Kwimakaza Ikinyabupfura Mu Ngabo Bisaba Kutajenjeka

A Congolese Army soldier plays with a football in the North Kivu town of Kayna on November 18, 2008 hours after they had engaged in a fierce firefight with local militia known as the Mai-Mai. The town was the scene of an armed clash Tuesday in what a pro-government militia said was a "friendly fire" incident with government forces. Government soldiers looted villages and attacked local people after the incident, according to the leader of the Mai-Mai militia, General Lafontaine. Residents said the army soldiers unleashed a fresh wave of looting in a the nearby town of Kanyabayonga on Sunday, taking household goods, cattle as well as motorcycles and bicycles. Some women alleged they had been gang-raped. AFP PHOTO/Roberto SCHMIDT (Photo credit should read ROBERTO SCHMIDT/AFP via Getty Images)

Byaraye bigaragaye ubwo Urukiko rwa gisirikare rwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwakatiraga igifungo cya burundu abasirikare babiri baherutse kurwana bagaterana igipfunsi ku manywa y’ihangu kandi bari ku kibuga cy’indege.

Ubwo bateranaga igipfunsi hari umuntu wabafashe amashusho ayashyira ku mbunga nkoranyambaga, abantu batangira kwibaza ku rwego rw’ubunyamwuga n’icyubahiro cy’akazi abasirikare ba kiriya gihugu bafite!

Abacamanza bo mu Rukiko rwa gisirikare bakorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru baraye bategetse ko bariya basirikare babiri bafungwa BURUNDU.

Inteko ya gisirikare yaburanishije ruriya rubanza yari iyobowe na Major Rimenze Kangingo Bisimwa na Capt. Paulin Mukando Muzito.

- Advertisement -

Mu guca urubanza no kurukata, aba basirikare bakuru bavuze ko imwe mu mpamvu nyinshi zitumye bariya basirikare babiri bafungwa burundu ari uko batinyutse barenga ku mabwiriza yo gutanga umutuzo mu gace k’imirwano kandi kari mu bihe bidasanzwe by’umutekano mucye.

Bariya basirikare barwaniye ku kibuga cy’indege cya Goma.

Urukiko rwemeje ko bafungwa burundu

Ntibatinze gufatwa bahita bagezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare.

Urukiko rwaje guhuza n’ubushinjacyaha, bwasabaga ko bariya basirikare bafungwa burundu.

Abasabiwe kiriya gihano bafite iminsi itanu ngo bajurire.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version