Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuzana Abimukira Mu Rwanda Byongeye Kuzamo Inzitizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kuzana Abimukira Mu Rwanda Byongeye Kuzamo Inzitizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri W’Intebe mushya w’Ubwongereza witwa Keir Starmer yatangaje ko ahagaritse iby’amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda yari yarasinywe hagati y’ibihugu byombi.

Nyuma y’iryo sinywa Ubwongereza bwahaye u Rwanda miliyoni 290 Euro yo kuzakoresha mu kwakira abo bimukira no kubafasha kubaho neza mbere y’uko bahabwa ubwenegihugu.

Amasezerano hagati y’ibihugu byombi yasinywe mu mwaka wa 2022 akaba yari ayo gushyirwa mu bikorwa mu myaka itanu.

N’ubwo ku ruhande rwa Politiki byari byaramaze guhabwa umurongo, ku rundi ruhande havutse ibibazo bishingiye ku nkiko aho bamwe bavugaga ko u Rwanda ari igihugu kidatekanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byaje kuba ngombwa ko ayo masezerano avugururwa ndetse mu Kuboza kwa 2023, Leta y’u Rwanda na Leta y’u Bwongereza basinye amasezerano avuguruye kuri iyo ngingo.

Muri yo harimo ko nta rukiko ruzongera gukumira ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano, ahubwo ko abagize Inteko Ishinga Amategeko ari bo bazayemeza, bakayatangaho ijambo rya nyuma.

Bidatinze muri Mata, 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko u Rwanda ari igihugu gitekanye.

Rishi Sunak wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza mbere ya Starmer yari yatangaje ko indege ya mbere izaza mu Rwanda nyuma y’Amatora mu Bwongereza.

Ibintu ariko ubu byahindutse kuko abahoze bayobora Ubwongereza bahindutse, ubu buyoborwa n’ishyaka ry’abakozi (Labour Party).

- Advertisement -

Keir Starmer wahise uba Minisitiri w’Intebe yahise ahise atorerwa kuyobora Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko yahagaritse gahunda ya Guverinoma zamubanjirije yo kohereza mu Rwanda abimukira baba barinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yabwiye itangazamakuru ko iyi gahunda yapfuye kuko ngo igeze ifasha Guverinoma gukumira abimukira.

Ati: “Iyi gahunda yarapfuye, yaranashyinguwe mbere y’uko itangira. . Ntabwo niteguye gukomeza gahunda idakumira.”

Yasobanuye ko kuva ayo masezerano yasinywa, abimukira bakomeje kuza kuko byagaragaraga ko amahirwe y’iyo gahunda atagera no kuri 1%.

Politike ya Starmer ivuga ko we azashyiraho abashinzwe umutekano wo ku mipaka bazafasha Guverinoma gukurikirana abatwara abimukira binyuranyije n’amategeko.

Abayishyigikiye bavuga ko ibyo byatanga umusaruro kurusha kohereza abimukira mu Rwanda.

TAGGED:AbimukirafeaturedPolitikiUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Kayonza Bategereje Kagame 
Next Article Kuyobora Abanyarwanda Ntako Bisa-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?