagarariye bagenzi babo mu mashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda bari mu nama igamije kunoza ingamba zo gukumira no guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibyaha bikorerwa abana.

Ubwo yafunguraga iyi nama iri kubera ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza avuga ko kumva neza icyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivuze ari yo ntambwe ya mbere ituma kurirandura mu buryo bufatika bishoboka.

Ati: “Igikenewe cyane ni ukubanza kumva neza no gusobanukirwa icyo kurwanya ihohoterwa bivuze kugira ngo ubashe guhagarara wemye mu gukuraho imbogamizi zitambamira ibikorwa byo guhangana na ryo haba mu gihugu, mu Karere no hanze yako.”

Avuga ko igihe kigeze kugira ngo ingamba zo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana  n’ingaruka zaryo bive mu magambo ahubwo bikorwe.

DIGP Ujeneza yashimiye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere ku bushake rihorana bwo gushyigikira Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa.

Uyu muyobozi yasabye abitabiriye iyi nama kuzageza kuri bagenzi babo ubumenyi bayungikiramo mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano no gukora kinyamwuga.

Kirenga Clement uhagarariye UNDP mu Rwanda yavuze ko nta gihugu gishobora kugera ku ntego z’iterambere rirambye mu gihe kikirangwamo abagore n’abana bahohoterwa.

Ati: “Nta gihugu gishobora kugera ku ntego z’Iterambere rirambye (SDGs) kikigaragaramo abagore n’abana bahohoterwa cyane cyane intego ya gatanu igamije guca ivangura iryo ari ryo ryose rikorerwa abagore n’abakobwa.”

Biturutse ku myanzuro y’Itangazo ry’Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD) mu gushyira mu bikorwa ubukangurambaga bw’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, mu Rwanda mu mwaka wa 2016, hatangijwe Ikigo cy’Akarere cy’Icyitegererezo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana (RCOE) gikorera ku Cyicaro Gikuru cya Polisi ku Kacyiru.

Ubundi ihohoterwa riri mu moko atatu: Hari irishingiye ku gitsina, iribabaza cyangwa rishengura umutima n’irishingiye ku mutungo.

TAGGED:AbagoreAbanafeaturedIhohoterwaPolisiUjeneza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indorerezi Za EAC Zangiwe Kujya Mu Matora Muri DRC
Next Article Umutingito Washegeshe Ubushinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?