Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’u Rwanda Igira Kwihangana Ariko Kugira Aho Kugarukira- Rutaremara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Y’u Rwanda Igira Kwihangana Ariko Kugira Aho Kugarukira- Rutaremara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2022 8:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inararibonye muri Politiki y’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’urubuga ngishwanama rw’inararibonye, Tito Rutaremara avuga ko burya Leta y’u Rwanda yihangana bigatinda.

Avuga ko  ishyira ku munzani mu nyungu z’ubutabera ikareba igikwiye mu bwiyunge n’ubumwe by’Abanyarwanda.

Yabivugiye mu kiganiro cyaraye gihuje inzego  zirimo MINUBUMWE, Polisi y’u Rwanda, Minisiteri y’ubutabera, n’izindi.

Rutaremara yavuze ko nyuma y’igihe runaka Leta y’u Rwanda ikuburira ikakubyira ko hari ibyo ukwiye gucira kuko birura ariko ukavunira ibiti mu matwi, bigera aho ikaguhana.

Ati: “Buriya iyi Leta y’ubumwe igira kwihangana, irareba iti uyu muntu twamwumvise wenda aribwiriza reka tumubwire, ejobundi ikongera ikamubwira iti nyamuneka, ejobundi buriya ikongera ikamubwira iti nyamuneka, yakomeza bakamufata, nicyo gituma uba ubona ba Karasira n’abandi bageze aho…”

Tito Rutaremara yavuze ko iyo igihe kigeze Leta y’u Rwanda irambiwe iguhana kandi mu buryo bukwiye.

Ati: “  Leta igira iti twarakubwiye twakugiriye inama ko wica amategeko none ngwino ujye mu bucamanza. Niko ikora igenda buhoro kuko burya kubaka ubumwe ntabwo wirukanka ngo uhere ko ukubita ngo uyu akoze iki! Ugenda buhoro, ubanza kwigisha nyuma rero igihe cyazagera ukabwira ab’amategeko uti mukurikize amategeko ahanwe hakurikijwe amategeko.”

Ku rundi ruhande Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ivuga ko Politiki y’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside ntaho yamenera.

Abishingira ko hari inzego zishinzwe kuyikumira n’amategeko ahana uwo yokamye.

Ubusanzwe ariko ni uko bimeze.

Jenoside si ikintu uzindukana mu gitondo kuko kugira ngo umuntu agambirire kwica undi n’abe bose n’abandi bafitanye isano n’abo basa cyangwa bafite ikindi bahuriyeho bisaba igihe kirekire kandi ibigikorerwamo bikaba biteguye neza.

Uku ni ko byagenze kuri Jenoside zose harimo n’iyakorewe Abatutsi.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène avuga ko gukorera politiki y’amacakubiri mu Rwanda bidashoboka kuko ngo  n’ababigerageje mu myaka yashize bitabakundiye.

Ati: “Politiki yose yaba ishaka gusenya igihugu ntabwo ishobora gukorwa kuko icya mbere ni uko amategeko ubwayo abibuza uhereye ku Itegeko Nshinga. Icya kabiri ni uko n’imitwe ya Politiki na none yagenderaga ku ngengabitekerezo ya Jenoside muri iyi myaka 28 ishize Jenoside ihagaritswe, byagiye bigaragara ko hari abanyapolitiki bagiye bashaka kugarura ibyo bitekerezo”

Avuga ko Leta y’u Rwanda yinjiye muri ibi bibazo iganira  n’Inteko ishinga amategeko iyo mitwe igaseswa.

Mu mwaka wa 2003 amashyaka nka MDR Parmehutu yarasheshwe kuko byagaragara ko ishaka kugarura ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri Dr Bizimana avuga ko abakora Politiki muri iki gihe  babizi ko hari imirongo ngenderwaho itagomba kurengwa.

Iyi mirongo itagomba kurengwa ni ukugarura Politiki y’urwango, ivangura amacakubiri, itoteza n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ibi ngo nibyo bituma umunyapolitiki uvuga ko aje gukorera mu Rwanda Politiki itubakiye ku Bumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda atemererwa kuyihakorera.

Sena y’u Rwanda ntishobora kwemera umutwe wa Politiki nk’uwo.

Ku rundi ruhande ariko hari abagaragaza impungenge kubera abavuga ko ari Abanyapolitiki bakoresha imbuga nkoranyamabaga nka YouTube, bagakwirakwiza imvugo z’urwango n’amacakubiri.

Umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro we avuga ko inzego z’ubugenzacyaha n’iz’ubutabera zagombye kongera umurego mu guta muri yombi uwo ari we wese ukoresha imvugo ihembera amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Hari imwe mu miryango ijya ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu ijya ivuga ko  u Rwanda iyo inzego z’ubutabera zigize uwo zita muri yombi zimukurikiranyeho ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha  ruherutse gutangariza RBA  ko rwakiriye dosiye 53 z’ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu gihe cy’iminsi irindwi y’Icyumweru cy’icyunamo ku nshuro ya 28 hibukwa abazize jenoside yakorewe Abatutsi.

TAGGED:AbatutsifeaturedIngengabitekerezoJenosideNdahiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Wo Mu Bufaransa Witwa Youssoupha Agiye Gutaramira Abanyarwanda
Next Article Umusaza Buhigiro Jacques Arashyingurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?