Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kutubakira Urubyiruko Ubushobozi Bidindiza Afurika – PM. Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kutubakira Urubyiruko Ubushobozi Bidindiza Afurika – PM. Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 2:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye abahanga mu by’ubukungu bateraniye mu nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda ko urubyiruko rw’Afurika rukwiye guhabwa ubumenyi rukeneye kugira ngo rubere Afurika umugisha aho kuyibera umutwaro.

Hari mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama yiswe ‘Recontres Economiques’ iri kubera mu Rwanda ihuje abahanga mu bukungu, abanyapolitiki n’abandi bavuga rikijyana.

Ati: “ Abahanga benshi bemeranya ko kubakira urubyiruko ubushobozi ari uburyo bwiza bwo guteza imbere igihugu. Twemeranya ko uru rubyiruko rugomba kuba rwarize kugira ngo rugirire akamaro ibihugu ruvukamo.”

Kuri Ngirente, ubumenyi buzamura byose harimo n’umugabane wa Afurika muri rusange.

Avuga ko ubwo bumenyi bugomba kuba bushingiye ku bukorikori, ubugeni n’ubundi bumenyi butandukanye.

Avuga kandi ko ubushomeri bukiri imbogamizi ku mibereho myiza y’urubyiruko kuko ngo imibare y’ikigega mpuzamahanga cy’imari ivuga ko ubushomeri mu rubyiruko rw’Afurika bwiyongereye bugera kuri 9,7% hagati y’umwaka wa 2018 n’umwaka wa 2022.

Ni ubushomeri mu rubyiruko rufite hatati y’imyaka 15 n’imyaka 24.

Ikindi kibazo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda asanga gishegesha Afurika ni uko itarashobora gukora byinshi yohereza mu mahanga.

Ibi bigaragarira ku gipimo cy’uko mu mwaka wa 2021, ibyo Afurika yatumije hanze bingana na Miliyari $428 mu gihe yo yohereje yo ibintu bifite agaciro ka Miliyari $127.

Ni ikinyuranyo kinini.

Avuga ko kugira ngo umusaruro w’ibyo Afurika yohereza hanze wiyongere, bizaba ubufatanye mu bihugu bituranye kandi bikorana mu miryango y’ubukungu, ubwo bufatanye bukaguka bukagera ku rwego rw’Afurika yose.

Yashimiye abitabiriye iyi nama ababwira ko mu Rwanda ari amahoro, ko bisanga.

TAGGED:AfurikafeaturedNgirenteUbucuruziUbukorikoriUbushoboziUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuzigo Wa Mbere Wa Toni 22.4 Z’Avoka Nyarwanda Wageze Mu Buholandi
Next Article Ubujurire Bwa CG(Rtd) Gasana Bwanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?