Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwiyubaka k’u Rwanda kwashingiye ku bumwe n’imbabazi- L. Mushikiwabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwiyubaka k’u Rwanda kwashingiye ku bumwe n’imbabazi- L. Mushikiwabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2020 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imyaka igiye kuba 30 u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Kugeza ubu ni igihugu kiri gutera imbere n’ubwo hatabura ibitotsi birimo na bamwe mu bayobozi bakurikiranwaho ruswa. Louise Mushikiwabo avuga ko kugira ngo u Rwanda rugere aho ruri, gusaba no gutanga imbabazi byabigizemo uruhare.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Madamu Louise Mushikiwabo yabwiye kimwe mu binyamakuru byo muri Tunisie ko u Rwanda ari igihugu gito, gituwe na miliyoni zirenga 12 ho gato.

N’ubwo kidakora ku Nyanja, Louise Mushikiwabo avuga ko u Rwanda ari igihugu gifite abaturage biyunze, bahuje ibitekerezo kandi bafite Umukuru w’igihugu ubatega amatwi nabo bakamubwira icyo batekereza ku iterambere ryabo.

Yabwiye kiriya kinyamakuru ko Perezida Kagame ari umuyobozi ukora icyo yatekereje kandi icyo yavuze akagikora.

Ati: “ Avuga icyo yatekerejeho kandi akagikora. Ni umuyobozi ureba kure, ushyira imbere iterambere mu buzima no mu ikoranabuhanga.”

Kuri Mushikiwabo, ibi byatumye Perezida Kagame atuma u Rwanda ruba igihugu gitera imbere buhoro buhoro kandi mu buryo bufite icyerekezo.

Ikindi avuga k’ingenzi ni uko Perezida Kagame aha Abanyarwanda umwanya wo guhura nabo bakaganira ku bibazo biri mu gihugu kugira ngo bungurane ibitekerezo by’icyakorwa ngo gitere imbere.

Ahura n’Abanyarwanda baba mu Rwanda n’ababa mu mahanga bakaganira.

Inama y’igihugu y’Umushyikirano ni uburyo bwashyizweho kugira ngo buhuze Abanyarwanda baba mu mahanga n’ababa mu Rwanda.

Kuri Louise Mushikiwabo gushora imari mu baturage byatumye abaturage bumva agaciro kabo nabo barakora biteza imbere.

Perezida wizihirwa n’abo ayoboye

Ivomo: realites.com.tn

TAGGED:AbanyarwandafeaturedKagameMushikiwaboPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shampiyona ya Karate: Umwana w’Umunyarwanda yatwaye umudari wa Bronze
Next Article DRC: Perezida wa Komisiyo yo kurwanya ruswa yafungiwe ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?