Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Yafunze Ibindi Bitaro Byigenga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Yafunze Ibindi Bitaro Byigenga

admin
Last updated: 03 October 2021 11:50 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yategetse ibitaro byigenga bya MBC Hospital byo mu Mujyi wa Kigali gufunga imiryango bitarenze ku wa 6 Ukwakira, kubera amakosa akomeye yagaragaye mu mikorere yabyo.

Ni icyemezo gifashwe nyuma y’uko mu kwezi gushize nabwo Minisiteri y’Ubuzima yafunze Baho International Hospital, nyuma y’iperereza ryakozwe kuri serivisi mbi byavugwagamo, zanatumye bamwe mu barwayi bahasiga ubuzima.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe serivisi z’ubuvuzi Dr Corneille Ntihabose, yabwiye Taarifa ko mu barimo gukora igenzura ku mavuriro yose yigenga mu gihugu, nyuma bakazakora raporo ku byemezo byafatwa hashingiwe ku makosa yagaragaye.

Yakomeje ati “Ariko hari igihe ibyo tuba twabonye mu igenzura biba bisaba ko umuntu atategereza kiriya gihe.”

Yakomeje ati “Aka kanya tumaze kugenzura ibitaro  47 ariko igenzura riracyakomeza, rero bitewe n’amategeko ahari, ni nk’amakosa tuba twabonye mu bugenzuzi mu mavuriro, tugakora raporo, hakavamo icyemezo cyo gufungirwa.”

MBC Hospital yafunzwe iherereye mu Murenge wa Nyarugenge ahahoze Grace Hotel, haruguru y’isoko ryo mu Biryogo.

Ni ibitaro byari bikiri bishya kuko byatangiye gukora ku wa 16 Mutarama 2018. Byatangaga serivisi zirimo kwakira indembe, ubuvuzi bw’abana, ubw’indwara zo mu mubiri, ubuvuzi bwihariye bw’abagore na serivisi zo kubaga.

Dr Ntihabose yavuze ko hagomba kugenzurwa ibitaro byigenga n’amavuriro bisaga 300, mu gikorwa kizarangirana n’uku kwezi kwa cumi.

Yakomeje ati “Abaturage barifuza serivisi nziza zo kwa muganga, kandi biva mu kugenzura abantu bakareba mu mavuriro ibibazo bihari, abakosora bagakorora, ufungirwa na we agafungirwa.”

Igenzura mu bitaro bya Leta ryararangiye

Dr Ntihabose yavuze ko nubwo muri iki gihe harimo kugenzura amavuriro yigenga, hashize amezi atatu hagenzuwa amavuriro ya leta, aho hagenzuwe ibitaro 44 bya Leta.

Ati “Raporo yararangiye nayo igiye gusohoka, kandi nayo hari ibyemezo byagiye bifatwa. Ibyemezo bifatirwa ibitaro bya Leta bitandukanye n’iby’igenga, byo biza mu buryo bw’ubutegetsi, aho bigaragaye ko habaye uburangare bakaba bahanwa cyangwa bagafatirwa ibyemezo niba ari abayobozi.”

Ni ibiki birebwa mu bugenzuzi?

Mu igenzura ku mavuriro yigenga harebwa imiterere y’ubuyobozi bw’ikigo, niba gifite inama z’ubutegetsi n’uburyo gikemura ibibazo by’abakozi.

Hanarebwa imitangire ya serivisi imbere mu ivuriro, harimo no kuba rifite abaganga bahagije.

Dr Ntihabose yavuze ko hanarebwa niba hari uburyo bwafasha umuturage aramutse yinubiye serivisi z’ibitaro n’uburyo icyo kibazo gikurikiranwa, hakanagenzurwa niba bagira uburyo bwo kwakira ibitekerezo by’abaturage kuri serivisi bahabwa.

Yakomeje ati “Tukajya nanone mu bikoresho byo kwa muganga, ese birahagije; inyubako irahagije, nubwo tuba twarabemereye tubifungura hari igihe bahindura wenda twahavuye, ibyo nabyo twarabirebye ; ese imiti bimeze gute, nta miti ivanze iyarangije igihe n’itararangiza igihe; iyo habaye ikosa ry’umuti ese babimenyesha minisiteri cyangwa Rwanda FDA,”

“Tukajya ku gice cya nyuma cy’ibijyanye n’imari, ese bubahiriza ibiciro gute, kuko twagiye tubona abaturage bavuga ngo iri vuriro ryishyuza amafaranga ari hejuru ntiryubahirize amabwiriza ahari y’ibiciro byo kwa muganga; ese nta manyanga arimo, ni urutonde abantu bacu bajya mu bugenzuzi barebaho.”

Amabwiriza agenderwaho ateganya ibihano birimo ko ivuriro rishobora kwihanangirizwa, cyangwa gufungwa  amezi atatu, atandatu cyangwa burundu bitewe n’amakosa yagaragaye.

Baho International Hospital Yasabye Imbabazi

TAGGED:Dr Daniel NgamijefeaturedIbitaroMBC HospitalMinisiteri y'Ubuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Polisi Yagaruje Miliyoni 3 Frw Zibwe Mu Modoka i Kigali
Next Article Amafoto: I Dubai Kagame Yasuye Aho U Rwanda Rumurikira Ibyarwo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?