Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Yiyemeje Kugura Amata Yari Yarabuze Isoko Agahabwa Abanyeshuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Leta Yiyemeje Kugura Amata Yari Yarabuze Isoko Agahabwa Abanyeshuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2024 4:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni icyemezo Leta y’u Rwanda yafashe kugira ngo amata yari yarabuze ubuguzi muri Nyagatare na Gatsibo abonerwe isoko bityo azahabwe abanyeshuri mu gihe cy’amezi abiri ari imbere.

Bizakorwa mu gihe hategerejwe ko uruganda rukora amata y’ifu ruri kubakwa muri Nyagatare rwuzura bityo rushobore kuyakira yose.

Abarozi bo muri utu turere bahiriwe n’uko ikirere cyagenze mu minsi yashize, inka zibona urwuri zirarisha zirakamwa.

Umukamo wabaye mwinshi ubura abawugura wose, none Leta yabitanzeho igisubizo, yiyemeza kuwugura ngo iwuhe ibigo by’amashuri nk’uko umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo yabibwiye itangazamakuru.

Aborozi bavuga ko bajyanaga amata mu makusanyirizo bagasanga yaruzuye, bakayasubiza yo.

Ikigo Inyange cyababwiraga ko amata bafite ahagije bakabura aho bajyana ayandi.

Mu Karere ka Nyagatare bagize umukamo uhagije ku buryo ku munsi bakama litiro 120,000.

Niwo mukamo ugera ku makusanyirizo buri gitondo kandi ni mwinshi kuko uruganda Inyange rwakira litilo 70,000 gusa izindi zikabura isoko.

Mu Gatsibo ho( ni Akarere gaturanye na Nyagatare), ku munsi hakamwa litiro 52,000 Inyange igatwara litiro 15,000 gusa.

Asagutse agurwa n’abacuruzi bayagurisha mu baturage hafi aho, ndi akaburirwa isoko.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo avuga ko uyu musaruro wabonetse kubera ko abaturage basigaye baritabiriye kororera mu biraro no kugaburira inka neza.

Byatumye zitarwagurika, ziroroka ubundi si ugukamwa zirarekura!

Amata yabaye menshi arenga ubushobozi bw’uruganda Inyange.

Meya Gasana uyobora Gatsibo yabwiye itangazamakuru ati: “Twafatanyije n’uruganda Inyange ingengo y’imari iraboneka guhera ejo mu Karere ka Nyagatare na Gatsibo turaza gutangira gukusanya ayo mata arengaho mu gihe cy’amezi abiri turaba tuyaha ibigo by’amashuri.”

Gasana yavuze ko nyuma y’amezi abiri uruganda rw’amata y’ifu ruri kubakwa muri Nyagatare ruzaba rwuzuye, iki kibazo kikabonerwa umuti.

Uyu muyobozi yavuze ko Leta ishishikajwe nuko nta musaruro w’umuturage wangirika kandi ntako aba atagize ngo yorore neza agire umusaruro.

TAGGED:AbanyeshuriAkarereAmatafeaturedMeya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rucyahana, Mbonyintege, Makuza…Mu Bagiye Gusezera Kuri Pasiteri Mpyisi
Next Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abaturage Ba Namibia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?