Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwiga Ni Uguhozaho, BK Yatangije Ishuri Rihugura Abakozi Bayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kwiga Ni Uguhozaho, BK Yatangije Ishuri Rihugura Abakozi Bayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2022 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukomeza gukarishya ubumenyi bw’abakozi ba Banki ya Kigali, ubuyobozi bukuru bw’iki kigo, bwafunguye ishuri bise BK Academy.

Abakozi bazajya batsindira gukorera BK bazajya babanza bahabwe andi masomo yo kumenya imikorere y’iki kigo cy’imari.

Birumvikana ko n’abasanzwe bayikorera nabo bazajya bahabwa igihe runaka cyo kongera gukarishya ubwenge.

Abakorera iki kigo bazajya bongera bahugurwe ku mahame asanzwe agenga abantu bakora mu rwego rwa Banki, babwirwe cyangwa bibutswe ikoranabuhanga rigezweho mu mikorere ya Banki zo mu Kinyejana cya 21 n’ibindi bikorwa hirya no hino ku isi muri za Banki zateye imbere.

THREAD: Today we launched "BK Academy" at our branch in the Free Economic Zone. BK Academy will be a training center with the objective of equipping the bank with a talent pipeline with diversified skills and competencies to be able to deliver to the Bank’s expectations.#BKCares pic.twitter.com/HmGJUlJILe

— Bank of Kigali (BK) (@BankofKigali) August 23, 2022

Ku bakozi bashya, bazajya bahabwe amasomo y’amezi atatu, nyuma batangire akazi mu ishami bahisemo bishingiye ku bizamini bakoze bakanabitsinda.

Umuyobozi mukuru wa BK witwa Dr Diane Karusisi avuga ko batangije ririya shuri kugira ngo bafashe abakozi kugira ubumenyi buzatuma bakora nk’uko imikorere ya Banki zigezweho zikora haba mu buryo bw’ikoranabuhanga cyangwa mu bundi buryo.

Hari umuhanga witwa Albert Einstein wigeze kuvuga ko ‘umunsi wahagaritse kwiga, uzamenye ko ibyawe byarangiye!

Einstein

Kugeza ubu hari abantu 300 baturutse muri Kaminuza 26 zirimo izo mu Rwanda n’izo mu mahanga bamaze kwandika basaba ko bahabwa ariya masomo.

Banki ya Kigali isanzwe ikoresha abantu bize mu nzego z’ubumenyi zitandukanye.

Beatha Uwamariza Habyarimana wigeze kuba Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, ubu ni umuyobozi muri BK

Dr Karusisi avuga ko gushyiraho ririya shuri bizafasha mu guha abakozi ba BK imyumvire imwe ku mikorere yayo.

Intego ya BK ni ukugira ngo izagire abakozi bafite ubumenyi butandukanye ariko bahuriye ku ntego yo kubaka iriya banki mu nzego zose hashingiwe ku bitekerezo bitandukanye bya gihanga kandi bigirira inyungu abakiliya ba BK.

Abazahabwa amasomo muri ririya shuri barimo abasanzwe bararangije amasomo muri byinshi birimo no gukoresha mudasobwa mu ngeri nyinshi n’abandi.

BK : Banki Nyarwanda nkuru…

Banki ya Kigali ku cyicaro gikuru cyayo

Mu mwaka wa 2020 ubwo icyorezo COVID-19 cyacaga ibintu ku isi no mu Rwanda by’umwihariko, Banki ya Kigali yakoze uko ishoboye iguma ku mwanya mwiza mu rwego rw’imari.

Imibare yatangajwe n’ubuyobozi bwayo bwitwa BK Group Plc yavugaga ko inyungu yayo mu 2020 yazamutse 3% igera kuri miliyari 38.4 Frw, zivuye kuri  miliyari 37.8 Frw icyo kigo cyungutse mu mwaka wa 2019.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc Dr Diane Karusisi yatangaje ko n’ubwo umwaka wa 2020 warimo ibibazo byinshi kubera icyorezo cya COVID-19 cyatumye abantu bategekwa kuguma mu ngo, Banki zo zitigeze zifunga.

Icyakora  kuba ibikorwa bibyara inyungu byarahungabanye, byanagize ingaruka ku ntego iki kigo cyari cyihaye.

Dr Karusisi yagize ati: “Ariko byose tubishyize hamwe, Banki yashoboye kugira inyungu itari nk’iyo twari twiteze mbere y’iki cyorezo, kuko twari twiteze ko uyu munsi kubabwira ko twungutse miliyari 50 Frw, ariko uyu munsi turababwira ko twungutse miliyari 38 Frw.”

Yavuze ko BK yizeye ko  abanyamigabane bayo babona ko Banki yabo bashoyemo imari ikomeye, ifite imbaraga, ifite ingufu, ko no muri iki gihe gikomeye ikora.

BK Group Plc ibumbye ibigo bine by’ubucuruzi birimo Bank of Kigali Plc, BK General Insurance, BK TecHouse na BK Capital Ltd.

Ifite abakozi 1262.

Umuyobozi Ushinzwe Imari muri BK Group Plc Nathalie Mpaka  icyo gihe yagize ati “Kubera ko twakomeje gukorana n’abakiliya bacu n’abakozi ba Banki cyane cyane mu buryo bw’ikoranabuhanga, twabashije kugabanya ikiguzi byadutwaraga nko mu kumenyekanisha ibikorwa, ibijyanye n’ingendo n’ibindi, k’uburyo hari amafaranga menshi twazigamye.”

Nathalie Mpaka

Mu mwaka wa 2020 Banki ya Kigali yatanze inguzanyo za miliyari 851.1 Frw, bihwanye n’inyongera ya 25% ugereranyije n’umwaka wa 2019.

Izo nguzanyo zingana na 35.7% by’izatanzwe ku isoko ry’imari kugeza ku wa 31 Ukuboza 2020.

Ni mu gihe amafaranga yabikijwe n’abakiliya yageze kuri miliyari 790.8 Frw.

Yaguze izina Kigali Arena

Muri Gicurasi, 2022, hari  amasezerano hagati ya Banki ya Kigali n’ikigo cyari gisanzwe gicunga Kigali Arena yasinywe avuga ko iki kigo kizitwa BK ARENA mu gihe cy’imyaka itandatu iri imbere.

Ikigo QA Venue nicyo cyari gisanzwe gicunga Kigali Arena.

Iri zina ryaguzwe kuri miliyoni $7 ni ukuvuga miliyari Frw 7 mu mwaka itandatu iri imbere.

BK Arena

Kigali Arena yubatswe N’Ikigo cy’ubwubatsi cy’Abanya Turikiya kitwa SUMMA, kikaba ari cyo kiri no kuvugurura Stade Amahoro.

Iyi Arena yuzuye muri Mutarama, 2019.

Yubatswe n’abakozi bari hagati ya 1000 na 2000, kandi ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 10,000 kandi yakinirwamo imikino ya Volleyball, Handball, Tennis na Basket.

Hari n’ahagenewe gukorerwa inama zitandukanye.

BK ivuga ko kuba baraguze ririya zina bizarushaho kuyinjiriza.

TAGGED:ArenaBankiBKKarusisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Ingabo Za MONUSCO Zavuye Ku Izima
Next Article Kayonza: Aborora Amafi Bijejwe Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?