Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuremereza Imisoro Sibyo Biguha Imisoro Myinshi: Perezida Kagame Abwira Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kuremereza Imisoro Sibyo Biguha Imisoro Myinshi: Perezida Kagame Abwira Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2023 5:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame yasabye abashinzwe gushyiraho amategeko agenga imisoro n’abayakira kwicara bakareba niba nta buryo yakoroshywa kuko kuremereza imisoro atari byo bituma hishyurwa myinshi.

Kagame avuga ko akamaro k’imisoro kazwi kandi ko nta muntu ubishidikanyaho.

Icyakora ngo abashinzwe imisoro baramutse bicaye bakabiganiraho, bashobora gushyiraho  imisoro itagize uwo iremerera.

Ati: “…Kuremereza imisoro sibyo biguha imisoro myinshi. Ababishinzwe barimo n’abo mu Nteko ishinga amategeko batangire babitekerezeho.”

Ibi Perezida Kagame abivuze mu gihe muri iki gihe ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kimaze iminsi gitangije uburyo bwo kureba niba nta muntu unyereza umusoro binyuze mu kudatanga EBM.

Gusora ubwabyo si cyo kibazo nk’uko Umukuru w’u Rwanda yabivuze, ariko ngo hagombye kurebwa niba nta misoro iremereye yagabanywa.

Indi ngingo Perezida Kagame yagarutseho ni abayobozi bahora mu ngendo z’indege , bagakora mu kigega cya Leta kandi bigatuma umwanya bari bafite wo gukemura ibibazo by’abaturage batawukoresha mu nyungu zabo.

Hari mu rwego rwo kwibutsa abaturage ko gutanga serivisi nziza kandi zihuse ari inshingano yabo ya mbere.

Yasabye Minisitiri w’intebe kubishyiramo imbaraga akajya areba niba abayobozi bashaka kujya mu mahanga babikwiye

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimiye uwahoze ari Perezida wa Sena Dr. Augustin Iyamuremye kubera akazi yakoze kandi akaba yarakarangije neza.

Yijeje uwamusimbuye ko bagenzi be ndetse n’abandi bayobozi bazamufasha kugira ngo yuzuze inshingano ze.

Yibukije buri wese mu nshingano ze kuzuzanya na mugenzi we kugira ngo bateze imbere abaturage.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yavuze ko abayobozi bagombye kwibaza igishya bagiye gukora kugira ngo bazahindure imibereho y’Abanyarwanda irusheho kuba myiza.

Yabasabye kuva mu magambo meza bakajya mu bikorwa bigendanye nayo.

TAGGED:AbasenateriAbayobozifeaturedImisoroKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sen Dr. Kalinda Yasimbuye Iyamuremye Mu Kuyobora Sena Y’u Rwanda
Next Article Umwana Umwe Muri 25 Bakomerekeye Mu Mpanuka Yo Ku Irebero Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?