Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuzana Abimukira Mu Rwanda Byongeye Kuzamo Inzitizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kuzana Abimukira Mu Rwanda Byongeye Kuzamo Inzitizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri W’Intebe mushya w’Ubwongereza witwa Keir Starmer yatangaje ko ahagaritse iby’amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda yari yarasinywe hagati y’ibihugu byombi.

Nyuma y’iryo sinywa Ubwongereza bwahaye u Rwanda miliyoni 290 Euro yo kuzakoresha mu kwakira abo bimukira no kubafasha kubaho neza mbere y’uko bahabwa ubwenegihugu.

Amasezerano hagati y’ibihugu byombi yasinywe mu mwaka wa 2022 akaba yari ayo gushyirwa mu bikorwa mu myaka itanu.

N’ubwo ku ruhande rwa Politiki byari byaramaze guhabwa umurongo, ku rundi ruhande havutse ibibazo bishingiye ku nkiko aho bamwe bavugaga ko u Rwanda ari igihugu kidatekanye.

Byaje kuba ngombwa ko ayo masezerano avugururwa ndetse mu Kuboza kwa 2023, Leta y’u Rwanda na Leta y’u Bwongereza basinye amasezerano avuguruye kuri iyo ngingo.

Muri yo harimo ko nta rukiko ruzongera gukumira ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano, ahubwo ko abagize Inteko Ishinga Amategeko ari bo bazayemeza, bakayatangaho ijambo rya nyuma.

Bidatinze muri Mata, 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko u Rwanda ari igihugu gitekanye.

Rishi Sunak wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza mbere ya Starmer yari yatangaje ko indege ya mbere izaza mu Rwanda nyuma y’Amatora mu Bwongereza.

Ibintu ariko ubu byahindutse kuko abahoze bayobora Ubwongereza bahindutse, ubu buyoborwa n’ishyaka ry’abakozi (Labour Party).

Keir Starmer wahise uba Minisitiri w’Intebe yahise ahise atorerwa kuyobora Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko yahagaritse gahunda ya Guverinoma zamubanjirije yo kohereza mu Rwanda abimukira baba barinjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yabwiye itangazamakuru ko iyi gahunda yapfuye kuko ngo igeze ifasha Guverinoma gukumira abimukira.

Ati: “Iyi gahunda yarapfuye, yaranashyinguwe mbere y’uko itangira. . Ntabwo niteguye gukomeza gahunda idakumira.”

Yasobanuye ko kuva ayo masezerano yasinywa, abimukira bakomeje kuza kuko byagaragaraga ko amahirwe y’iyo gahunda atagera no kuri 1%.

Politike ya Starmer ivuga ko we azashyiraho abashinzwe umutekano wo ku mipaka bazafasha Guverinoma gukurikirana abatwara abimukira binyuranyije n’amategeko.

Abayishyigikiye bavuga ko ibyo byatanga umusaruro kurusha kohereza abimukira mu Rwanda.

TAGGED:AbimukirafeaturedPolitikiUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Kayonza Bategereje Kagame 
Next Article Kuyobora Abanyarwanda Ntako Bisa-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?