Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwita Kuri Pariki Byagiriye Akamaro Abazituriye- Kagame Abwira Abitabiriye Inama Ku Bidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwita Kuri Pariki Byagiriye Akamaro Abazituriye- Kagame Abwira Abitabiriye Inama Ku Bidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2022 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye bamwe mu bitabiriye Inama mpuzamahanga iri kubera mu Misiri ko u Rwanda rwahisemo kwita ku mapariki yarwo biruha umusaruro ariko Guverinoma yarwo ihitamo gusangiza abazituriye ibyiza biva ku bukerarugendo buyakorerwamo.

Iyi nama yari yanitabiriwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi ko uretse na Pariki u Rwanda rwitaho kandi umusaruro uzivuyemo ukagirira akamaro abazituriye, rufite n’ikiyaga cya Kivu kirimo Metero kibe Miliyari 60 z’umwuka wa Mèthane ndetse na metero kibe Miliyari 300 z’umwuka wa dioxide de carbone, iyo myuka yose u Rwanda rukaba ruzayicukura rukayibyaza umusaruro.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko intego zose u Rwanda cyangwa ikindi gihugu cyaba gifite mu rwego rwo guteza imbere ibidukikije no kubirengera, zigomba kwita ku mibereho y’abaturage kandi, kuri we, igihugu kimwe nticyabyishoboza.

u Rwanda rushimirwa ko rushyira imbaraga mu kubungabunga ibidukikije, abarutuye bakabyungukiramo

Yarangije ijambo rye avuga ko ubufatanye mpuzamahanga kandi buhuje za Leta n’abikorera ku giti cyabo ari ingenzi kugira ngo ibidukikije bisagambe

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambera, RDB, busaba Abanyarwanda gukomeza kwita ku bidukikike muri rusange no kuri za Pariki z’u Rwanda kubera ko bibagirira akamaro mu buryo butaziguye.

Muri Kanama, 2022 umuwe mu bayobozi bakuru mu ishami rya RDB rishinzwe ubukerarugendo by’umwihariko Madamu Ariella Kageruka yavuze ko iki kigo gifite imishinga myinshi igamije guteza imbere abaturiye za Pariki mu rwego rwo kubasangiza ku byiza biva mu madovize yishyurwa n’abazisura.

Ariella Kageruka yavuze ko ibyiza  bigaragara mu bice byahoze ari Pariki ari ikintu abantu bagomba kwishimira kuko bibagirira akamaro kakazagera no ku rubyaro rwabo.

Icyo gihe yari yatashye bimwe muri ibi bikorwa remezo byubatswe mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza.

Yagize ati: “ Iyo urinze ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima amafaranga abivamo agirira akamaro abaturiye Pariki ariko bikaguka bikagirira akamaro n’ababakomokaho. Niyo mpamvu twaje gutaha ibi bikorwa kandi n’ahandi bizahubakwa.”

Kuva gahunda y’isaranganyamutungo w’ibiva mu bukerarugendo bukorerwa muri za Pariki yatangira, hatangijwe imishinga 880 yo guteza imbere abaturiye Pariki kandi irarangira.

Yakorewe  mu Tutere  14 hirya no hino mu Rwanda.

Imishinga yose yagiyemo mo Miliyari Frw 9 zisaga gato.

TAGGED:AmafarangafeaturedIbidukikijeKagameKagerukaPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Ivuga Ko Indege Yayo Ya Gisirikare Yaguye Mu Rwanda Yari Iy’Ubutasi
Next Article Gakenke: Uwo Bise ‘Igisambo Kizwi’ Yafatanywe Ingurube Mu Mufuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?