Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwigisha Abana Icyo Amafaranga Ari Cyo Nibyo Bizabagira Abakire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kwigisha Abana Icyo Amafaranga Ari Cyo Nibyo Bizabagira Abakire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2024 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nta gihugu ku isi kitagira Kaminuza. Inyinshi muri zo zigisha amategeko, indimi, ubuvanganzo, ubuvuzi, ubutabire, ibaruramari, politiki n’ibindi. Icyakora, uru rwego rw’imyigishirize ntirugirira akamaro cyane abana kuko nyine rwagenewe abakuru.

Kugira ngo abana bazakure bazi uko amafaranga ashakwa, uko acungwa n’uko ashorwa ni ngombwa ko batangira kubyigishwa bakiri bato.

Igiti kigororwa kikiri gito: ni ko Umunyarwanda yaciye umugani.

Imwe mu ngingo abahanga baheraho bemeza ko abantu b’ubu batazi icyo amafaranga ari cyo ni uko bayasesagura.

Birumvikana ko abayasesagura ari abayafite ariko ikibababaje kurushaho ni uko n’abadafite menshi nabo batamenya no kuyarondereza ngo babe bayamarana kabiri!

Mu Bwongereza iki kibazo kiri yo.

Ubwongereza nicyo gihugu cya gatatu gikize mu Burayi nyuma y’Ubufaransa bwa kabiri n’Ubudage bwa mbere.

Iyi ni imibare ikorwa hashingiwe ku musaruro mbumbe wose w’igihugu hatarebwe ku musaruro w’urugo ukwarwo n’uburyo abantu babayeho.

Ubirebeye muri iyi nguni, uranga Luxembeourg ari yo ya mbere ikize, igakurikirwa na Ireland, Denmark, Ubuholandi na Autriche.

Tugarutse ku ngingo y’uburezi bushingiye ku mari, umwe mu bahanga mu byo kwizigamira witwa Theo Paraskevopoulos yanditse muri Dailymail ko bigaragara ko n’abantu bagejeje ku myaka iri hagati ya 40 na 60 y’amavuko batarasobanukirwa neza akamaro ko kwizigama.

Ngo 47% by’abantu bafite imyaka 60 nibo bonyine bizigamira cyangwa bagashora imari ahantu runaka.

Ku byerekeye urubyiruko ho, ikibazo kiri ku rwego rwo hejuru kurushaho.

Wa muhanga twavuze haruguru avuga ko urubyiruko rw’ubu rusa n’urutazi akamaro k’ifaranga ku rwego rumwe n’uko byari bimeze ikoranabuhanga ririho ubu ritarakwira henshi.

Ikoranabuhanga ririho muri iki gihe ni isoko ngari y’amakuru y’ingirakamaro mu kubyaza umusaruro ubumenyi buri ho.

Impamvu ituma urubyiruko rupfusha ubusa amahirwe y’amakuru rufite kuri mudasobwa no kuri telefoni zigendanwa ni uko rutigeze rwigishwa akamaro k’amafaranga rukiri ruto.

Theo Paraskevopoulos yagize ati: “ Mu Bwongereza hari amasomo macye cyane yigisha abantu iby’imari n’uburyo icungwa. Ikindi ni uko iki kibazo kiri n’ahandi kuko uzasanga abana batigishwa iby’amafaranga bakiri bato”.

No mu Rwanda iki kibazo kirahari kuko, n’ikimenyimenyi, iyo umuntu atangiye guhembwa icya mbere akora ni ukurira amafaranga yahembwe rimwe na rimwe ntagire n’urumiya asiga!

Bisa n’aho ari bwo bwa mbere aba abonye amafaranga mu buzima bwe bikamutungura akumva yayishimishamo ubundi ‘sakindi ikazaba ibyara ikindi’.

Ababyeyi bagirwa inama yo kujya baganiriza abana babo ku by’amafaranga, bakababwira uko aboneka, uko acungwa ndetse n’uburyo iyo yabuze umuntu abyitwaramo.

Mu biganiro bagirana n’abana babo, ababyeyi bakwiye no kujya bababwira ko amafaranga akorerwa, ko umuntu ataryama ngo amwizanire kandi ko ayo bahawe ngo bayakoreshe ku ishuri (pocket money) atari ayo gusesagura bayagura amandazi mu gihe kidakenewe.

Uko abana bazagenda bakura, ni ko bazaba bazi icyo amafaranga ari cyo bityo bakamenya ko no kuyacunga ari ingirakamaro kurusha kuyarya.

Uko umwana azakura ni ko azamenya uko isi y’abanyamafaranga ikora, akure azi ko amafaranga atari ayo umuntu afite ahubwo ari ayo abika nyuma yo kugura ibyo akeneye.

Kugira ingengo y’imari ni isomo rikomeye ababyeyi bakwiye kwigisha abana bakiri bato kuko ari yo ifasha umuntu guhangana n’ibibazo byo muri iyi si bisaba amafaranga ya hato na hato.

Mu isi y’ubu abahanga bavuga ko kubika amafaranga ari ingenzi kurusha uko byahoze mu kindi gihe cyose cyatambutse.

Babishingira ku ngingo y’uko ibintu byicara bihinduka, ibiciro bikazamuka buri kanya bityo ubuzima bugahenda.

Muri paji za Dailymail zandika ku mafaranga no kuyacunga zigize ikitwa This is Money handitswemo ko burya amafaranga abitswe ari n’ashowe.

Niyo mpamvu abanditsi bagira ababyeyi inama yo gushaka uko abana babo batangira gushora amafaranga mu tuntu duto, tukazagenda dukura gahoro gahoro.

Ku rundi ruhande, gushora imari akenshi biba ari uko amafaranga yo gukemura ibibazo by’ibanze mu buzima yabonetse kandi agakoreshwa.

Birumvikana neza ko utashora imari kandi wabuze n’ayo kwishyura inzu ubamo!

Uko bimeze kose ariko, abakiri bato bagirwa inama yo kumenya ko amafaranga ashakishwa, akabikwa kandi akazagirira abantu akamaro.

Guverinoma zisabwa kureba uko mu bigo by’amashuri hashyirwaho integanyanyigisho yigisha abana iby’imari kugira ngo bazakure babizi.

TAGGED:AbabyeyiAbanaAmafarangafeaturedImari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Imyaka 17 Haruna Agarutse Muri Rayon
Next Article Amakamyo Ya DRC Yafatiwe Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?