Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’u Rwanda Irashaka Guca ‘Burundu’ Igwingira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Y’u Rwanda Irashaka Guca ‘Burundu’ Igwingira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2023 4:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kungurana ibikerezo ku cyakorwa ngo imirire mibi iganisha ku igwingira mu bana b’’Abanyarwanda icike, mu Karere ka Musanze hateraniye inama ihuza abafite aho bahurira n’abana ngo bige uko imirire mibi yacika mu miryango y’Abanyarwanda.

Intego ni uko ibyateraga abana kugwingira bicika.

Umwe mu myanzuro Guverinoma y’u Rwanda iherutse gufatira mu mwiherero wahoje abayobozi uvuga ko u Rwanda rwiyemeje guca igwingira mu bana bose b’Abanyarwanda.

Uwo mwanzuro uragira uti: “ Gushyira mu bikorwa, mu gihe cy’imyaka ibiri, ingamba zo kurwanya igwingira ry’abana. Mu bigomba kwitabwaho harimo kurushaho kwifashisha abajyanama b’ubuzima mu gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’icyo gikorwa aho bazajya bigisha ababyeyi kurwanya imirire mibi no gutanga indyo yuzuye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kwiyemeza kwa Guverinoma y’u Rwanda, harimo ko nta mwana n’umwe ugomba kujya mu ibara ryerekana ko yagwingiye.

Ni ibara ry’umutuku.

Abahanga bo mu rwego rw’ubuzima bavuga ko muri iki gihe ikibazo gihari atari ibiryo bike ‘ubwabyo’ ahubwo ko mu kubitegura n’aho haboneka icyuho cyatuma abana bagwingira.

Kugaburira abana ku bikoresho byanduye kandi nabyo bituma ibiribwa byateguwe neza bigera mu nda y’umwana byahumanye.

Ikibazo cyo kugwingira kirakomeye kubera ko hari aho umwana agera ntibibe bigishobotse ko azanzamurwa ngo ave muri icyo kibazo.

- Advertisement -

Ibice by’u Rwanda byibasirwa cyane no kugwingira ni Intara y’i Burasirazuba n’Intara y’Amajyaruguru

Muri iki gihe Akarere ka mbere gafite abana bagwingiye ni aka Ngororero, agafite abana bake bahuye n’iki kibazo ni Akarere ka Kicukiro.

Ngororero isimbuye  Nyamasheke yari iya mbere ifite abana bagwingiye benshi kurusha abandi mu Rwanda.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire myiza y’abana, National Child Development Agency, NCDA, kivuga ko mu rwego rwo guca burundu igwingira mu bana, kigiye kongera imbaraga mu bikorwa byo kurwanya kiriya kibazo mu turere 10.

Utwo turere ni Nyamasheke, Rutsiro, Ngororero, Nyabihu, Rubavu, Musanze, Burera, Gicumbi, Kirehe, na Gasabo.

Muri utu turere, aka Kirehe kari mu twasubiye inyuma mu kurwanya igwingira kubera ko mbere kahoze mu twari twifashe neza mu kurwanya igwingira.

Icyo Leta iteganya gukorera gukora…

Umukozi ushinzwe itumanaho mu kigo cy’igihugu gishinzwe imikurire myiza y’abana witwa Anastase Rwabuneza yabwiye Taarifa ko ikigo akorera giteganya kongera ubukangurambaga bugenewe ababyeyi bakabwirwa icyo ‘imirire iboneye’ ari cyo.

Anastase Rwabuneza

Avuga ko ari ngombwa ko ababyeyi bamenya neza uko indyo yizuye itegurwa.

Mu rwego rwo kumenya uko ibibazo by’igwingira bimeze kandi mu buryo bworoheye ababyeyi kubimenya, hashyizweho umusambi upima uburebure bw’umwana n’ibindi bipimo by’imirire y’abana bato.

Ku bufatanye na Minisiteri y’ubuzima, hagiye kuzasubukurwa imikorere y’ibigo mbonezamirire(centres nutritionels) ku bigo nderabuzima no guha akazi abakozi bashinzwe imirire bazakurikirana ibyo bikorwa.

Leta iteganya kandi kuzakorana n’abandi bafatanyabikorwa barimo n’abaturage bayo bifashije hagatangizwa gahunda yo gutanga amatungo magufi arimo inkoko.

Igi niryo rishyizwe imbere mu gufasha abana kuzamura imirire iboneye.

Ni ikiribwa kidahenda, kiboneka ku bwinshi kandi henshi.

Guverinoma y’ u Rwanda ivuga ko izashyira imbaraga mu kongera gukwiza amazi henshi, haba mu ngo, mu marerero no mu mashuri.

TAGGED:AbanaAmatungofeaturedIgwingiraIkigoImirire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igiswayile Cyatangiye Kwigishwa Mu Burusiya
Next Article Bafashe Toni 7 Z’Amahembe Y’Inzovu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?