Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Igiye Kwegurira Abikorera Zimwe Mu Nganda Zayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Leta Igiye Kwegurira Abikorera Zimwe Mu Nganda Zayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi Dr. Jean Chysostome Ngabitsinzi yabwiye Inteko ishinga amategeko ko hari inganda  u Rwanda rushaka kwegurira abikorera ku giti cyabo.

Iz’ibanze Ngabitsinze avuga ko bazaheraho ni urukora ikigage rw’i Kamonyi, urukora urwagwa rw’i Rwamagana n’urukora ifiriti rw’i Nyabihu.

Impamvu y’iki cyemezo ni uko Leta ishaka ko izi nganda zikora neza kurusha uko zakoze muri NST 1 irangirana n’umwaka wa 2024.

Abadepite babwiye Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda ko hari ibyo basanze bidakorwa neza mu micungire y’inganda zo mu Rwanda nyuma y’ingendo bakoze mu mwaka wa 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bamubwiye ko basanze hari ikibazo ba rwiyemezamirimo bafite inganda cyangwa bashaka kuzishinga bahura nabyo birimo kutabonera ku gihe impapuro zibemerera gukora no kutagira ibikorwaremezo bifasha uruganda kugera ku ntego zarwo.

Depite Madina Ndangiza yavuze ko ubwo basuraga uruganda rw’i Nyabihu babwiwe ko baruhagaritse kubera ko basanze uruganda rukora bimwe n’ibizakorerwa mu cyanya cy’inganda cya Musanze kandi bituranye.

Kuba uruganda rwa Nyabihu rutunganya ifiriti rwarahagaritswe kandi rwaragenzeho Miliyoni Frw 795 ngo ni ugusesagura umutungo wa Leta no gutatanya ingufu nk’uko Madina Ndangiza abivuga.

Depite Marie Thérèse Murekatete nawe yavuze ko hari ikibazo gisa n’iki basanze muri Gisagara, aho basanze harubatswe uruganda rutunganya umuceri ariko uwarutunganyirijwemo ukabura abawugura, ahubwo bakigurira ubundi bwoko.

Mugenzi we witwa Safari Begumisa we avuga ko kuba abashoramari batinda guhabwa inyandiko zibemerera gukora bidindiza ishoramari mu nganda.

- Advertisement -

Ati: “ Hari ubwo umushoramari aza ugasanga nta bantu bahari ngo bamwereke aho yubaka hujuje ibyangombwa biteza imbere uruganda rwe.”

Uruganda rw’Ikigage rwo muri Kamonyi rwubatswe ku bufatanye na SPIC ariyo Sosiyeti y’Ishoramari mu Ntara.

Icyo gihe rwubakwa rwari rwitezweho guha abakunzi b’iki kinyobwa ikigage kizima kandi gihagije.

Kuba Leta ishaka kwegurura abikorera uru ruganda rutaramara imyaka byibura itanu hari ababibonamo ishoramari ritateguwe neza.

Mu mwaka wa 2023 abayobozi b’Ikigo gishinzwe guteza imbere inganda, NIRDA, bavuze ko uruganda rwo gukora ifiriti rw’i Nyabihu rwari rugitegereje abaruhaye imashini kugira ngo babanze baze mu Rwanda kwerekana uko ikora.

Rwubatswe kugira ngo rwoze, rutonore, rukate kandi ruteke ifiriti mu birayi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysôstome yavuze ko inganda Leta ifitemo imigabane ziri kuvugururwa no kongerwamo ibikoresho bihagije kugira ngo zizegurirwe abikorera kandi zishobore gutanga umusaruro ufatika.

Biri muri gahunda ya NST 2 , iyi ikaba ari gahunda igamije kuzamura ubukungu bw’u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere.

Ifoto: Dr. Ngabitsinze 

TAGGED:AbadepitefeaturedIngandaNgabitsinze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Wa DRC Yeguye
Next Article Mu Mpunzi Z’Abarundi Zitaha Iwabo Harimo N’Iziva I Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?