Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2024 6:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora muri Sosiyete sivile bagize League Iteka bavuga ko Guverinoma y’Uburundi itangaza imibare mike y’abahitanwa n’ibitero by’umutwe RED Tabara mu rwego rwo kwirinda kuzaha benshi indishyi z’akababaro.

Iyo RED Tabara imaze kugaba ibitero bibiri bikomeye ku Burundi, ikaba itera iturutse ku butaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ikinjiirira muri Komini ya Gihanga mu Burundi.

Igitero cyayo giheruka cyabaye taliki 25, Gashyantare, 2024.

Nyuma y’uko ibyacyo bimenyekanye, Guverinoma yatangaje ko kiriya bitero cyahitanye abantu icyenda barimo umusirikare umwe.

Muri iki gihe ariko imibare itangazwa na League Iteka ivuga ko uwo mubare urenga kuko ari abantu 19.

Ni imibare uyu muryango uvuga ko wayikuye ku bushakashatsi n’iperereza wikoreye ubwawo.

Raporo yawo ivuga ko muri icyo gitero cyaguyemo abantu 19, igatangaza n’amazina yabo.

Muri Gihanga niho RED Tabara ikunze kwinjirira ivuye muri DRC

Muri bo harimo abasirikare icyenda n’abasivili 10 barimo abagore barindwi.

League Iteka ivuga ko imirambo y’abishwe n’uriya mutwe yajyanywe mu buruhukiro bwa DCA buri hafi y’ikibuga cy’indege cyitiriwe Mélchior Ndadaye.

Mu gukomeza gutanga ibihamya bw’ibyo bavuga, abo muri uyu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko vuba aha ni ukuvuga taliki 02, Werurwe, 2024 hari imirambo y’abahitanywe na kiriya gitero yavanywe mu buruhukiro ishyingurwa mu irimbi rya Mpanda n’aho imirambo y’abasirikare yo ishyingurwa mu irimbi ryitwa CECENI.

Guverinoma y’Uburundi ntiragira icyo itangaza ku bivugwa na League Iteka.

TAGGED:BurundifeaturedImibareREDTabara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BDF Imaze Kutera Inkunga Imishinga Ifite Agaciro Ka Miliyari Zirenga 100
Next Article Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?