Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kutubakira Urubyiruko Ubushobozi Bidindiza Afurika – PM. Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kutubakira Urubyiruko Ubushobozi Bidindiza Afurika – PM. Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 2:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye abahanga mu by’ubukungu bateraniye mu nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda ko urubyiruko rw’Afurika rukwiye guhabwa ubumenyi rukeneye kugira ngo rubere Afurika umugisha aho kuyibera umutwaro.

Hari mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama yiswe ‘Recontres Economiques’ iri kubera mu Rwanda ihuje abahanga mu bukungu, abanyapolitiki n’abandi bavuga rikijyana.

Ati: “ Abahanga benshi bemeranya ko kubakira urubyiruko ubushobozi ari uburyo bwiza bwo guteza imbere igihugu. Twemeranya ko uru rubyiruko rugomba kuba rwarize kugira ngo rugirire akamaro ibihugu ruvukamo.”

Kuri Ngirente, ubumenyi buzamura byose harimo n’umugabane wa Afurika muri rusange.

Avuga ko ubwo bumenyi bugomba kuba bushingiye ku bukorikori, ubugeni n’ubundi bumenyi butandukanye.

Avuga kandi ko ubushomeri bukiri imbogamizi ku mibereho myiza y’urubyiruko kuko ngo imibare y’ikigega mpuzamahanga cy’imari ivuga ko ubushomeri mu rubyiruko rw’Afurika bwiyongereye bugera kuri 9,7% hagati y’umwaka wa 2018 n’umwaka wa 2022.

Ni ubushomeri mu rubyiruko rufite hatati y’imyaka 15 n’imyaka 24.

Ikindi kibazo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda asanga gishegesha Afurika ni uko itarashobora gukora byinshi yohereza mu mahanga.

Ibi bigaragarira ku gipimo cy’uko mu mwaka wa 2021, ibyo Afurika yatumije hanze bingana na Miliyari $428 mu gihe yo yohereje yo ibintu bifite agaciro ka Miliyari $127.

Ni ikinyuranyo kinini.

Avuga ko kugira ngo umusaruro w’ibyo Afurika yohereza hanze wiyongere, bizaba ubufatanye mu bihugu bituranye kandi bikorana mu miryango y’ubukungu, ubwo bufatanye bukaguka bukagera ku rwego rw’Afurika yose.

Yashimiye abitabiriye iyi nama ababwira ko mu Rwanda ari amahoro, ko bisanga.

TAGGED:AfurikafeaturedNgirenteUbucuruziUbukorikoriUbushoboziUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuzigo Wa Mbere Wa Toni 22.4 Z’Avoka Nyarwanda Wageze Mu Buholandi
Next Article Ubujurire Bwa CG(Rtd) Gasana Bwanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?