Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurwanya Imirire Mibi Mu Karere Ka Gicumbi Birakataje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kurwanya Imirire Mibi Mu Karere Ka Gicumbi Birakataje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2022 12:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’uko bimeze henshi mu Rwanda, abakora mu rwego rw’ubuzima mu Karere ka Gicumbi bafatanyije n’abashinzwe imibereho myiza y’abaturage bakora uko bashoboye ngo barinde abana kugwingira. Imwe mu ngamba ni ukubaka irerero hamijwe ko incuke zitabura abazitaho.

Mu rwego rwo kwagura ubufatanye, inzego zavuzwe haruguru zifatanya n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, kugira ngo ubufasha butanzwe buba bufatika kandi burambye.

Mu Murenge wa  Rushaki mu Karere ka Gicumbi hatashywe irerero ryo guha abana bo muri ako gace ahantu hakwiye ho guhererwa ibiribwa n’ibinyobwa, amasomo abagenewe ndetse n’ahantu ho kuruhukira.

Byabereye mu murenge wa Rushaki mu Karere ka Gicumbi

Indyo nziza( hakubiyemo kurya no kunywa) ni ingenzi mu gutuma ingingo z’umubiri w’umwana( cyane cyane ubwonko) zikura neza.

Iyo agize amahirwe, akabona indyo yuzuye ihekejwe n’isuku n’urukundo, bituma umwana akura neza mu minsi 1000 ikurikira ivuka rye.

Iyi minsi ingana n’imyaka itatu ariko ikaba inkingi ya mwamba mu buzima bwose umwana azagira.

Indyo nziza ariko igomba no gutangirwa ku bikoresho bisukuye kugira ngo hirindwe ko umwanda ubiriho uhumanya iyo ndyo y’ingirakamaro.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, Umutoni Gatsinzi Nadine yigeze kubitangaho igitekerezo.

Nadine Gatsinzi avuga ko umwana ‘n’iyo yarya neza ariko arwaye inzoka zo mu nda ntacyo byamumarira. Umwana ashobora kugira imirire mibi akazagira ikibazo cyo kugwingira.’

Nadine Umutoni Gatsinzi

Imibare yatangajwe mu mwaka wa 2020 yerekanye ko ibipimo by’abana bagwingiye byageze kuri 33% bivuye kuri 38% mu myaka itanu ishize.

Mu buryo bwihariye, imibare igaragaza ko igipimo mu cyaro kiri kuri 36 % mu gihe mu mijyi cyari kuri 20%.

Ibyo bipimo kandi bigenda bizamuka uko imyaka yigira hejuru  kuko biri kuri 40% mu bana bafite amezi hagati ya 24-35.

Leta y’u Rwanda yasanze imwe mu mpamvu zikomeye zitera igwingira ari ukubura indyo yuzuye kandi igaburiwe umwana ku gihe ndetse n’ubumenyi buke  bw’ababyeyi batazi kuyitegura.

Indi mpamvu ni uko ababyeyi bahura n’ikibazo cyo kutabona umwanya uhagije wo gutunganyiriza abana babo indyo iboneye, bigaterwa n’uko ababyeyi bazinduka bajya muri shuguri.

Izi shuguri zo gushaka ubuzima zituma abana batabona uwababa hafi ngo abahe ibyo bashaka.

Irerero niwo muvuno mwiza u Rwanda rwaciye.

Abana barirererwamo bahabwa amafunguro aboneye, atanzwe ku gihe, bagakina ndetse bakaruhuka ba Nyina bakaza kubacyura umunsi uciye ikibu.

Muri Rushaki ya Mukarange n’aho hatashywe irerero nka ririya.

Abaturage b’i Rushaki bari baje gufatanya n’abashyitsi gutaha irerero rya Rushaki

Umubyeyi witwa Mukandahiro waganiriye na Taarifa yavuze ko mu by’ukuri batabuze ibiribwa byo guha abana ahubwo ngo kubera gushakisha imibereho y’agafaranga babura uko bita ku bibondo byabo.

Bituma abana babo bicwa n’isari.

Mukandahiro ati: “ Inama tweza ibirayi, ibigori, imboga, ibijumba, ibishyimbo, amadegede n’ibindi ariko akenshi tuzinduka tubijyana ku isoko rya Byumba cyangwa  ab’inkwakuzi bakabijyana i Kigali. Izo ngendo zituma abana bacu basigara mu rugo bonyine inzara ikabanogonora.”

Icyakora ashima ko ririya rerero rizajya ryita kuri abo bana.

Umuyobozi wungirije wa UNICEF, Min Yuan wari waje muri uriya muhango yasabye abahawe ririye rerero kuzariha imbaraga ntibarifate nk’aho ari impano gusa.

Ati: “  Turabasaba ko mwazafata neza iri rerero, mukarifata nk’iryanyu.”

Ubwo bafunguraga ku mugaragari iri rerero

UNICEF isanzwe ifatanya na leta y’u Rwanda mu kuzamura imibereho y’abana kugira ngo bazagirira u Rwanda akamaro.

Zimwe mu ngamba  Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’ubuzima ikora ni uguha abana indyo bita ‘Ongera’ ndetse na Shisha Kibondo, zombi  zikagira uruhare mu kuzamura imirire myiza y’abana no kurwanya igwingira ryabo.

TAGGED:AbanafeaturedGicumbiImirireIrereroKugwingiraUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Ukraine Yasuye Amerika
Next Article Kigali: Abanyarwanda Bo Mu Rwanda Bazahurira N’Ababa Mu Mahanga Mu Gitaramo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?