Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’u Rwanda Yashyizeho Gahunda Yo Gucutsa Umuturage- Min Gatabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Y’u Rwanda Yashyizeho Gahunda Yo Gucutsa Umuturage- Min Gatabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2022 12:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yaganirara n’abagize Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yavuze ko mu gufasha umuturage gutera imbere, Leta yashyizeho n’uburyo bwo kumucutsa, akumva ko yishoboye akwiye kwishakamo ibisubizo.

Yabwiye ziriya nararibonye ati: “ Mu rwego rwo guca mu baturage imyumvire yo kurangamira gufashwa, usibye ubukangurambaga, twanashyizeho uburyo bwo kugena igihe cyo gucutsa ufashwa.”

Gatabazi avuga ko Umunyarwanda yabatswemo imyumvire y’uko kumufasha bitazahoraho bityo ko akwiye gukoresha ubufasha yahawe kugira ngo mu gihe kiri imbere azibesheho ntawe ategerejeho amaramuko.

Avuga ko Leta yashyizeho gahunda nyinshi zituma umuturage yiha gahunda yo kuzageza igihe runaka akigira.

Imwe muri zo ni  ikayi y’umuryango irimo imihigo n’intego zo kwizamura mu ntera.

Impamvu y’ibi ngo ni uko abakeneye ubufasha ari benshi kandi ubushobozi bwo kubafasha bose uko bakabaye bukaba bucye.

Kugira ngo ibi bikunde, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko ari ngombwa ko abayobozi bagira ubunyangamugayo ntibakoreshe nabi ubushobozi bucye buhari.

Kubera ko abakeneye ubufasha ari benshi, mu rwego rwo kwirinda ko hari bamwe bahabwa ubufasha kandi batabukwiye, Gatabazi yabwiye abagize Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda ko abaturage mu nteko zabo ari bo babagena.

Avuga kandi ko Leta ikora uko ishoboye ngo ikumire ko abaturage b’u Rwanda bagira akamenyero kabi ka ruswa.

Mu kubikora ngo hashyizweho uburyo bwo kwaka serivisi bakoreshejwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kudahuza umuturage n’umuyobozi imbonankubone.

Ikindi ngo ni uko abayobozi nabo bahabwa amahugurwa kenshi kugira ngo bamenye uko barushaho gutanga serivisi neza.

Minisitiri Gatabazi yaganirije bariya bantu bakuru ku zindi ngingo zirimo ibibazo bishingiye ku myumvire, imitangire ya serivisi, imicungire y’umutungo, ubwisungane n’ibindi.

Bimwe mu bibazo Gatabazi avuga ko biri gucyemuka, Abasenateri baherutse kubisanga mu baturage batuye imidugudu y’u Rwanda.

Ni Abasenateri bari bayobowe na Senateri Rose Mureshyankwano.

Bamwe mu bayobozi ku rwego rw’uturere babwiye Abasenateri ko kugira ngo ibibazo biri mu midugudu bicyemurwe, ari ngombwa ko habaho umuyobozi ku Karere ushinzwe  ibibazo by’imidugudu gusa.

Inzego Z’Ibanze Zicyeneye Umukozi Ushinzwe Imidugudu ‘By’Umwihariko’

TAGGED:featuredGatabaziIbibazoImiduguduMinisiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ukraine Yazibukiriye Ibyo Kujya Muri OTAN/NATO
Next Article Inama Y’Abaminisitiri Mu Burundi Yize Ku Iyubakwa Rya Gari Ya Moshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?