Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Le Journal Intime: Ikayi Y’Ingirakamaro Buri Wese Akwiye Kugira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Le Journal Intime: Ikayi Y’Ingirakamaro Buri Wese Akwiye Kugira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 October 2024 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Le Journal Intime ni agakayi bwite kandikwamo ibyaranze umunsi w'umuntu
SHARE

Abahanga mu mateka bemeza ko ikayi y’umwihariko bita Journal Intime ari ingirakamaro mu kumenya imibereho y’abantu batubanjirije ku isi. Niyo yabafashije kumenya uko Abayahudi babagaho mu Ntambara ya Kabiri y’isi binyuze mu ikayi y’akana k’agakobwa kitwaga Anna Frank.

Ako gakayi kafashije abashakashatsi kumenya uko Abayahudi bihishaga, uko babonaga icyo basamura, ibikorwa by’ubugome byakozwe n’Abanazi, uko ingendo ndende Abayahudi bakoraga bava hamwe bajyanwa aho bari bwicirwe zareshyaga, amazina ya bamwe mu bishe n’abishwe n’ibindi n’ibindi.

Muri iki gihe, hari indi kayi yafashije Polisi ya Kenya kumenya iby’urupfu rw’umwari wakundaga kwandika ibyamubayeho buri munsi.

Nibura amakuru ajyanye n’urupfu rwa Christine Nyakio byoroheye Polisi kuyabona igendeye kuri ako gakayi nyakwigendera yakundaga kwandikamo gahunda ze za buri munsi.

Kabonywe n’abapolisi bashinzwe iperereza muri Polisi ya Kenya ubwo bageraga mu rugo aho Christine Nyakio yabaga bashaka kumenya uko byagenze ngo yicwe n’umurambo we ujugunywe mu gihuru.

Akamaro ka Journal Intime ni ugukusanya amakuru kuri nyirako, mu buryo buhoraho, italiki ku yindi.

Uretse gutangaza ibyabaye ku muntu, ako gakayi gafasha nyirako gusubiza inyuma akareba uko yitwaye, ibyamubayeho, ibyabaye ku nshuti no ku bavandimwe, hakiyongeraho no kwinegura ku bitaragenze neza hagamijwe kwikosora.

Iyo kayi igomba kuba ifite umubyimba uringaniye ku buryo nyirayo ashobora kuyigendana.

Ubwinshi n’agaciro k’amakuru iba ibitse, bituma igomba kuba ifite igifubiko gikomeye, ikagira n’aho umuntu atwara ikaramu.

Ni byiza kwirinda kuyandarika ngo abana bayibone bayice, bayimeneho icyayi, igikoma, bayisige ibiryo cyangwa yangirike mu bundi buryo.

Mu kuyandikamo, umuntu ahera ku byo yumva by’ingenzi byaranze umunsi we, bikubiyemo amasaha yabyukiye, italiki[ni ingenzi cyane], aho yaciye akahatinda, ab’ingenzi baganiriye, ibyo yakoze, ibyamubabaje n’ibyamushimishije…

Ikaramu niyo iba igomba kuganiriza ikayi, ikayibwira ibyabaye uwo munsi byose.

Kubera ko hari byinshi birangaza abantu bikaba byatuma runaka atibuka ibyo byose, ni byiza ko muri telefoni zigezweho hashyirwamo uburyo bwo kwibutsa nyirayo ko igihe cyo kwandika muri Journal Intime kigeze.

Iyi kayi igomba gufatwa nk’ibanga kubera ko ibiyanditsemo biba ari ubuzima bwite bw’umuntu.

Muri Journal Intime hari abatandikamo amagambo menshi ahubwo bakomekamo amafoto yabo cyangwa ay’inshuti zabo.

Icyaba cyanditsemo cyose, ni ngombwa kwibuka italiki kuko ifasha gukomeza kumenya urukurikirane by’ibyabaye n’igihe byabereye.

Kubera imiterere y’iyi nyandiko n’icyo iba igamije, hari bamwe bayandika mu buryo butazorohera buri wese kuyisoma.

Babikora birinda ko ‘uzayigwaho’ azahita amenya-mu buryo bumworoheye- amakuru ayirimo.

Niyo mpamvu hari abayandikamo mu buryo bitekerereje, bagamije ko ibirimo bimenywa nabo gusa cyangwa undi ufite inema yo gufindura ibihishwe.

Mu kwandika muri iyi kayi, abantu bagirwa inama yo kwandika birekuye, bakavuga ibyo bibuka byose byabayeho uwo munsi.

Bibafasha gukomeza kwisuzuma, bakamenya aho batitwaye neza bakahakosora ku munsi ukurikiye.

Ni uburyo kandi bwo kureba uko abandi bababona, bigatanga uburyo bwo kwikosora aho bitagenze neza.

Imihihibikano y’ubuzima bw’iki gihe iri mu byibagiza bamwe kwandika inkuru zabo.

Icyakora ubushake no kuzirikana akamaro kabyo biri mu byatuma [uyu munsi] utangira kwandika Journal Intime yawe.

TAGGED:AbahangaAmakurufeaturedIbangaIkayiUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Kiliziya Gatulika Yamaganye Ibyo Guhindura Itegeko Nshinga
Next Article Dr.Rwamucyo Yasabiwe Gufungwa Imyaka 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?