Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwirara Kw’Inzego Z’Iperereza Za Israel Byayikururiye Ibyago
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kwirara Kw’Inzego Z’Iperereza Za Israel Byayikururiye Ibyago

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2022 12:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Israel impaka ni nyinshi. Polisi y’iki gihugu iravugwaho kudahoza ijisho n’amatwi ku baturage ba kiriya gihugu b’Abarabu bikaba byaratumye hari bamwe muri bo bashinga umutwe w’iterabwoba, bakawushingira imbere mu gihugu bagamije gutesha umutwe inzego z’umutekano.

Umwe mu baturage ba kiriya gihugu witwa Sharon Roffe Ofir avuga ko bibabaje kuba inzego z’umutekano muri kiriya gihugu zararengeje ingohe ibibera mu gace gatuwe n’Abanya Israel b’Abarabu kugeza ubwo bikoreye ibyo bashaka birimo no gushimuta umusirikare wa IDF bakamwica.

Ubwicanyi bw’uyu musirikare wari ufite ipeti rya Caporal bwabaye mu mwaka wa 2003.

Mu mwaka wa 2004, abandi baturage ba kiriya gihugu mu gace gaturiye Umujyi wa Nazareth batangije ibikorwa byo gutera amabuye abapolisi b’iki gihugu aho babaga baciye hose.

Israel isanganywe ishami rya Polisi rishinzwe kwita ku mipaka yayo gusa.

Ryitwa Border Police.

Byaje kumenyekana ko abakoze biriya bikorwa ari abo mu mutwe wiyise Galilee Liberators.

Ubusanzwe Urwego rwa Israel rushinzwe iperereza n’umutekano mu gihugu imbere rwitwa Shin Bet.

Rusanzwe rufite ubushobozi n’ubuhanga burambuye mu gutahura  no gukumira ibyaha bikorerwa henshi muri kiriya gihugu ariko ngo rwananiwe kumenya ibibera mu bice bituwe n’Abarabu .

Wa muturage wa kiriya gihugu twavuze haruguru avuga ko n’ubwo Israel ifite ikoranabuhanga mu gucunga ibyo abaturage bayo  bakora birimo n’ibikorwa n’inkozi z’ibibi, asanga kwiringira ikoranabuhanga ukibagirwa akazi gakorwa na ba maneko b’abantu ari ikosa rinini.

Amakuru akusanywa akegeranywa kandi agatangwa n’abantu bayaha ababishinzwe mu rwego rw’umutekano bayita HUMINT( Human Intelligence).

N’ubwo abantu bashobora kwibeshya ku makuru runaka cyangwa wenda bakayagoreka kubera ruswa, icyenewabo n’ibindi, ariko muri rusange amakuru batanga aba afite ikintu kinini avuze, kitagombye kwirengagizwa.

Bivugwa ko ibiri kuba muri Israel muri iki gihe byatangiye gukura gahoro gahoro ubwo kiriya gihugu cyayoborwaga na Benyamin Netanyahu.

Netanyahu yashyize imbaraga mu gukurikirana no guhangana na Hamas, ariko yibagirwa ko umwanzi nyawe ari uwo kirambi!

Ashinjwa kuba atarahaye imbaraga Shin Bet bityo bituma bamwe mu baturage ba kiriya gihugu cyane cyane ab’i Nazareth no mu gice cy’Amajyepfo cyegereye Intara ya Negev batangira kwisuganya no kwanga buhoro bohoro Polisi n’izindi nzego z’umutekano none bikaba byatangiye kubyarira igihugu amazi nk’ibisusa.

Kudahanga amaso n’amatwi mu bibera imbere muri Israel ahubwo hakitabwaho ibibera mu bice byigiye ku ruhande, ni ikosa rikomeye mu kubungabunga umutekano wa kiriya gihugu.

Kutegeranya, kwegeranya  cyangwa gusesengura nabi amakuru yo mu bice bituwe n’Abanya Israel b’Abarabu byatumye  hari bamwe muri bo bashatse kandi batunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.

Izi ntwaro nizo ziri gukora ishyano muri iki gihe.

Abasomyi ba Taarifa baribuka ko mu mezi macye ashize, hari imfungwa zacukuye gereza zikoramo umwobo wazifashije gutoroka.

N’ubwo zaje gufatwa, ariko byerekanye ko hafi icyuho mu mikorere n’imikoranire y’inzego z’iperereza n’iz’umutekano muri Israel.

Hari n’abagabo baherutse gufatwa nyuma y’igitero bagabye ahaitwa Hadera kandi biyemereye ko bakorana na ISIS.

Madamu Sharon Roffe Ofir yahaye The Jerusalem Post inyandiko ivuga ko iyo inzego zikoranye, buri rwego ruhagana amakuru akwiye kandi agahabwa agaciro ndetse rukaba rufite ibikoresho n’ubumenyi bihagije mu gutata no gusesengura amakuru y’ubutasi bigira akamaro.

 

TAGGED:AbarabufeaturedIpererezaIsraelIterabwobaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Abakekwaho Kwica Umukobwa Wari Umaze Iminsi Micye Yerekanye Fiancé Bafashwe
Next Article Abanyarwandakazi Bagiye Gushyiraho Ihuriro Ryo Kuganiriramo Politiki Ziteza Imbere Umugore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?