Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwangiza Ibikoresho By’Amashanyarazi Biha Icyuho Abajura-Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwangiza Ibikoresho By’Amashanyarazi Biha Icyuho Abajura-Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 March 2022 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gufata umugabo wo mu Karere ka Bugesera akurikiranyweho kwangiza inkingi  zifata amapiloni y’amashanyarazi, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba Superintendent of Police(SP) Hamdun Twizeyuimana yavuze ko abantu basenya ibikoresho bikwiza amashanyarazi batiza umurindi abajura.

Umugabo wafashwe afite imyaka 32 y’amavuko ariko hari undi bafatanyaga w’imyaka 35 ugishakishwa.

Ubujura bakurikiranyweho bivugwa ko babukoreye mu Mudugudu wa Mujanja, Akagari ka Kabukuba, Umurenge wa Juru mu Karere ka Bugesera.

Ibikoresho bakurikiranyweho kwiba ni ibyuma  byifashishwa mu gufata inkingi zifungirwaho amapiloni y’amashanyarazi, byubakwaga na kompanyi yitwa Kala Telecom Ltd.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’’i Burasirazuba Superintendent of Police (SP) Twizeyimana Hamdun yavuze ko uwafashwe yafashwe nyuma y’uko umwe mu bakozi b’ikigo twavuze haruguru abibwiye Polisi.

SP Twizeyimana  ati: “ Ahagana saa munani umukozi w’iriya kompanyi yahamagaye Polisi ayibwira ko bibwe ibyuma byifashishwa mugufata inkingi zifungirwa ho amapiloni y’amashanyarazi, kandi abonye abagabo babiri bikoreye ibyuma mu ishyamba bamubonye barabita bariruka.”

Basanze ari kwangiza ibi byuma

Avuga ko nyuma yo kumva ayo makuru, Polisi yafatanije n’izindi nzego z’umutekano bakora umukwabo haza gufatwa umuturage umwe ariko hari n’undi ugishakishwa.

SP Twizeyimana yagiriye inama abafite ingeso yo kwiba ko bayicikaho kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Yunzemo ko  iyo wibye ibikoresho byifashishwa mu bikorwa by’amashanyarazi aba uteje umutekano mucye mu baturage kuko biha icyuho abajura.

- Advertisement -
Byabereye mu Murenge wa Juru Akagari ka Kabukuba

SP Hamdun Twizeyimana ati: “ Usibye ko aba bantu bacyekwaho ubujura bw’ibikorwaremezo by’amashanyarazi, banagira uruhare mu guhungabanya umutekano w’abaturage kuko iyo bangije ibikorwaremezo bitanga umuriro mu ngo z’abaturage nijoro ntibongera gucana kandi Leta yarashyizeho ibyo bikorwaremezo ngo bibafashe. Ibi rero biteza umutekano mucye kuko hari abajura bitwikira umwijima bakiba abaturage.

Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Rilima.

Icyo itegeko riteganya:

Ingingo ya 182 yo mu Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

 

TAGGED:AbajuruAmashanyaraziBugeserafeaturedIntaraPolisiubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rutegereje Icyemezo cy’u Burundi Ku Gufungura Imipaka
Next Article Kenya Igiye Kubakwamo Uruganda Rw’Inkingo Za Moderna
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?