Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Igiye Kwegurira Abikorera Zimwe Mu Nganda Zayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Leta Igiye Kwegurira Abikorera Zimwe Mu Nganda Zayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi Dr. Jean Chysostome Ngabitsinzi yabwiye Inteko ishinga amategeko ko hari inganda  u Rwanda rushaka kwegurira abikorera ku giti cyabo.

Iz’ibanze Ngabitsinze avuga ko bazaheraho ni urukora ikigage rw’i Kamonyi, urukora urwagwa rw’i Rwamagana n’urukora ifiriti rw’i Nyabihu.

Impamvu y’iki cyemezo ni uko Leta ishaka ko izi nganda zikora neza kurusha uko zakoze muri NST 1 irangirana n’umwaka wa 2024.

Abadepite babwiye Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda ko hari ibyo basanze bidakorwa neza mu micungire y’inganda zo mu Rwanda nyuma y’ingendo bakoze mu mwaka wa 2023.

Bamubwiye ko basanze hari ikibazo ba rwiyemezamirimo bafite inganda cyangwa bashaka kuzishinga bahura nabyo birimo kutabonera ku gihe impapuro zibemerera gukora no kutagira ibikorwaremezo bifasha uruganda kugera ku ntego zarwo.

Depite Madina Ndangiza yavuze ko ubwo basuraga uruganda rw’i Nyabihu babwiwe ko baruhagaritse kubera ko basanze uruganda rukora bimwe n’ibizakorerwa mu cyanya cy’inganda cya Musanze kandi bituranye.

Kuba uruganda rwa Nyabihu rutunganya ifiriti rwarahagaritswe kandi rwaragenzeho Miliyoni Frw 795 ngo ni ugusesagura umutungo wa Leta no gutatanya ingufu nk’uko Madina Ndangiza abivuga.

Depite Marie Thérèse Murekatete nawe yavuze ko hari ikibazo gisa n’iki basanze muri Gisagara, aho basanze harubatswe uruganda rutunganya umuceri ariko uwarutunganyirijwemo ukabura abawugura, ahubwo bakigurira ubundi bwoko.

Mugenzi we witwa Safari Begumisa we avuga ko kuba abashoramari batinda guhabwa inyandiko zibemerera gukora bidindiza ishoramari mu nganda.

Ati: “ Hari ubwo umushoramari aza ugasanga nta bantu bahari ngo bamwereke aho yubaka hujuje ibyangombwa biteza imbere uruganda rwe.”

Uruganda rw’Ikigage rwo muri Kamonyi rwubatswe ku bufatanye na SPIC ariyo Sosiyeti y’Ishoramari mu Ntara.

Icyo gihe rwubakwa rwari rwitezweho guha abakunzi b’iki kinyobwa ikigage kizima kandi gihagije.

Kuba Leta ishaka kwegurura abikorera uru ruganda rutaramara imyaka byibura itanu hari ababibonamo ishoramari ritateguwe neza.

Mu mwaka wa 2023 abayobozi b’Ikigo gishinzwe guteza imbere inganda, NIRDA, bavuze ko uruganda rwo gukora ifiriti rw’i Nyabihu rwari rugitegereje abaruhaye imashini kugira ngo babanze baze mu Rwanda kwerekana uko ikora.

Rwubatswe kugira ngo rwoze, rutonore, rukate kandi ruteke ifiriti mu birayi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysôstome yavuze ko inganda Leta ifitemo imigabane ziri kuvugururwa no kongerwamo ibikoresho bihagije kugira ngo zizegurirwe abikorera kandi zishobore gutanga umusaruro ufatika.

Biri muri gahunda ya NST 2 , iyi ikaba ari gahunda igamije kuzamura ubukungu bw’u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere.

Ifoto: Dr. Ngabitsinze 

TAGGED:AbadepitefeaturedIngandaNgabitsinze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Wa DRC Yeguye
Next Article Mu Mpunzi Z’Abarundi Zitaha Iwabo Harimo N’Iziva I Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?