Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2024 6:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora muri Sosiyete sivile bagize League Iteka bavuga ko Guverinoma y’Uburundi itangaza imibare mike y’abahitanwa n’ibitero by’umutwe RED Tabara mu rwego rwo kwirinda kuzaha benshi indishyi z’akababaro.

Iyo RED Tabara imaze kugaba ibitero bibiri bikomeye ku Burundi, ikaba itera iturutse ku butaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ikinjiirira muri Komini ya Gihanga mu Burundi.

Igitero cyayo giheruka cyabaye taliki 25, Gashyantare, 2024.

Nyuma y’uko ibyacyo bimenyekanye, Guverinoma yatangaje ko kiriya bitero cyahitanye abantu icyenda barimo umusirikare umwe.

Muri iki gihe ariko imibare itangazwa na League Iteka ivuga ko uwo mubare urenga kuko ari abantu 19.

Ni imibare uyu muryango uvuga ko wayikuye ku bushakashatsi n’iperereza wikoreye ubwawo.

Raporo yawo ivuga ko muri icyo gitero cyaguyemo abantu 19, igatangaza n’amazina yabo.

Muri Gihanga niho RED Tabara ikunze kwinjirira ivuye muri DRC

Muri bo harimo abasirikare icyenda n’abasivili 10 barimo abagore barindwi.

League Iteka ivuga ko imirambo y’abishwe n’uriya mutwe yajyanywe mu buruhukiro bwa DCA buri hafi y’ikibuga cy’indege cyitiriwe Mélchior Ndadaye.

Mu gukomeza gutanga ibihamya bw’ibyo bavuga, abo muri uyu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko vuba aha ni ukuvuga taliki 02, Werurwe, 2024 hari imirambo y’abahitanywe na kiriya gitero yavanywe mu buruhukiro ishyingurwa mu irimbi rya Mpanda n’aho imirambo y’abasirikare yo ishyingurwa mu irimbi ryitwa CECENI.

Guverinoma y’Uburundi ntiragira icyo itangaza ku bivugwa na League Iteka.

TAGGED:BurundifeaturedImibareREDTabara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BDF Imaze Kutera Inkunga Imishinga Ifite Agaciro Ka Miliyari Zirenga 100
Next Article Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?